Kwirukana abanyamahanga bataburanishijwe ni bibi_Museveni aganisha ku Banyarwanda

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yakomoje ku banyamahanga biganjemo Abanyarwanda birukanwa ku butaka bw’igihugu cye, avuga ko kubirukana bataburanishijwe bitemewe. Perezida Museveni yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku Banya-Uganda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu. Ni ijambo yavuze mu gihe kuva mu mwaka ushize wa 2020 Abanyarwanda benshi bakunze kwirukanwa ku butaka bwa Uganda […]

HĂ©ritier Luvumbu yateye umugongo Rayon Sports, yumvikana n’ikigugu cyo muri Angola

Umukongomani HĂ©ritier Nzinga Luvumbu wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, yamaze gutera umugongo iyi kipe yumvikana na Primeiro d’Agosto yo muri Angola. Ni nyuma yo kurangiza amasezerano y’amezi abiri yari yarasinyanye na Rayon Sports. Mu mezi abiri uyu mukinnyi yakinnye muri shampiyona y’u Rwanda ni umwe mu bakinnyi bigaragaje cyane, ku buryo abafana ba Rayon Sports […]

Umugabo wa Teta Sandra ‘yakubise umukozi we wo mu rugo ajya mu bitaro’

Umugabo w’Umunyarwandakazi, Teta Sandra, witwa Douglas Mayanja (Weasel Manizo) yakubise umukozi we wo mu rugo witwa Kaweesi Cyrus, amugira intere, ajyanwa mu bitaro. Muri iki cyumweru, amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ko Weasel yakubise uyu mukozi we wo mu rugo muri Uganda bakunze kwita Shamba Boy. Mu kiganiro kuri NBS Uncut, nyina wa Kaweesi yavuze […]

Pogba na Bruno Fernandes bafashije Manchester United guhemukira Leeds United

Ikipe ya Manchester United ibifashijwemo cyane na Paul Pogba cyo kimwe na Bruno Fernandes, yatangiye neza shampiyona y’Abongereza nyuma yo kwihaniza Leeds United ikayitsinda ibitego 5-1. Hari mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Old Trafford. Man United yakiniraga imbere y’abafana barenga 72,000 bari bagarutse muri Stade nyuma y’igihe kirekire, mu […]

Icyo umutoza wa Arsenal yavuze ku mukino watengushye Perezida Kagame

Umutoza wa Arsenal, Arteta avuga ko adashaka kugira urwitwazo na rumwe atanga ku kuba yatakaje umukino wamuhuje na Brentford muri Shampiyona y’Abongereza. Perezida Kagame nk’umufana ukomeye wa Arsenal yagaragaje ko atishimiye ko uyu mukino Arsenal yawutsinzwemo ibitego bibiri. Ku byo yatangaje, wasoma: https://bwiza.com/?Perezida-Kagame-yashenguwe-no-kuba-Arsenal-yatsinzwe-na-Brentford-avuga-ko ( Perezida Kagame yashenguwe no kuba Arsenal yatsinzwe na Brentford, avuga ko […]

RDC: Abaturage bari kurya kimwe mu binyabutabire byasohowe na Nyiragongo

Abatuye mu gace ka Bukumu muri Teritwari ya Nyiragongo iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafata kimwe mu binyabutabire gisa n’umweru kiri mu byasohowe n’ikirunga cya Nyiragongo ubwo cyarukaga bakagishyira mu biryo nk’ikirungo. ActualitĂ© yavuze ko iki kinyabutabire gikora nk’umunyu. Cyakora cyo ubuyobozi bwa kariya gace bwabasabye kutongera gukoresha kiriya kinyabutabire kubera […]

Pasiteri Mugisha yavumbuwe yihishe muri USA nyuma yo kwiba Frw asaga miliyari na miliyoni 400

Umupasiteri mu Mujyi wa Kampala witwa Mugisha Mondo byamenyekanye ko ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo gutwara Amashilingi ya Uganda miliyari eshanu (Frw 1,423,948,774). Byamenyekanye ko Mugisha yihishe muri Atlanta muri Georgia muri Amerika ndetse akaba ari kwaka ubuhungiro. Mondo mu ntangiriro za 2021, yarashakishwaga kuko yashinjwaga kuriganya abakirisitu amafaranga yavuzwe haruguru, […]

