Inyeshyamba za Tigray zerekanye ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zafashe mpiri
Ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zazengurukijwe imihanda y’umujyi wa Mekelle wo mu ntara ya Tigray, nyuma yo gufatwa mpiri n’inyeshyamba z’ishyaka riri ku butegetsi muri iriya ntara bamaze igihe bahanganye. Aba basirikare berekanwe ejo ku wa Gatanu mbere yo kujya gufungwa. Amashusho yafashwe n’ikinyamakuru The New York Times yerekana ibihumbi bya bariya basirikare bashorewe n’inyeshyamba za […]
Yanga Africans yatsindiye Simba mu maso ya Perezida Samia Suluhu
Ikipe ya Yanga Africans yatsinze mukeba wayo Simba Sports Club igitego 1-0, zombi zikomeza guhatanira igikombe cya shampiyona ya Tanzania. Amakipe yombi yakinaga umukino w’ikirarane w’umunsi wa 28 wa shampiyona ya Tanzania wabereye kuri Stade yitiriwe Benjamin Mkapa. Ni umukino wagombaga kuba Tariki ya 08 Gicurasi, gusa uza gusubikwa habura iminota mike ngo utangire kuko […]
Kamonyi: Abayobozi bane barimo ba Gitifu babiri na rwiyemezamirimo bafunzwe
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuva kuri uyu wa 2 Nyakanga 2021 rufungiye mu Karere ka Kamonyi abayobozi bane barimo abanyamabanga nshingwabikorwa (ba Gitifu) babiri bakekwaho kunyereza umutungo wo muri gahunda yo kongera ibyumba by’amashuri. Aba barimo: Kubwimana Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Bizimana Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mukinga, Niyonzima Jean Rene, […]
RIB yafunze umutekinisiye wa REG
RIB yafunze Bazimaziki Clement, umutekinisiye muri Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (Chief Technician – REG) nyuma yo gufatwa yakira ruswa y’ibihumbi magana atanu (500,000frw) yari yasabye umukiliya. Ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Remera mugihe hategurwa dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. RIB iributsa abaturarwanda ko ruswa ari icyaha kimunga ubukungu bw’Igihugu n’imitangire ya serivisi […]
Budaka: Imizimu y’abishwe na COVID yijujuse ngo babataburure babashyinguye nabi
Abashinzwe kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus muri Budaka muri Uganda, bari mu kazi katoroshye nyuma y’amakuru ko abafite ababo bishwe n’iki cyorezo, bari kwitwikira ijoro, bakabataburura kuko imizimu yabo yijujutiye ngo bashyinguwe nabi. Abaturage bavuga ko bari kuzengerezwa n’imizimu y’abishwe na Coronavirus isaba ko bashyingurwa neza. Umuyobozi mu Karere ka Budaka, Tom Chesol, yavuze ko mu […]
Perezida Kagame na Tshisekedi batumiwe i Roma, bazahurirayo na Biden
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Antoine Tshisekedi Tshilombo, batumiwe mu nama ya G20 izabera i Roma mu Butaliyani. G20 ni umuryango uhuriwemo n’ibihugu bikize kurusha ibindi ku Isi. Perezida Kagame na Tshisekedi batumiwe mu nama ya 16 y’uyu muryango iteganyijwe hagati y’itariki ya 30 n’iya […]
Burundi: Umuyobozi wa Gereza ya Muramvya afunzwe akekwaho uruhare mu gitero cyishe 18
Umuyobozi wa Gereza ya Muramvya, TĂ©lĂ©sphore Manirambona yatawe muri yombi ku itariki 28 Kamena nyuma yo guhatwa ibibazo igihe gito n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubutasi, SNR, aho akekwaho kugira uruhare mu gitero giherutse guhitana abantu 18 ahitwa Rutegama muri week-end ishize. Uyu kuri ubu bivugwa ko afungiwe muri kasho ya SNR i Bujumbura. Nk’uko amakuru […]
