Abagabo batatu b’i Kigali bishwe na COVID-19 kuri uyu wa Gatandatu
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu abagabo batatu bishwe na COVID-19 mu Rwanda, hanaboneka abantu 93 bashya banduye iki cyorezo. Batatu bahitanwe na COVID-19 barimo umugabo w’imyaka 74, uwa 65 n’uwa 50 bose bo mu mujyi wa Kigali, bituma umubare w’abamaze guhutanwa na kiriya cyorezo ugera ku bantu 118. Mu barwayi 93 babonetse […]
Bobi Wine byaramucanze, aragengwa- Museveni
Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni Tibuhaburwa avuga ko umukandida perezida wa Uganda bahanganye, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine avuga ko ari mu mayira abiri ( confused) kandi intekerezo zigengwa (manipulated) by’umwihariko n’abanyamahanga. Museveni nk’uko Channel 4 ibitangaza, Museveni yavuze kuri Bobi Wine wamuzengereje, ati ” Bobi Wine byaramucanze kandi ari kugengwa n’amatsinda menshi […]
Sven Vandenbroeck uheruka gusezera Simba SC yabonye akazi gashya
Umubiligi Sven Vandenbroeck uheruka gusezera ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania yari abereye umutoza mukuru, yagizwe umutoza wa ASFAR Rabat yo muri Maroc. Ku mugoroba wo ku wa Kane nibwo uriya mutoza yatandukanye na Simba, nyuma y’umunsi umwe ayifashije kugera mu matsinda ya CAF Champions league. Vandenbroeck yari yageze muri Simba mu ntangiriro […]
Abasaga 50 baburiwe irengero hashize umwanya muto Boeing 737 ifashe ikirere

Indege yari itwaye abantu barenga 50 yaburiwe irengero haciye akanya gato ihagurutse mu Murwa Mukuru wa Indonesia, Jakarta. Abategetsi bavuga ko iyo ndege Boeing 737 ya kompanyi Sriwijaya Air yaburiwe irengero mu gihe yari mu nzira igana mu Mujyi wa Pontianak mu Ntara ya West Kalimantan. Urubuga rukurikirana ingendo z’indege Flightradar24.com ruvuga ko iyo ndege […]
Dore uburanga bw’umusore ugiye kurongora Clarisse Karasira (Amafoto)

Umuhanzi Karasira Marie Clarisse uri mu bakobwa bafite igikundiro kinshi mu muziki nyarwanda, yatangaje ko yambitswe impeta n’umusore wamusabye ko bazabana nk’umugabo n’umugore. Karasira ku rubuga rwe rwa Instagram, yemeje ko yemereye uriya musore witwa King Dejoie (Sylivain Dejoie) ko yazamubera umutima undi na we akamubera umutwe. Ati: “Umwami yansabye ko namubera umugore we. Nicishije […]
Hadutse abatekamutwe bagurisha ubutaka bw’abandi babanje guhimba ibyangombwa
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruri mu iperereza ku bitwa Mbarushimana Jean na Iribagiza Safiyyah, bafashwe bagiye kugurisha ubutaka bw’abandi nyuma yo guhimba ibyangombwa bya banyirabwo bakabwiyitirira. Uko bakora Aba bombi bashaka amakuru ku bantu bafite imitungo, bagahimba indangamuntu n’icyangombwa cy’ubutaka bakabyiyandikaho nk’umugabo n’umugore noneho bagashaka umuguzi bamubeshya ko ari umutungo wabo bashaka kugurisha. RIB irakagurira […]
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, aherutse gutangaza ko umuntu wese uzafatirwa mu gihugu cye arwaye icyorezo cya COVID-19 azahanwa by’intangarugero, ngo kuko ntaho azaba ataniye n’umurozi wagiye kuroga Abarundi. Perezida Ndayishimiye yabigarutseho mu mpera z’ukwezi gushize, mu kiganiro cyatambutse ku bitangazamakuru bitandukanye bya hariya yagiranye n’abanyamakuru ndetse n’abaturage. Mu rwego rwo gukumira ko icyorezo cya […]
Impinja 10 zishwe n’inkongi y’umuriro yibasiye ibitaro
Impinja 10 zari ziherereye aho babyarira mu bitaro byo muri Leta ya Maharashtra, mu Buhinde, kuri uyu wa Gatandatu zishwe n’inkongi y’umuriro yibasiye ibi bitaro, mu gihe izigera muri zirindwi zatabawe n’abakozi. Ibi byabereye mu Bitaro by’Akarere ka Bhandara, aho abakozi b’ibitaro basubiye inyuma batabashije gutabara abandi bana 10 nk’uko byatangajwe n’umuganga mukuru w’ibi bitaro […]
Umusaza wari umereye nabi Ingabo za Israel akoresha itopito yatawe muri yombi

