Perezida Kagame yakoze impinduka mu gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yakoze impinduka mu gisirikare, azamura bamwe mu ntera ari nako atanga inshingano ku basirikare umunani bari bafite amapeti atandukanye.

Itangazo ririmo amakuru yizewe Bwiza.com yabonye rivuga ko abasirikare umunani ari bo barebwa n’iki cyemezo gusa. Muri bo harimo Capt. Danny Gatsinzi wagizwe Liyetona Koloneli (Lt.Col.) asimbutswa ipeti rya Majoro (Maj.).

Uko bamwe bazamuwe mu ntera n’imyanya y’akazi bahawe:

1. Col. Tinka Faustin ari we wagizwe Umuyobozi Wungirije wa Diviziyo ya Mekanike muri RDF.

2. Col. Joseph Karegire yagizwe Umuyobozi wa Burigade ya 211

3. Lt. Col. Geofrey Gasana yazamuwe mu ntera aba Koloneri (Col.) agirwa Umuyobozi Wungrije mu Ngabo Ziwanira mu Kirere.

4. Lt. Col. Kitoko Kadida yazamuwe mu ntera agirwa Koloneri (Col.) agirwa Umuyobozi Wungirije w’Ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu (Republican Guard) abazwi nk’Abajepe.

5. Lt. Col. Louis Kanobayire yazamuwe mu ntera agirwa Koloneri (Col.) agirwa J3.

6. Lt. Col. Richard Ndamage yagizwe ushinzwe ibikorwa muri Diviziyo ya mbere.

7. Lt.Col. Ingace Tuyisenge yagizwe Umuyobozi Wungirije muri Military Police

8. Capt. Danny Gatsinzi yazamuwe mu ntera aba Liyetona Koloneri (Lt. Col.) anahabwa umwanya w’Ushinzwe ibikorwa mu Ngabo z’u Rwanda zirwanira mu Kirere.

Iri tangazo rivuga ko ibiri kubiyemo bihita bishyirwa mu bikorwa nta gutinda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *