Mu Bwongereza: Abakingiriwe Covid-19 mu Rwanda ntibazongera gufatwa nk’abatarakingiwe

Guverinoma y’u Bwongereza yafashe icyemezo cyo kongera u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu inkingo za Covid-19 zatangiwemo zizajya zihabwa agaciro mu gihe baba bagezeyo. Inkingo zemewe mu Bwongereza ni enye: Pfizer BioNTech, Oxford/AstraZeneca, Moderna na Janssen. Iki gihugu mu minsi ishize cyari giherutse gutangaza ko abagenzi baturutse ku mugabane wa Afurika, muri Amerika y’Amajyepfo no mu […]

UN yasabye CAR guhagarika imikoranire n’abacancuro ba Wagner

Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye (UN) zasabye Repubulika ya Centrafrika (CAR) guhagarika imikoranire n’umutwe w’abacancuro Wagner Group, ukomoka mu Burusiya. Izi mpuguke zatanze ubu busabe kuri uyu wa 27 Ukwakira 2021 nyuma y’isuzuma zimaze igihe zikora ku basirikare b’uyu mutwe wigenga, bigendanye n’ibyaha bashinjwa gukorera muri CAR birimo gukorera abasivili ihohotera ririmo irishingiye ku gitsina no kubatera […]

Cristiano Ronaldo yatangaje ko we n’umukunzi we bagiye kunguka izindi mpanga

Rutahizamu Cristiano Ronaldo wa Manchester United, yatangaje ko we n’umukunzi we, Georgina Rodriguez bitegura kwibaruka impanga zizasiga uriya munya-Portugal agize abana batandatu. Cristiano yemeje aya makuru mu butumwa yasangije abamukurikira ku rubuga rwa Instagram. Ati: “Nejejwe no gutangaza ko twitegura impanga. Imitima yacu yuzuye ibyishimo, si twe tuzarota duhuye namwe.” Aya magambo yari aherekeje ifoto […]

Iburasirazuba: Uturere tune dushobora kubona abayobozi bashya

Uturere tune two mu Ntara y’Iburasirazuba dushobora guhabwa abayobozi bashya mu gihe utundi dutatu dusigaye ari two dushobora kugumana abayobozi batwo hagendewe ku rutonde rw’agateganyo rwa Komisiyo y’amatora. Muri utwo turere, tubiri, Kirehe yayoborwaga na Muzungu Gerald kuva mu Ukuboza 2014, na Ngoma yayoborwaga na Nambaje Aphrodis kuva muri Gicurasi 2012 tuzayoborwa n’abayobozi bashya kubera […]

Human Resources Officer at CARE International

CARE International is seeking to recruit a Human Resources Officer CARE is a leading humanitarian organization fighting global poverty. We seek a world of hope, tolerance, and social justice, where poverty has been overcome and people live in dignity and security. CARE International aims to be a global force and a partner of choice within […]

RIB yafunze Hakuzimana Abdou Rashid

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Hakuzimana Abdou Rashid ukurikiranweho ibyaha birimo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. RIB yemeje aya makuru mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter. Iti: “Uyu munsi, RIB yafunze Hakuzimana Abdou Rashid ukurikiranweho ibyaha byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 n’icyaha cyo gukurura […]

Mugabo yahishuye uko General Numbi yamuhungishije nyuma yo kwica Chebeya na Bazana

Jacques Mugabo wabaye umupolisi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kuri uyu wa 27 Ukwakira 2021 yahishuriye urukiko rwa gisirikare rwa Ndolo uko uwari Komiseri Mukuru, Gen. John Numbi yagiye amuhungisha nyuma yo kwica impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Floribert Chebeya n’umushoferi we Fidèl Bazana. Chebeya na Bazana biciwe ku biro bikuru bya Polisi ya […]

Burundi: Imbonerakure ziri guhabwa imyitozo ya gisirikare

Abaturage bo muri Komini ya Kibago bahangayikishijwe n’imyitozo ya gisirikare imaze iminsi ihabwa Urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD ruzwi nk’Imbonerakure bivugwa ko uru rubyiruko ruturuka mu ntara zitandukanye zigahurira kuri site iherereye mu mudugudu wa Rubimba muri Zone ya Kibago. Ikindi, imodoka z’urwego rushinzwe ubutasi zihora mu rujya n’uruza muri ako gace. Izi Mbonerakure zihangayikishije bamwe mu […]

