Mu gihugu cya Tanzaniya hagaragaye abantu babiri ba mbere banduye indwara y’ubushita bw’inkende, ku nshuro ya mbere virusi igaragaye mu gihugu nkuko byemejwe na Minisiteri y’ubuzima.
Bivugwa ko abo bantu bagaragaje ibimenyetso, bashyizwe mu kato kandi bapimwe barimo umushoferi w’ikamyo wari uvuye mu gihugu gituranye na Tanzania, kitatangajwe, ajya i Dar es Salaam nkuko iyi nkuru dukesha AFP ivuga.
Ikigo gishinzwe Ubuzima cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, muri raporo yacyo yo mu cyumweru gishize, cyemeje ko abantu 6.034 barwaye indwara y’ubushita bw’inkende kuva mu kwezi kwa mbere, mu bihugu 22, igahitana abagera kuri 25.
Virusi y’ubushita bw’inkende ishobora kwanduza abantu binyuze mu kwegerana bya hafi. Iyi ndwara ishobora kwica idafatiranwe,itera umuriro, kubabara imitsi kandi ikarangwa n’ibiheri biza ku ruhu byuzuye amazi.


