FARDC iravuga ko yishe abarwanyi 27 ba M23, ifata ibikoresho n’imiti byabo
Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kivuga ko cyishe abarwanyi 27 b’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu mirwano yabereye muri teritwari ya Rutshuru, gifata ibikoresho n’imiti byabo. Amakuru aturuka ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru avuga ko muri iyi mirwano yabereye mu gace ka Ntamugenga no mu nkengero zaho, ibikoresho byafatiwemo birimo imbunda […]
General Bisengimana, Kasongo na Kanyama mu bashobora kwitabazwa mu rubanza rwa Beya

General Charles Bisengimana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) n’abandi basirikare bakuru bari mu batangabuhamya bashobora kwifashishwa mu rubanza rw’uwahoze ari umujyanama wihariye mu by’umutekano wa Perezida Félix Tshidekedi, François Beya Kasonga. Beya ukurikiranweho icyaha cyo kugambirira kugirira nabi Umukuru w’Igihugu afatanyije n’abandi barimo Brig. Gen. Tonton Twad Sekere […]
Loni yongereye ibihano yafatiye RDC
Akanama gashinzwe umutekano mu muryango w’Abibumbye, kongerereye ibihano kafatiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe cy’umwaka umwe. Ibihano bya RDC byongerewe mu nama ya kariya kanama yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30 Kamena i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibihugu 10 birimo u Buhinde, Mexique, Brésil na Leta Zunze Ubumwe […]
U Bwongereza bwagiranye na Nigeria amasezerano yo kuyoherereza abanyabyaha b’abanyamahanga
Guverinoma y’u Bwongereza kuri uyu wa 30 Kamena 2022 yagiranye amasezerano n’iya Nigeria yo koherereza iki gihugu cyo ku mugabane wa Afurika abanyabyaha b’abanyamahanga. Nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinzwe umutekano w’imbere, Priti Patel, aya masezerano agamije gukumira ibyaha bikorerwa muri iki gihugu. Patel yagize ati: “Amasezerano yacu mashya na Nigeria azongera iyoherezwa ry’abanyabyaha babi […]
Umuturage w’i Bunagana ntacyizera imbaraga za M23
Umuturage w’i Bunagana wahungiye mu karere ka Kisoro muri Uganda ubwo M23 yari imaze gufata uyu mujyi mu byumweru bibiri bishize, avuga ko atacyizera gukomera k’uyu mutwe witwaje intwaro kuva abarwanyi bari bawugize bahunga mu mwaka w’2013. Uyu muturage witwa Juma Kumwami mu kiganiro yagiranye na Daily Monitor tariki ya 27 Kamena ubwo yari mu […]
Impaka zadutse kuri Dj Dizzo usigaje igihe gito cyo kubaho ku bw’amakuru yagiye hanze
Derrick Mutambuka uzwi nka DJ Dizzo wabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho kubera uburwayi afite, hatahuwe ko yigeze gukatirwa gufungwa imyaka 9 n’Inkiko zo mu Bwongereza kubera gufata ku ngufu, ingingo yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga. Kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022, ku mbuga nkoranyambaga ni bwo hatangiye gusakazwa inkuru zanditswe kuri […]
Senateri Evode Uwizeyimana ku mpamvu u Rwanda rutizihije yubile y’imyaka 60 y’ubwigenge
Umusenateri mu Rwanda, Evode Uwizeyimana, avuga ko nta mpamvu ihari yatuma Abanyarwanda bizihiza imyaka 60 babonye ubwigenge kuko ngo ikintu cyabaye kuwa 1 Nyakanga 1962, kitakwitwa ubwigenge. Senateri avuga ko impamvu ubu ibyo u Rwanda rwahawe n’Ububiligi atari ubwigenge harebwe ko kuri uwo munsi nyir’izina abantu bishwe no ku minsi yakurikiye kugeza kuwa 4 Nyakanga […]
Tottenham yasinyishije rutahizamu ukomeye w’umunya-Brésil
Ikipe ya Tottenham Hotspur yo mu gihugu cy’u Bwongereza yemeje ko yamaze gusinyisha umunya-Brésil Richarlson wakiniraga ikipe ya Everton. Uyu rutahizamu uca ku mpande yasinyiye Everton amasezerano y’imyaka itanu, nyuma yo kumutangaho miliyoni 60 z’ama-Pounds. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru Tottenham yari yatanze miliyoni 40 z’ama-Pounds, gusa Bill Kenwright uyobora Everton ayatera utwatsi. Byarangiye amakipe […]
Uganda: Abayobozi 20 bo muri AIM Global batawe muri yombi

Polisi ikorera mu karere ka Soroti kari mu burasirazuba bwa Uganda yataye muri yombi abayobozi 20 bo mu muryango Alliance In Motion (AIM) Global uvugwamo ubushukanyi n’ubwambuzi. Aba bayobozi baguwe gitumo ubwo bari bayoboye inama yaberaga muri moteli ya Hyde Park kuri uyu wa 30 Kamena 2022. Iyi nama yahuje abiganjemo urubyiruko rwo muri aka […]
Ingabo za Uganda zasubukuye ibikorwa byazo muri RDC
Ingabo za Uganda (UPDF) mu gitondo cy’uyu wa 1 Nyakanga 2022 zibutse zisubukura ibikorwa byazo byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Ikinyamakuru Chimpreports kitaratangaza amakuru arambuye kuri ibi bikorwa, gisobanura ko ibitero bya UPDF byo muri iki gitondo byakozwe hifashishijwe indege n’imbunda nini zirasa kure. […]
Reason why Rwanda will not celebrate diamond independence jubilee
Friday, July 01, 2022 marks 60 years since Rwanda got independence, which would be a diamond jubilee. However, despite this being a public holiday, not much is expected. Basically, the day will be recognized but not celebrated. The reasons, according to different people who spoke to The New Times, is mainly because Rwanda’s independence was […]
Tshisekedi yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zinjizwa mu nzego z’umutekano
Perezida Félix Tshisekedi uyobora Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yavuze ko bitazongera kubaho ko inyeshyamba zongera kwinjizwa mu nzego z’igihugu zishinzwe umutekano. Ni bumwe mu butumwa bukubiye mu ijambo rye ryo kuri uyu wa 30 Kamena 2022, ryerekeye ubwigenge Abanyekongo bizihizaga ku nshuro ya 62. Ingingo y’umutekano muke umaze imyaka myinshi mu burasirazuba bw’igihugu […]
Tshisekedi yatangaje ko azakora ibishoboka ‘u Rwanda’ rukava ku butaka bwabo
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix-Antoine Tshisekedi, yatangaje ko azakora ibishoboka u Rwanda ashinja ubushotoranyi rukava ku butaka bwabo. Ni ubutumwa bukubiye mu ijambo yagejeje ku Banyekongo kuri uyu wa 30 Kamena 2022, ubwo bizihizaga umunsi mukuru w’ubwigenge ku nshuro ya 62. Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko muri iki gihe bishimira ubwigenge, […]
OMS ivuga ko abandura Covid-19 ku Isi bongeye kwiyongera
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS/WHO riravuga ko imibare y’abandura Covid-19 yiyongereye ku kigero cya 18% mu cyumweru gishize. OMS ivuga ko abantu barenga imiriyoni 4.1 aribo bashya banduye ku Isi yose gusa ikavuga ko abahitanwa n’iki cyorezo batoyongereye cyane. Kuri ubu barabarirwa mu bihumbi umunani na 500 bakiyongera cyane mu burasurazuba bwo hagati, […]