Urubanza rw’abarimo umunyamakuru Nsengimana rwasubitswe

Iburanisha ku ifunga n’ifungurwa ry’abantu 6 barimo umunyamakuru Nsengimana Théoneste wa Umubavu TV n’abayoboke b’ishyaka DALFA Umurinzi ritaremerwa mu Rwanda ryasubitswe batarasomerwa ibyaha baregwa. Tariki ya 14 Ukwakira 2021 ni bwo urwego rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batandatu (6) barimo Nsengimana, bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda. […]

Sudani yirukanye ba ambasaderi ba yo 6 mu bihugu birimo USA n’u Bufaransa

Igisirikare kiri ku butegetsi bwa Sudani cyirukanye abambasaderi batandatu mu gihe hakomeje ibikorwa byo guca intege abari mu myigaragambyo hirengagijwe igitutu cy’amahanga yamagana ihirika ry’ubutegetsi ryo kuwa Mbere ushize. Iki cyemezo cyatangajwe kuwa gatatu mu bitangazamakuru bya Leta, kivuga ko abahagarariye Sudani muri Amerika, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, u Bushinwa, Qatar, u Bufaransa ndetse n’umuyobozi […]

Abafana bemerewe kongera gusubira muri Stade nyuma y’amezi 19 batahakandagira

Minisiteri ya Siporo yemereye abafana kongera gusubira muri Stade, nyuma y’amezi 19 batemerewe kujyayo ngo barebe imikino. Muri Werurwe 2020 ni bwo abafana bakumiriwe kwinjira mu mastade yo mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze kugaragara mu gihugu. Kuva icyo gihe imikino ya shampiyona yabaga muri Stade nta mufana urimo, mu […]

Twanga ko abagabo badukubita inshyi ku mabuno mu gihe cy’akabariro-umugore wa Past. Bugingo

Umugore uri mu rukundo na Pasiteri Aloysius Bugingo wo muri Uganda, Susan Makula Nantaba, avuga ko abagore benshi banga abagabo babakubita inshyi ku mabuno igihe bari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina. Nantaba, umunyamakuru akaba n’umwe mu bakunze kuvuga ku bibazo by’abashakanye mu buriri, avuga ko we iyo Pasiteri Bugingo amukoreye ibyavuzwe haruguru, bituma atakaza ubushake bw’igikorwa […]

Kenya: Abaganga 290 muri 300 bari baroherejwe gukorera mu Bwongereza, batsinzwe Icyongereza

Minisitiri w’Ubuzima wa Kenya, Mutahi Kagwe yababajwe n’uko abashomeri 290 muri 300 bize ubuvuzi Leta yari yarashakiye amahirwe yo kujya gukorera mu Bwongereza, batsinzwe ikizamini cy’ururimi rw’Icyongereza. Aba bashomeri baratoranyijwe ngo bakore ikizamini, abagitsinda bajye gukorera urwego rw’u Bwongereza rushinzwe ubuzima, hanyuma bazasubire muri Kenya bahabwe akazi. Bakoze ikizamini, gusa kuri uyu wa 27 Ukwakira, […]

Muhanga: Ubushinjacyaha bukurikiranye ushinjwa kwicisha umugore we umuhini

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Mahanga mu ntangiriro z’iki cyumweru bwaregeye mu buryo bwihuse dosiye bukurikiranyemo umugabo wishe umugore we amukubise umuhini, akaba afungiwe by’agateganyo kuri Station ya Polisi ya Ruhango. Ni icyaha cyakorewe mu Mudugudu wa Sahara, Akagari ka Gisanga, Umurenge wa Mbuye, Akarere ka Ruhango, Intara y’Amajyepfo, akaba yarakubise umuhini umugore we babanaga […]

Kagame fires forestry boss in fresh government reshuffle

arton162675.png

As per a statement issued Wednesday evening by the Prime Minister, Jean Pierre Mugabo had been fired as Director-General of Rwanda Forestry Authority (RFA), a position he held since January 2020. Spridio Nshimiyimana will effectively replace Mugabo in acting capacity, according to the statement signed by Prime Minister Edouard Ngirente. Nshimiyimana has been working as […]

Umunyamakuru Nsengimana aragezwa mu rukiko

Umunyamakuru, Nsengimana Theoneste, washinze shene ya Youtube yitwa Umubavu aragezwa mu rukiko ruri Kagarama mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukwakira nk’uko bivugwa na Ingabire Victoire. Amakuru yatangajwe n’umuyobozi w’ishyaka, DALFA Umurinzi arimo ko nabo mu ishyaka ayoboye n’umudamu w’inshuti ye bari bugezwe imbere y’ubutabera. Kuri Twitter, […]

