Umunya-Cameroon Samuel Eto’o Fils wakanyujijeho muri ruhago n’Umunya-Madagascar Ahmad Ahmad uyobora impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru hano ku mugabane wa Afurika, bari i Kigali hano mu Rwanda.
Amakuru avuga ko icyazanye aba bagabo bombi i Kigali ari ukubonana na Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’abandi bayobozi batandukanye, mu rwego rwo kuganira na bo ku bijyanye n’uko u Rwanda rwahabwa kwakira umukino wa nyuma wa CAF Champions league y’uyu mwaka.
Mu busanzwe byari bimenyerewe ko amakipe abiri yahuriye ku mukino wa nyuma yisobanura mu mukino ubanza n’uwo kwishyura ngo hamenyekane itwara igikombe, ariko ibi CAF yabikuyeho nyuma y’imvururu zabereye ku mukino wa nyuma wa Champions league wo kwishyura, ubwo Esperance Sportive de Tunis yari yakiriye Wydad Athletic i Radès muri Tunisia.
Uyu mukino watangiye hafi ku munota wa 60 ubwo abakinnyi ba Wydad Casablanca bigumuraga bakava mu kibuga, nyuma wo kwangirwa igitego.
Hanzuwe ko Esperance de Tunis ihabwa igikombe, ariko hafatwa ingamba z’uko umukino wa nyuma wajya ukinwa rimwe ariko ntubere mu gihugu amakipe agomba kuwukina akomokamo.
Perezida Ahmad Ahmad yagarutse mu Rwanda nyuma y’uko ubwo yahaherukaga muri 2018 Perezida Kagame yamwijeje ubufasha buzazana impinduka n’amavugurura mu mupira w’amaguru wa Afurika, zikazamura kandi umupira w’abakiri bato n’uwa’abari n’abategarugori.
Magingo aya CAF Champions league igeze muri 1/4 cy’irangiza, aho amakipe umunani agomba kwishakamo isimbura Esperance de Tunis ifite igikombe giheruka.
Aya makipe arimo Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo, Al Ahly yo mu Misiri, TP Mazembe yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Raja Casablanca yo muri Maroc, Zamalek yo mu Misiri, Esperance de Tunis yo muri Tunisia, Wydad Athletic Casablanca yo muri Maroc na Étoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia.