Abana 200 b’Abanyarwanda barabimburira abandi gutorezwa mu ishuri rya Paris Saint-Germain
Abana b’Abanyarwanda bagera kuri 200 ni bo bazaba bagize icyiciro cya mbere cy’abagiye guhugurirwa umupira w’amaguru mu ishuri ry’ikipe ya Paris Saint-Germain rizatangira gukorera mu Rwanda muri Nzeri nk’uko byatangajwe na Ferwafa. Guhera ku ya 21 Kamena 2021, ikipe y’abatoza ya PSG-Academy yatangiye urugendo rwo gushakisha abakinnyi 200 ba mbere bazahugurirwa muri iri shuri mu […]
Abakiristu bakubise pasiteri waje kubereka imodoka ihenze, bamusaba kubasubiza amaturo
Akavidewo gato gakomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga karimo umupasiteri uri gukubitwa n’abakiristu yari aje kwereka imodoka nshyashya yaguze, bahita banamusaba kubasubiza amaturo, bakeka ko ari bo ayikesha. Aka kavidewo kari kuri konti ya Instagram y’uwitwa kingtundeednut, kagaragaramo abakirisitu basakabaka, barakaye, basaba ko basubizwa ayabo. Aba bagaragara bafashe pasiteri mu mashati igihe akimara gusohoka muri Range […]
Uganda: Abatwa barashinja Leta kubirengagiza
Abanya-Uganda bo mu bwoko bw’Abatwa bo mu turere twa Kisoro, Kanungu na Rubanda, basabye Leta ya Uganda kubazirikana na bo ikabashyira mu bagomba guhabwa ubufasha mu gihe cya COVID-19, nyuma yo kubirengagiza. Itsinda ryashyizweho muri Uganda riyobowe na Minisitiri w’Intebe, Robinah Nabbanja, ryemeje ibyiciro birindwi by’abantu bagomba guhabwa Amafaranga yo kubafasha kubaho, mu gihe Uganda […]
Imbunda yishe Kaweesi yanakoreshejwe mu gitero kuri Gen Katumba, dore uko cyagenze
Igipolisi cya Uganda kiravuga ko cyageze ku makuru akomeye mu iperereza ryacyo ku gitero giherutse kugabwa kuri minisitiri w’imirimo n’ubwikorezi wa Uganda, Gen. Katumba Wamala, kigahitana umukobwa we n’umushoferi, aho kuri ubu bivugwa ko imwe mu mbunda zakoreshejwe icyo gihe yafashwe yanakoreshejwe mu gitero cyahitanye AIGP Angrew Kaweesi wahoze ari umuvugizi w’igipolisi mu 2017. Abagabo […]
Kinshasa: Laurent Gbagbo yasuye inshuti ye Jean-Pierre Bemba
Nyuma yo kuva muri gereza y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha no gusubira mu gihugu cye cya Cote d’Ivoire ku itariki 17 Kamena, Laurent Gbagbo wahoze ari pererezida w’iki gihugu yakoreye urugendo rwe rwa mbere hanze y’igihugu cye I Kinshasa mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Nyakanga. Ni urugendo […]
Burundi: Bucura bwa Perezida Ndayishimiye mu bacyesheje ibirori by’ubwigenge (Amafoto)

Bucura bwa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ari mu bacyesheje ibirori by’umunsi mukuru w’ubwigenge bwa kiriya gihugu byabaye tariki ya 01 Nyakanga. U Burundi bwizihizaga isabukuru y’imyaka 59 bumaze buhawe ubwigenge n’u Bubiligi. Akarasisi k’ibyiciro bitandukanye by’abantu, imyiyereko y’abakomando, imbyino n’indirimbo; biri mu byakesheje biriya birori. Mu matsinda y’urubyiruko yiyerekanye imbere y’abarimo Minisitiri w’Intebe w’u […]
VIDEO: Apostle Mutabazi : Hari abantu batorongereye mu mahanga bagurisha utwabo kubera guhanurirwa ibiteye ubwoba!