DPC Nyiramahoro avuga ko umugore wacaga inyuma umugabo we yafatanye n’undi muri Lodge

Umukuru wa Polisi ya Uganda mu Karere ka Mukono, DPC SP Annabella Nyiramahoro avuga ko kuwa Mbere w’iki cyumweru, bageze ahabereye isanganya ry’aho umugore wirwa Rebecca Arinaitwe wacaga inyuma umugabo we, yafataniye n’undi mugabo, Ababa John Bosco muri Lodge. Iperereza ry’ibanze rya polisi rivuga ko kuwa Mbere ahagana saa kumi z’umugoroba muri Moteli yitwa Breaz […]

Thierry Hitimana yatsinze umukino wa mbere muri Simba yiyushye akuya

Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yatsinze umukino wa mbere iri kumwe n’Umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza wayo mukuru. Byasabye Simba kwiyuha akuya kugira ngo ibashe gutsinda igitego 1-0 Polisi Tanzania bari bahuriye mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona ya Tanzania. Ni umukino wa mbere iyi kipe yakinaga itozwa na Thierry […]

Minisitiri Wilmès avuga ko amateka ashobora kwiyandikira ‘mu bujurire bwa Rusesabagina’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès yatangaje ko amateka ashobora kwiyandikira mu bujurire bw’umwenegihugu wabo akaba n’uw’u Rwanda, Paul Rusesabagina. Minisitiri Wilmès yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu 27 Ukwakira 2021 ubwo yari mu Rwanda, mu ruzinduko rwaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo kwitabira inama y’abaminisitiri b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze ubumwe, AU, n’uw’ubumwe […]

USA ivuga ko ihangayikishijwe n’igisasu kidasanzwe U Bushinwa bwagerageje

Umujenerali mukuru wa Amerika, Gen Mark Alexander Milley, yavuze ko kugerageza gukekwa kwa missile yo mu bwoko bw’izinyaruka bikomeye biri hafi y’ibihe bya Sputnik, avuga ibihe aba-Soviet bagerageje satellite bigatangiza intambara y’ubutita. Mu kiganiro na Bloomberg News, Mark Milley, ukuriye inama y’abagaba b’ingabo za Amerika yavuze ko igisirikari cy’Ubushinwa kiri “kwaguka vuba vuba”. Ikinyamakuru Financial […]

Afurika y’Epfo: Umucamanza yateye utwatsi ubusabe bwa Jacob Zuma

Umucamanza muri Afrika y’Epfo yateye utwatsi ubusabe bwa Jacob Zuma wahoze ari perezida w’iki gihugu bwo gukuraho umushinjacyaha uri mu rubanza rwe aregwamo icyaha cya ruswa yareze kumena amabanga ajyanye n’ubuzima bwe. Jacob Zuma ushinja uyu mushinjacyaha kuba afite uruhande abogamiyeho yasabye urukiko rukuru rwo mu Mujyi wa Pietermaritzburg kumuhindura. Ku myaka 79, Zuma ahakana […]

Minisitiri Ndirakobuca yirukanye AIM Global mu Burundi

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere n’iterambere ry’abaturage, Gervais Ndirakobuca yirukanye umuryango witwa Alliance in Motion (AIM) Global mu Burundi awushinja gukora ibihabanye n’intego yayo. Itangazo Minisitiri Ndirakobuca yashyizeho umukono tariki ya 19 Ukwakira 2021, risobanura ko impamvu y’ihagarikwa rya AIM Global ari uko ku ruhande rumwe ikora nka ASBL, ku rundi ruhande igakora nk’umuryango w’ubucuruzi. Minisitiri Ndirakobuca […]

FC Barcelona yirukanye umutoza Ronald Koeman

Ikipe ya FC Barcelona yirukanye Umuholandi Ronald Koeman, nyuma y’amezi 14 yari amaze ari umutoza wayo mukuru. Koeman wari umaze igihe yicariye intebe ishyushye, yirukanwe nyuma y’uko Barça yari imaze gutsindwa na Rayo Vallecano igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona ya Espagne. Igitego rukumbi cy’umunya-Colombia Radamel Falcao ni cyo cyafashije Rayo Vallecano gutsinda bwa mbere […]