Ngoma: Umunyeshuri yakubise mugenzi we inyundo mu mutwe, ahanishwa gukora ikizamini cya Leta ataha mu rugo
Mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabare mu Karere ka Ngoma, umunyeshuri uri gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye yakubise mugenzi we inyundo mu mutwe, aramukomeretsa, ahanishwa kujya agikora ataha mu rugo. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Kirenga Providence yabwiye Igihe ko yumvise ko mbere y’uko uyu munyeshuri akomeretsa mugenzi we inyuma mu mutwe, babanje […]
Ethiopia: Urubyiruko rurahamagarirwa gufata intwaro, rugahangana na TPLF
Ubuyobozi bwa Leta ya Amhara ihana imbibi na Tigray muri Ethiopia, burahamagarira urubyiruko rwose gufata intwaro, rugahangana n’umutwe witwaje intwaro wa TPLF. Uru rubyiruko rwahamagawe na Perezida wa Amhara, Agegnehu Teshager kuri uyu wa 25 Nyakanga 2021, agira ati: “Ndahamagarira urubyiruko rwose, ururi mu mitwe yitwaje intwaro n’urutayirimo, urufite intwaro za Leta n’urufite intwaro zarwo […]
Dufite ubushobozi bwo kugaba ku mwanzi igitero kitasubizwa inyuma_Putin
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yatangaje ko igisirikare cy’iki gihugu gifite ubushobozi ku buryo cyagaba ku mwanzi aho yaba aturutse hose igitero kidashobora gusubizwa inyuma. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje ubwo abasirikare b’ibihugu cye barwanira mu mazi bari mu myiyerekano kuri uyu wa 25 Nyakanga 2021, yabereye mu mujyi wa St Petersburg. Perezida Putin yagize ati: […]
Nariteye gusa ni muri filimi_MC Tino
Umushyushyarugamba, umunyamakuru, umukinnyi wa filimi akaba n’umuhanzi, Kasirye Martin uzwi nka MC Tino, yatangarije ababonye amafoto ye aterera ivi umukobwa witwa Gihozo Aliah ko ari filimi ari gukina. Amafoto agaragaza Tino yambika impeta uyu mukobwa yatangiye gusakara mu bitangazamakuru kuri uyu wa 24 Nyakanga 2021, gusa bivugwa ko igikorwa nyirizina cyabaye mu cyumweru gishize mu […]
Guverinoma yongereye igihe cya Guma mu Rugo

Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa 25 Nyakanga 2021 yongereye iminsi itanu ya Guma mu Rugo mu turere tugize umujyi wa Kigali n’utundi umunani, mu rwego rwo gukomeza gushimangira intambwe imaze guterwa mu kugabanya umubare w’abandura n’abahitanwa n’icyorezo cya Covid-19. Utu turere ni: Kicukiro, Gasabo, Nyarugenge, Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro. […]
Yashyize umukozi mu modoka, amusubiza iwabo kuko yanduye Covid-19

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 24 Nyakanga 2021 yafatiye mu Karere ka Nyanza umugabo wari utwaye umukozi wo mu rugo mu modoka, amusubije iwabo kuko ngo yanduye icyorezo cya Covid-19. Uyu mugabo wari wipfutse mu isura no ku mubiri hose kugira ngo atandura iki cyorezo, ubwo yerekwaga itangazamakuru yasobanuye ko impamvu yabikoze ari uko […]
RDC: Abasirikare bahondaguye abaturage babitegetswe n’Abashinwa, babagira intere

Abashinwa bacukuza amabuye y’agaciro mu kirombe giherereye mu gace ka Kolwezi mu Ntara ya Lualaba muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), bagaragaye muri videwo bategeka abasirikare guhondagura no gutoteza abasore babiri b’Abanyekongo, nabo babishyira mu bikorwa. ActualitĂ© yatangaje aba basore babiri basanzwe bacukura amabuye y’agaciro bahondaguwe tariki ya 20 Nyakanga 2021. Iyi videwo y’amasegonda […]
Judo: Umukinnyi wo muri Algeria yakuye akarenge muri Olempike, ubwo yamenyaga ko agiye guhura n’uwo muri Israeli
Umukinnyi wa Judo wo muri Algeria, Fethi Nourine, yakuye akarenge mu mikino Olempike iri kubera mu Buyapani, ubwo yamenyaga ko agiye guhatana n’uwo muri Israeli, Tohar Butbul. Ni umukino wa kabiri Nourine yari agiye gukina nyuma yo gutsinda uwo muri Sudani witwa Mohamed Abdarasool. Nourine nyuma yo kwanga gukina n’uwo muri Israeli yabwiye itangazamakuru ko […]
ApĂ´tre Gitwaza yahanuye ko Afurika izaba igihugu kimwe, asaba abari hanze kwihutira gutaha
ApĂ´tre Dr Paul Gitwaza uyoboye Zion Temple Celebration Center ubwo yari mu giterane cya Afurika Haguruka tariki ya 18 Nyakanga 2021, yahanuye ko umugabane wa Afurika uzaba igihugu kimwe kizitwa Leta Zunze Ubumwe za Afurika, ndetse ikazajya igikoresha ururimi rumwe; Igiswahili. Ubu ni bumwe mu buhanuzi burindwi (bwumvikana muri videwo dukesha Ibyamamare) ApĂ´tre Gitwaza yatangarije […]
RDF yifashe ku bijyanye n’imibare y’abaguye mu irasana ryayihuje n’inyeshyamba muri Mozambique
Igisirikare cy’ u Rwanda, Rwanda Defence Forces (RDF), cyemeje ko koko cyahanganye n’inyeshyamba muri Mozambique gusa cyirinze kuvuga ku mibare y’abaguye muri iyo mirwano. Kuwa 9 na 10 Nyakanga u Rwanda rwohereje abasirikare bagera ku gihumbi kugira ngo bahashye inyeshyamba zazonze Intara ya Cabo Delgado. Bimwe mu binyamakuru byavuze ko abasirikare ba RDF kuwa 20 […]