Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije urubanza ruregwamo umusore w’imyaka 22 y’amavuko wasambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 16 amutera inda.
Uregwa utuye mu murenge wa Mayange, akagari ka Kagenge, umudugudu wa Biryogo, mu bihe bitandukanye yasambanye uyu mwana w’imyaka 16 bigera n’ubwo amutera inda ubu akaba atwite. Mu rubanza, uregwa yemera icyaha ndetse akagisabira imbabazi.
Nyuma yo kumva icyo Ubushinjacyahabo bubivugaho ndetse n’imyiregurire y’uregwa, urukiko rwapfundikiye iburanisha, ruvuga ko urubanza ruzasomwa ku itariki ya 20 Mata 2025
Icyaha cyo gusambanya umwana uregwa akurikiranyweho giteganywa n’ingingo ya 14 y’itegeko nº 058/2023 ryo ku wa 04/12/2023 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije urubanza ruregwamo umusore w’imyaka 22 y’amavuko wasambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 16 amutera inda.
Uregwa utuye mu murenge wa Mayange, akagari ka Kagenge, umudugudu wa Biryogo, mu bihe bitandukanye yasambanye uyu mwana w’imyaka 16 bigera n’ubwo amutera inda ubu akaba atwite. Mu rubanza, uregwa yemera icyaha ndetse akagisabira imbabazi.
Nyuma yo kumva icyo Ubushinjacyahabo bubivugaho ndetse n’imyiregurire y’uregwa, urukiko rwapfundikiye iburanisha, ruvuga ko urubanza ruzasomwa ku itariki ya 20 Mata 2025
Icyaha cyo gusambanya umwana uregwa akurikiranyweho giteganywa n’ingingo ya 14 y’itegeko nº 058/2023 ryo ku wa 04/12/2023 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


