Murangwa Eugène yavuze uko Interahamwe zishimiye intsinzi ya Rayon Sports zigatanga agahenge

Murangwa Eugène wahoze ari umuzamu wa Rayon Sports n’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yavuze uko Rayon Sports yari imaze gutsinda Al-Hilal yo muri Sudani, interahamwe zifatanyije kwishimira intsinzi n’abo zahutazaga mbere ya Jenoside bitanga agahenge mu gihe cy’icyumweru cyose. Murangwa uri mu bakinnyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Radio Isango Star kuri uyu […]

U Burusiya bwongereye intwaro bwagurishaga muri Myanmar

Abasesengura iby’umutekano na politike baravuga ko Uburusiya bwongereye intwaro bugurisha muri Myanmar kandi buhagaze kuri jenerali Min Aung Hlaing uyoboye abakuyeho leta yatowe n’abaturage muriicyo gihugu. Abasesenguzi bavuga ko ubu bufatanye buzatsura ingufu z’Uburusiya muri Aziya y’uburasirazuba bushyira amajyepfo kubera isoko ryo kugurisha intwaro. Ibyo mimeze bityo mu gihe muri Myanmar abayobozi gakondo 10 batangaje […]

Iby’ingenzi byaranze itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1992 –Igice cya I

Mbere gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ubushakashatsi bwa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) bugaragaza ibikorwa bitandukanye byabanje gukorwa hirya no hino mu gihugu byari bigamije kuyitegurira amayira birimo n’ubwicanyi bwibasiye imbaga nko mu Bugesera ahishwe Abatutsi bagera kuri 500 mu ijoro ry’uwa 4 rishyira uwa 5 Werurwe mu 1992. Itangwa ry’intwaro […]

Ibihe bigoye ku bana bavutse ku babyeyi bafashwe ku ngufu mu gihe cya jenoside

Abana bavutse ku babyeyi bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi bavuga ko nubwo ubuzima bakuriyemo bwari bushaririye uko imyaka ihita indi igataha bagenda bakira ibikomere. Abantu bose bagaragara muri iyi nkuru bavuganye na RBA kandi amazina yabo yahinduwe. Umubyeyi twise Mukamana, ni umwe mu bahohotewe mu gihe cya Jenoside yakorewe […]

Nyamagabe: Umugabo akurikiranweho gusambanya abana 3 b’imyaka itandatu

Ubushinjacyaha urwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa Kane ushize, itariki 08 Mata 2021 bwashyikirijwe dosiye y’umugabo ucyekwaho icyaha cyo gusambanya abana batatu b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka itandatu. Ku itariki ya 21 Werurwe 2021 nibwo mu Mudugudu wa Ramba, Akagali ka Ramba, Umurenge wa Mata, Akarere ka Nyaruguru, hagaragaye uyu mugabo ukurikiranyweho icyaha cyo […]

Kenya: Rev. Natasha, ikizungerezi cy’umuvugabutumwa, cyahishuye umugabo cyifuza

96843860_2715275542088079_7344634182849245076_n.jpg

Reverand Lucy Natasha bivugwa ko ari we muvugabutumwa w’ikizungerezi kurusha abandi muri Nairobi, kuri ubu aravuga ko atari we uzabona abonye umugabo bazashyingirana akamufasha gukomeza gukwirakwiza ubutumwa bwiza. Natasha yahishuye amashyushyu afite yo kurongorwa ubwo yari mu kiganiro Episode 2 of Stori Yangu kinyura kuri televiziyo Maisha Magic kuwa Gatandatu. Uyu muvugabutumwa w’imyaka 29 uzwiho […]

Arabie Saoudite yakatiye urwo gupfa abasirikare batatu bayo

Abasirikare batatu bahoze bakora muri Minisiteri y’Ingabo za Arabie Saoudite, bakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa n’ibyaha bikomeye by’ubugambanyi. Minisiteri y’Ingabo ya Arabie Saoudite yatangaje ko iperereza ryayo ryasanze bariya bahoze ari abakozi bayo barakoze ibyaha bikomeye by’ubugambanyi bafatanyije n’abanzi b’igihugu, ibyangije inyungu z’ubwami bwa kiriya gihugu n’igisirikare cyabwo. Ibiro ntaramakuru bya Arabie Saoudite (SPA) […]

Amafoto: Inkongi y’umuriro yibasiye icyanya cy’inganda muri Kampala

madhvani-warehouse-on-fire.jpg

Igipolisi cya Uganda gishinzwe kuzimya inkongi z’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu cyahamagajwe mu cyanya cy’inganda giherereye muri Kampala aho inkongi y’umuriro yari yibasiye ububiko butandukanye. Umwotsi mwinshi wagaragaraga mu kirere uturuka mu nganda zimwe mu gihe abashinzwe kuzimya inkongi birukaga bajya gutabara. Nk’uko tubikesha Chimpreports, iyi nkongi bikekwa ko yaba yarahereye mu […]

Kwigisha ubumwe n’ubwiyunge umusaza w’imyaka 60 cyangwa 70 ni nko gutokora ifuku_Sen. Evode

Senateri Evode Uwizeyimana asanga Leta ikwiye kwibanda cyane ku rubyiruko mu nyigisho z’ubumwe n’ubwiyunge itanga, kuko kubwigisha umusaza ufite imyaka 60 cyangwa 70 anafite ingengabitekerezo ya Jenoside ari nko ‘gutokora ifuku’. Senateri Evode yabigarutseho mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu, cyagarukaga ku rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge mu myaka 27 ishize habaye Jenoside Yakorewe Abatutsi. Senateri Evode […]

Kuwa 10 Mata 1994: Bumwe mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi hirya no hino mu gihugu

Abafaransa bakomeje gufasha guverinoma y‘abicanyi yayoborwaga na minisitiri w’intebe Jean Kambanda Kuvana abantu mu Rwanda bajyanwa mu Bufaransa byarakomeje, imfubyi 94 bakomoka mu miryango y’abasirikari ba Habyarimana babaga mu kigo cy’imfubyi “Sainte-Agathe” cyari icya Agata Kanziga, umugore w’uwari Perezida wa Repubulika bajyanwe i Paris banyuze i Bangui. Bari baherekejwe n’abantu 34 umwirondoro wabo ntiwigeze utangazwa. […]

Gasabo: Yatemwe mu mutwe azira kwitwa ‘Umututsi’

Umugore wo mu karere ka Gasabo uri mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko yatemwe n’uwamuhoraga ko ari Umututsi, birangira amukomerekeje mu mutwe. Umukobwa uwatemwe abereye nyina wabo yumvikana muri video yifashe akayishyira ku mbuga nkoranyambaga, anenga cyane uwatemye umubyeyi we. Ati “Mureke ibintu nka biriya bya Jenoside iriya ni imitekerereze y’ubucucu. Biriya ni ibintu birimo ubujiji […]

Ubutaka Perezida Kagame yatanze bwagobotse AERG

Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi (AERG) barashimira perezida wa Repubulika Paul Kagame wabahaye ubutaka mu karere ka Nyagatare, kuri ubu bukaba bubinjiriza amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 30 buri gihembwe. Mu mwaka wa 2010 ni bwo abagize umuryango w’abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe abatutsi AERG bahawe ubutaka buri kuri hegitari 130. Babukoreraho ubworozi ndetse […]