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]
Rusizi: Babiri batawe muri yombi biyitirira inzego z’umutekano bambura abaturage amafaranga ngo ni amande yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
Mu ma saha ashyira saa moya z’umugoroba zo ku wa 1 Nyakanga, polisi ikorera mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi,ku bufatanye n’abaturage n’ubuyobozi,yataye muri yombi Rugwizangoga Samuel w’imyaka 35 usanzwe ari inkeragutabara yiyise DASSO na Kwizera Fabrice w’imyaka 21 wo mu murenge wa Rwimbogo muri aka karere yiyise umupolisi ariko bivugwa ko nta […]
Itangazo ryo guhindura izina
RDC: Kwanga gufata urukingo rwa Covid-19 kwa Perezida Tshisekedi kwaciye igikuba
Amakuru aturuka mu nzego z’ubuzima akomeje gukwirakwira aravuga kuri Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, n’urukingo rwa AstraZeneca. Perezida Tshisekedi biravugwa ko atarikingiza kandi akomeje kunenga uru rukingo avuga ko atizeye. Ibi bikaba bihabanye n’imbaraga guverinoma ikomeje gushyiramo ngo ishishkarize abaturage kwemera gukingirwa icyorezo cya Covid-19 gikomeje kubica bigacika hirya no hino […]
Ukwezi kwa Kamena kwabaye kubi-MINISANTE
Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziravuga ko kuva icyorezo cya COVID19 cyagera mu Rwanda, ukwezi gushize kwa Gatandatu ariko kwabaye kubi kurusha ikindi gihe, ari nayo mpamvu guverinoma ivuga ko mu gihe ingamba ziriho zitatanga umusaruro wifuzwa na Guma mu rugo ishobora kugaruka. Hagendewe ku mibare ya buri munsi y’abandura n’abahitanwa n’icyorezo cya COVID19 mu Rwanda, […]
APR FC yashimiwe na Perezida wa FIFA, ayiha umukoro
Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amagaguru ku Isi (FIFA), yashimiye APR FC nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona cya 19 mu mateka yayo. Mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo APR FC yegukanye igikombe cya 19 cya shampiyona, kiba icya kabiri cyikurikiranya iyi kipe y’igihugu yari yegukanye idatsinzwe. Infantino yashimiye APR FC ku wa 01 Nyakanga, abinyujije mu […]
Amafi arenga toni 109 mu kiyaga cya Muhazi yapfuye

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda yemeje ko amafi toni 109 yari mu Kiyaga cya Muhazi yapfuye bitewe n’ukwibirindura kw’amazi, ayo munsi yivanga n’ayo hejuru. MINAGRI yemeje aya makuru ivuga ko iki kibazo gituma ‘algal bloom’ izamuka bigatera kugabanuka kw’umwuka wo mu mazi (Disolved Oxygene) amafi akenera cyane cyane mu ijoro. Ikibazo cyo gupfa ku bwinshi […]
Amezi abiri mu buroko k’utambaye agapfukamunwa muri Uganda
Minisitiri w’Ubuzima muri Uganda, Dr Jane Ruth Aceng yatangarije rubanda y’Abanya-Uganda ko uzafatwa atambaye agapfukamunwa azajya ahita afungwa akamara amezi abiri muri gereza ku bwo kwica amabwiriza yo kwirinda Coronavirus. Iki gihano kirareba kandi abitabira ikivunge cy’abantu n’abagenda kuri moto (boda boda) bahekanye. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho ubwo Dr Aceng yagezaga ku gihugu uko […]
Abasenateri n’abadepite ba Amerika batse ibisobanuro Min. Blinken kuri Rusesabagina

Itsinda ry’abasenateri n’abadepite ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bagera kuri 41 ryongeye kugaragaza impungenge batewe n’ifungwa rya Paul Rusesabagina, risaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken gutanga ibisobanuro kuri iki kibazo. Mu ibaruwa bandikiye Antony Blinken, bamusaba gukoresha inzira za dipolomasi zose zishoboka Rusesabagina agasubizwa muri Amerika amahoro nk’umuturage wemewe w’icyo gihugu. VOA ivuga ko iyo […]