Umugabo w’imyaka 51 wo muri Palestina wagaragaye muri video yamamaye ku mbuga nkoranyambaga arashisha itopito abasirikare ba Israel muri West Bank yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatanu nk’uko ibinyamakuru byo muri aka karere bivuga. Uyu mugabo, Said Arma, ugaragara nk’ushaje nubwo ku myaka ye 51 yagakwiye kuba agaragara nk’umugabo w’igikwerere, yatawe muri yombi kuwa […]
Judi Rever yabeshyeye ambasaderi w’u Rwanda yihaye gusemura Ikinyarwanda

Umunyamakurukazi w’umunyakanada, Judi Rever yahawe urw’amenyo nyuma yo kwiha gusemura Ikinyarwanda atazi avuga ku butumwa Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, Francois Xaxier Ngarambe yageneye Abanyarwanda baba muri iki gihugu abasaba guhangana n’abakomeje urugamba rwo guharabika u Rwanda. Judi Rever abinyujije kuri twitter yatangaje ko ibyatangajwe na Ambasaderi Ngarambe ari ibintu biteye ubwoba, amushinja guhamagarira abantu […]
Haracyabura abarimu basaga ibihumbi 20 bazigisha mu mashuri arimo kubakwa – Mineduc

Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, avuga ko igikorwa cyo gushyira abarimu mu myanya kigikomeje kuko hagikenewe benshi, cyane ko n’ibyumba by’amashuri byari biteganyijwe kubakwa biri hafi kurangira. Minisitiri Uwamariya avuga ko mu mashuri yatangiye muri uku kwezi harimo icyuho cyagombaga kuzibwa cy’abarimu bagera ku 7,000, ariko hakenewe n’abandi barimu bagomba kujya mu mashuri arimo kubakwa. […]
Hasohowe impapuro zo guta muri yombi Perezida Donald Trump

Umucamanza wo mu gihugu cya Irak yasohoye impapuro zo guta muri yombi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, mu rwego rw’iperereza ku iyicwa ry’umusirikare mukuru wa Iran wiciwe muri iki gihugu ari kumwe n’umwe mu bayobozi b’inyeshyamba zikomeye zo muri Irak bishwe mu mwaka ushize. Izi mpapuro zasohowe kuwa kane ushize n’umucamanza […]
Umupolisi yasabye ko atera akabariro umugore wari ugize impanuka
Umupolisi ukora mu ishami rishinzwe umutekano mu muhanda mu gace ka Kilimandjaro, Peter Albert Moshi aravugwaho gusaba kuryamana na nyina w’umwana wari umaze kugongwa na moto kugira ngo asoze iperereza. Uyu mupolisi yatse umugore ruswa y’igitsina nyuma y’uko umwana we agonzwe, akavunika ukuboko. Umuyobozi w’ishami rishinzwe umutekano mu muhanda mu gace ka Kilimandjaro, Frida Wikesi […]
Umuhanzi Akon yinjiye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC

Sosiyete y’umuhanzi w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Senegal, Akon, yasinyanye n’ikigo cya leta gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Congo, amasezerano y’ishoramari mu bucukuzi bw’amabuye ya Cuivre na Cobalt, nk’uko aya masezerano yatangajwe na minisiteri ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro avuga. Umuhanzi Akon wamamaye mu ndirimbo zitandukanye nka “Don’t Matter” na “Smack That”, amaze gushinga ibigo bitandukanye no […]
Madamu Jeannette Kagame yunamiye Padiri Ubald Rugirangoga
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yunamiye Padiri Ubald Rugirangoga witabye Imana amwifuriza kuruhukira mu mahoro. Inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Padiri Ubald yamenyekanye mu ma saa yine y’igitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 08 Mutarama, nyuma yo kwitaba Imana aguye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika aho yari amaze amezi arenga abiri arwariye […]
Imana yamurokoye Jenoside yakorewe Abatutsi imufitiye umugambi- Cardinal Kambanda avuga Padiri Ubald
Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda avuga ko Padiri Ubald Rugirangoga witabye Imana kuwa Gatanu yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku bw’umugambi w’Imana, bityo ko kuba Imana imwisubije ari igihe cy’uko Abanyarwanda bazirikana gukurikiza umurage we. Padiri Ubald Rugirangoga, yagize uruhare mu kwigisha ubumwe n’ubwiyunge kandi akabivuga anabikora. Mu butumwa bwa Cardinal Kambanda kuri […]
Uganda: Abayoboke ba NUP barimo umuhanzi Nubian Li barazira amasasu ane
Mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye muri Uganda, kuri uyu wa Gatanu, abayoboke 48 b’ishyaka National Unity Platform, rya Bobi Wine, barimo umuhanzi Nubian Li, bashinjwe gutunga amasasu ane y’imbunda. Uru rukiko rwa gisirikare rwabwiwe n’ubushinjacyaha ko ku itariki 03 Mutarama 2021, ahitwa Makerere Kavule, muri Zone ya Kigundu, abashunjwa basanganwe amasasu ane ya […]
RDC: Col. Kapend na bagenzi be bari bafunzwe bazira urupfu rwa Kabila barekuwe
Colonel Eddy Kapend, wahoze wegereye ndetse agahamwa n’icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa ry’uwahoze ari perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Laurent Desire Kabila, we na bagenzi be basaga 20 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu babasha gusohoka muri gereza bari bamaze imyaka hafi 20 bafungiyemo. Usibye Col. Kapend, uwahoze ari umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubutasi (ANR), […]
Gasabo: Polisi yarashe abajura babiri bagerageza kuyirwanya
Polisi y’u Rwanda ikorera mu murenge wa Kinyinya w’akarere ka Gasabo, yishe irashe abantu babiri bagerageje kuyirwanya nyuma yo gufatirwa mu cyuho batwaye televiziyo [flat screen] nini yo mu bwoko bwa SONY bikekwa ko bari bibye. Mu rukerera ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 9 Mutarama 2021, ni bwo abapolisi bari ku irondo mu […]
Trump yahagaritswe burundu gukoresha urubuga Twitter, ati ” Ndashinga urwanjye”
Urubuga rwa Twitter rwafunze burundu konti ya Perezida ucyuye igihe wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donal Trump, we avuga ko iki kibazo agiye kukivugutira umuti. Uru rubuga rwatangaje ko biri mu rwego kwirinda ko hari irindi bara rishobora kuba muri Amerika. Perezida Trump yari yahagaritswe by’agateganyo amasaha 12, aho yongeye kwemererwa yanditse ubundi butumwa […]
U Rwanda ku birego by’uko abasirikare barwo bari muri Congo

Leta y’u Rwanda yahakanye ibivugwa n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zivuga ko rufite ingabo ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Mu itangazo ryo kuwa 8 Mutarama, rivuga ko raporo y’izi mpuguke yo kuwa 23 Ukuboza ivuga ibitari ukuri kuko ngo ” U Rwanda nta basirikare rufite muri Congo ndetse n’ubufatanye buhuriweho mu bya gisirikare hagati […]