Rusesabagina yasize umugani nyuma yo kwihakana Ubunyarwanda ubugira gatanu

Paul Rusesabagina yahawe urw’amenyo n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kwihakana ko ari Umunyarwanda ubugira gatanu. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Gashyantare, ni bwo Rusesabagina n’abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FLN ushamikiye ku mpuzamashyaka ya MRCD yari abereye umuyobozi, batangiye kuburanishwa mu mizi. Bose uko ari 21 bakurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba, byakorewe mu […]

RDC: Bari gutegura imyigaragambyo, ngo Ambasaderi Karega ‘yatutse’ Fayulu

Urubyiruko rwayobotse ishyaka rya ECIDĂ© rikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rwatangaje ko ku wa Gatanu tariki ya 19 Gashyantare 2021 ruzakora imyigaragambyo yamagana Ambasaderi w’u Rwanda, Vincent Karega, bashinja gutuka Perezida wabo Martin Fayulu. Nk’uko tubikesha 7 sur 7, Umunyamabanga wa ECIDĂ© uhagarariye urubyiruko, Serge Welo yatangaje ko bamenyesheje Guverineri wa Kinshasa n’abandi […]

Igisirikare cya Amerika cyafatiye hafi ya Somalia intwaro nyinshi zari zitwawe magendu

mideast_arms_seizure_91099.jpg

Igisirikare cyo mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kabiri cyatangaje ko ubwato bwacyo bwa gisirikare, USS Winston S. Churchill, bwafashe intwaro zajyanwaga magendu mu mato abiri mato mu gikorwa cyakorewe mu mazi mpuzamahanga hafi y’inkombe za Somalia. Iki gikorwa cyabaye ku itariki 11 na 12 Gashyantare, ariko aya makuru nibwo […]

Uko Gen. Byiringiro wa FDLR yiswe ‘Bin Laden’ muri operasiyo OS

Umuyobozi w’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bw’ u Rwanda, FDLR, Lt. Gen. Byiringiro Rumuli Victor yiswe na bagenzi be, Osama Bin Laden ubwo bari muri operasiyo bise’ Oracle du Seigneur’. Muri iyi OS yabaye mu 2,000 nk’uko umwe mu bahoze muri FDLR avuga ko Gen. Byiringiro yakoze ibikorwa bo bafashe nk’ubwiyahuzi bituma bamwita Bin Laden. Uyu ati […]

Covid-19: La pandĂ©mie arrĂȘte la vaccination contre le VPH Ă  Kigali

Plusieurs dĂ©fis liĂ©s Ă  la pandĂ©mie de Covid-19 ont contrecarrĂ© les projets de dĂ©ploiement d’un programme de vaccination visant Ă  Ă©liminer le cancer du col de l’utĂ©rus causant le virus du papillome humain (VPH) chez les filles ĂągĂ©es de 12 ans. Le virus du papillome humain (VPH) est une infection transmissible sexuellement qui se transmet […]

RDC: Igitero ku birindiro bya FARDC hafi ya Minembwe cyaguyemo umusirikare

Umusirikare umwe wa FARDC yishwe, abasivili babiri barakomereka nyuma y’igitero cy’inyeshyamba za Gumino na Twirwaneho ku birindiro bya gisirikare mu giturage cya Kabingo, hafi ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyepfo, Capt. DieudonnĂ© Kasereka, yatangaje ko ingabo za leta zahise zisubiza inyuma iki gitero cyagabwe kuri uyu wa kabiri, […]

Nigeria: Abanyeshuri bongeye gushimutwa n’abitwaje intwaro

Muri Leta ya Niger mu Mujyi wa Kagara muri Nigeria abantu bitwaje intwaro bateye ishuri ry’abahungu biga babayo bashimuta bamwe muri bo hamwe n’abakozi b’ishuri. Umwe mu bakozi bari kuri iri shuri yabwiye BBC ko abo bantu bateye iki kigo cy’ishuri mu masaha ya kare mu gitondo uyu munsi kuwa gatatu. Yavuze ko hari abanyeshuri […]