Undi munyamakuru yicishijwe intwaro gakondo mu burasirazuba bwa RDC

Umunyamakuru JoĂ«l Mumbere Musavuli wari umuyobozi wa Radio Biakato mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishwe kuri uyu wa Gatandatu n’abantu bataramenyekana. Urupfu rw’uyu munyamakuru rwemejwe na bagenzi be bakoranaga kuri kiriya gitangazamakuru gikorera mu gace ka Biakato ho muri Teritwari ya Mambasa, mu ntara ya Ituri. J. Mutokambali, Umuyobozi ukuriye gahunda za […]

Burera: Umupolisi yakubise umugabo abaturage barahurura

Mu Karere ka Burera mu Murenge wa Rugengabali, Akagari ka Rukandabyuma, Umudugudu wa Nyansyo hari umugabo witwa Nyaminani Jean Bosco, wakubiswe n’umupolisi witwa Hakizimana, amuziza kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, byatumye abaturage bahurura ngo barebe ibibaye. Ibi byabaye mu masaha ya nimugoroba ku wa Kane tariki ya 12 kanama 2021 ubwo Nyaminani usanzwe ari […]

Abadipolomate bari guhunga i Kabul

Ingabo za mbere z’Amerika zirimo kugera muri Afghanistan ngo zifashe mu guhungisha abadipolomate n’abandi, mu gihe ibihugu byinshi birimo kwihutira guhungisha abakozi n’abaturage babyo, muri iki gihe aba Taliban bari gutera intambwe yihuse. Ku wa gatanu, intagondwa zigaruriye umujyi wa Pul-e-Alam, umurwa mukuru w’intara ya Logar, uri kuri kilometero 80 uvuye mu murwa mukuru Kabul […]

Twibanire wiyahuriye ku nkundamahoro yari afite ikibazo cyo mu mutwe_RIB

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko umugabo witwa Twibanire Emmanuel wasimbutse inyubako y’Inkundamahoro y’i Nyabugogo akitaba Imana, yari afite ikibazo cyo mu mutwe. Mu ma saa yine y’ejo ku wa Gatanu tariki 13 Kanama ni bwo Twibanire w’imyaka 40 y’amavuko yasimbutse ku nkundamahoro aturutse mu igorofa rya gatandatu ahita apfa. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira […]

Amafoto: Abasirikare kabuhariwe ba USA bamaze kugera muri RDC

fb_img_16289213813284553.jpg

Itsinda ry’abasirikare badasanzwe ryaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), ryaraye risesekaye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) muri gahunda yo gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke umaze igihe urangwa mu burasirazuba. Indege y’ingabo za USA zirwanira mu kirere, US Air Force, yabagejeje ku kibuga cy’indege cya Ndjili muri Kinshasa mu ijoro ryo kuri […]

Perezida Kagame yashenguwe no kuba Arsenal yatsinzwe na Brentford, avuga ko impinduka zatinze

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yababajwe cyane no kuba ikipe ya Arsenal yaraye itsinzwe na Brentford ibitego 2-0, avuga ko atumva impamvu impinduka muri iriya kipe zatinze. Arsenal Perezida Kagame yihebeye yari yasuye Brentford iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere, mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona y’Abongereza wabaye mu ijoro ryakeye. Igitego cyo ku […]

Rusizi: Bombori bombori mu makoperative y’umuceri: Bamwe mu bayobozi batawe muri yombi,abandi baracika,abasigaye bareguzwa

Abanyamuryango barasabwa kudahishira abanyereza ibyabo.

Mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi haravugwa itabwa muri yombi ry’abagabo 2 n’umugore 1 bashinjwa kunyereza umutungo wa koperative y’abahinzi b’umuceri muri ki kibaya yitwa koperative ejo heza muhinzi w’umuceri ( KEHMU),aho bashinjwa kunyereza amafaranga 11.786.830, abandi 3 barahigwa bukware kimwe n’umucungamutungo w’ihuriro ry’aya makoperative , abagize inama nyobozi y’iri huriro n’abagize iya […]