Amwe mu masoko yo muri Kigali abaye afunzwe kubera Covid-19

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bumaze gutangaza ko guhera kuri uyu wa 17 kugeza tariki ya 24 Kanama 2020, amwe mu masoko arafunga bitewe n’ubwiyongere bw’abanduye icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Nyarugenge. Ayo masoko arimo iryo kwa Mutangana riherereye muri Nyabugogo n’isoko rya Nyarugenge rizwi nka Kigali City Market n’amaduka ari mu nkengero zayo. Iri […]

Rwanda: Habonetse abantu 101 banduye Covid-19

img-20200816-wa0036.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 16 Kanama 2020 yatangaje ko habonetse abantu 101 banduye Covid-19, mu bipimo 4796 byafashwe. Harimo abantu 80 babonetse mu mujyi wa Kigali, bakaba bapimwe ahibasiwe kurusha ahandi harimo isoko rya Nyabugogo. Hari kandi 9 babonetse mu Karere ka Rusizi, 9 babonetse muri Rubavu, 2 babonetse muri Nyamasheke n’undi […]

Uduce two muri Kigali, Nyamagabe na Nyamasheke twakuwe muri Guma mu Rugo

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu kuri uyu wa 16 Kanama 2020 yatangaje ko guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 17, uduce tumwe two mu mujyi wa Kigali, mu Karere ka Nyamagabe no mu Karere ka Nyamasheke tuva muri Guma mu Rugo. Utwo duce ni udukurikira: Mu mujyi wa Kigali ni umudugudu wa Indamutsa, Intiganda na Tetero […]

Karasira Aimable arasaba abamushutse ko bamufasha muri ibi bihe bimukomereye

Karasira Aimable uherutse kwirukanwa na Kaminuza y’u Rwanda ku mwanya w’ubwarimu, arasaba abo mu mahanga bamushutse kumushyigikira muri ibi bihe bimukomereye by’ubushomeri. Tariki ya 14 Kanama 2020, Kaminuza y’u Rwanda yashyize hanze ibaruwa yirukana Karasira Aimable , yashyizweho umukono n’umuyobozi wayo, Prof. Philip Cotton bitewe n’amakosa ane yagiye akora mu bihe bitandukanye. Mu byo uyu […]

Kenya: Imfungwa 11 zacukuye gereza ziracika

Imfungwa 11 zari zifungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kenya y’ahitwa Bungoma, zatorotse mu ijoro ryakeye nyuma yo gucukura za kasho zari zifungiyemo. Raporo Polisi ya Kenya yasohoye kuri iki cyumweru, ivuga ko mu rukerera ari bwo yatabajwe n’izindi mfungwa, nyuma y’uko zari zimaze kubona umwobo mu gikuta imfungwa 11 zanyuzemo zitoroka. Muri Raporo hari […]

Amateka y’Umubazi wa Uganda, Marshall Idi Amin umaze imyaka 17 apfuye

8geb2-2ma3c6290s8-full-image_gallerybackground-en-us-1583120864416._sx1080_.jpg

Marshall Idi Amin Dada ni Umugande wagiye ku butegetsi mu 1971 ahiritse Milton Obote, abuvaho mu 1979 na we ahiritswe n’ingabo za Tanzania zifatanyije n’abataravugaga rumwe na we. Ni umuyobozi wafatwaga nk’umugome n’umunyagitugu, wica ku buryo byageze aho bamuhimba izina ‘Umubazi wa Uganda’. Ubu imyaka 17 iruzuye uyu musirikare wihaye ipeti riruta ayandi apfuye. Ubwo […]

Akari ku mutima w’Umunya-Argentine watoje abana ba FC Barcelona waje muri APR FC

Ikipe ya APR FC, yatangaje ko yamaze kwakira Umunya-Argentine Pablo Morchón, Umutoza ugomba kungiriza Mohammed Adil Erradi muri iyi kipe y’Ingabo z’igihugu. Ku wa Gatanu tariki 14 Kanama ni bwo umutoza Morchón wari umaze igihe ategerejwe mu Rwanda yageze i Kigali, abanza guca mu kato k’umunsi umwe yavuyemo ku munsi w’ejo. Uyu mutoza w’imyaka 42 […]

Murumuna wa Perezida Donald Trump yapfuye

imrs_1597560206350.jpg

Umuvandimwe muto wa Perezida Donald Trump uyoboye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika witwa Robert Stewart Trump, yapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa 15 Kanama 2020. Ni nyuma yo kujyanwa mu bitaro biherereye muri New York bivugwa ko yari arembye cyane. Amakuru yemejwe n’Umuvugizi muri Perezidansi ya Amerika, Kayleigh McEnany, yavuze ko koko uyu muvandimwe yihutishirijwe […]