Uganda: Abanyamakuru bagizwe intere n’abasirikare bazira Bobi Wine (Amafoto)

img_20210217_134041.jpg

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda, bahondaguwe n’abasirikare (Military Police) bazira kujya gutara inkuru aho Bobi Wine yagiye. Amafoto yafashwe na bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda agaragaza bamwe mu banyamakuru bava amaraso, nyuma yo guhondagurwa n’abasirikare. Abakubiswe barimo Josephine Namakumbi wa Televiziyo ya NBS, Timothy Murungi na Henry Ssekanjako b’ikinyamakuru The New Vision […]

Antonio Guterres arasaba ko muri Centrafrica hongerwa ingabo n’abapolisi ba Loni

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, arasaba inyongera y’abasirikare n’abapolisi 3,700 bo kujya gufasha ingabo zibungabunga amahoro muri Centrafrica, avuga ko iki gihugu kiri mu bihe biteye amakenga. Ibi Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye yabitangaje muri raporo yashyizwe ahagaragara nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Gashyantare n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, The Associated Press, bivuga ko hakenewe […]

Uganda: Umupolisi yiyahuye yitwitse nyuma yo kwirukanwa mu nzu n’umugore we

Umupolisi wari ukinjiyemo vuba mu karere ka Kanungu yiyahuye yitwitse arapfa nyuma yo kugirana ibibazo n’umugore we. Uyu ni uwitwa Lovis Abeireho wari unatuye mu Kagali ka Nyakatare, mu Mujyi wa Kanungu, ho muri aka karere ka Kanungu. Umuvugizi wa polisi muri Kigezi, Elly Maate, avuga ko bikekwa ko uwiyahuye yabikoze nyuma yo kurwana n’umugore […]

Umuhanda Kigali-Karongi-Nyamasheke wongeye gufungwa n’inkangu

euvrelaxuaeh2g2.jpg

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, buratangaza ko kuva mu rukerera kuri uyu wa kabiri tariki 16 Gashyantare 2021, umuhunda uhuza Akarere ka Karongi na Nyamasheke wafunzwe kubera inkangu. Uwo muhanda wongeye gufungwa n’inkangu bwa kabiri, kuko tariki ya 12 Gashyantare 2021 na bwo inkangu yari yawufunze ku buryo utari nyabagendwa. Umunyamabanga nshingwabikorwa […]

Mwene Habyarimana mu bantu mbarwa bitabiriye imyigaragambyo yamagana ifungwa rya Idamange

Umuhungu wa Habyarimana wahoze ayobora u Rwanda, LĂ©on Habyarimana, ari mu bantu mbarwa bakoze imyigaragambyo bamagana ifungwa rya Idamange Iryamugwiza Yvonne. Uyu Idamange yatawe muri yombi ku mugoroba wo ku wa Mbere n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranweho ibyaha bitandukanye. RIB ivuga ko akurikiranweho ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda” no “kwigomeka ku buyobozi”. Ni nyuma y’uko […]

Rusesabagina yongeye gushimangira ko atari Umunyarwanda

Urubanza ruburanishwa mu mizi rwa Paul Rusesabagina n’abandi 20 bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba rwatangiye mu masaa mbiri y’uyu wa 17 Gashyantare 2021, rurakomeje. Perezida w’Iburanisha yasomye imyirondoro y’abaregwa , ubwo yageraga kuri Rusesabagina, yamubajije ati: “Umwirondoro wasomwe ni uwawe?” Uyu musaza w’imyaka 66 y’amavuko, yasubije ati: “Murakoze cyane nyakubahwa Perezida. Ndagira ngo mbabwire yuko umwirondoro atari […]

Koreya y’Epfo: Abageze mu zabukuru bazahabwa urukingo rwa Covid-19 nyuma y’abandi

Ikigo cya Koreya y’Epfo gishinzwe guhangana n’indwara, KDCA, ku wa 15 Gashyantare 2021 cyatangaje ko abantu barengeje imyaka 65 y’amavuko, bazahabwa urukingo rwa Covid-19 inyuma y’ibyiciro bitatu. Nk’uko byemejwe n’Umuyobozi Mukuru wa KDCA, Jeong Eun-kyeong mu nkuru y’igitangazamakuru The Strait Times, igikorwa cyo gukingira abaturage muri Koreya y’Epfo kizatangira tariki ya 26 Gashyantare 2021, aho […]

Idamange ashobora gusuzumwa indwara zo mu mutwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko Idamange Iryamugwiza Yvonne rufite mu maboko, ashobora gusuzumwa indwara zo mu mutwe. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yabitangarije BBC nk’uko bigaragara mu nkuru y’iki gitangazamakuru yasohotse kuri uyu wa 16 Gashyantare 2021, ngo bikaba bishobora kuzakorwa ku nyungu z’ubutabera. Ati: “Hazarebwa niba hadakenewe ko asuzumwa indwara zo […]

Rusesabagina avuga ko yashimuswe kandi ko nabyo ari icyaha

Paul Rusesabagina na bagenzi be 21 bari mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga, aho bagiye kuburana urubanza mu mizi ahnini ku byaha by’iterabwoba. Ni urubanza ruri kuba mu gihe inteko ya EU isaba ko uyu mugabo yarekurwa. Inteko y’ u Rwanda yarabyamaganye, ivuga ko harimo n’agasuzuguro no kwivanga mu butabera bw’ u Rwanda. Abaregwa bose bakurikiranweho ibyaha […]

PSG yihimuye kuri FC Barcelona ijya kuyinyagirira ku kibuga cyayo

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa, yihimuriye kuri FC Barcelona iyinyagira ibitego 4-1 iyisanze ku kibuga cyayo cya Camp Nou. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league. FC Barcelona ni yo yafunguye amazamu mbere ku gitego cya penaliti ya Messi yo ku munota wa 27 w’umukino, nyuma y’ikosa […]

Agahinda k’umusore wabuze umugeni we ku munsi w’ubukwe

Umusore w’Umurundi witwa Benilde Odran Ininahazwe afite agahinda kenshi ko kuba umukobwa bagombaga gushyingiranwa yaramubuze ku munota wa nyuma, ubwo yari yagiye kumutegerereza kuri Kiliziya. Byabaye mu masaha y’igitondo cyo ku wa 13 Gashyantare 2021 nyuma y’iminsi ibiri gusa Odran akoye uyu mukobwa mukobwa witwa Emelyne Ndayishimiye. Nk’uko tubikesha imbuga zirimo Jimbere Magazine, uyu musore […]

Bahindutse abashabitsi, batinya Museveni kurusha Imana-Bobi Wine ku banyamadini

Umuyobozi w’Ishyaka National Unity Platform (NUP), Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine avuga ko abanyamadini ntacyo bakora mu kurebera ku banyamadini bitangiye imigenzo myiza, bakahasiga ubuzima, bazize kwamagana icyo yita ubutegetsi bubi. Uyu wahoze ari umudepite wa Kyadondo y’Iburasirazuba, kuri uyu munsi muri Uganda bizihizaga imyaka 40 ishize, Arikiyepisikopi mu Itorero rya Angilikani, Jonan […]

Pasiteri Niyomwungere yahishuye uko yashutse Rusesabagina, akisanga i Kigali

Tariki ya 15 Nzeri 2020 ni bwo Paul Rusesabagina ukurikiranwe n’ubutabera bw’u Rwanda yahishuriye igitangazamakuru The New York Post ko yatawe muri yombi ubwo yisangaga i Kigali avuye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yari azi ko yerekeza mu Burundi “mu nama z’amatorero yari yatumiwemo n’umupasiteri”. Byaje kumenyekana ko uyu mupasiteri ari Umurundi ufite […]