Abayobozi mu gihugu cya Kenya bemeje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Werurwe muri kiriya gihugu hagaragaye umurwayi wa mbere wanduye Virusi ya Corona.
Ni amakuru yemejwe n’umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubuzima, Kagwe Mutahi. Ati” ni umugore ufite ubwenegihugu bwa Kenya, yari avuye muri Amerika agarutse i Nairobi. Byemejwe ko yanduye na laboratwari y’igihugu ipima indwara z’ubuhumekero ariko ameze neza.”
Nk’uko itangazamakuru ryo muri Kenya ryabitangaje, Kagwe yavuze ko uwagaragayeho Coronavirus ari umugore wari uvuye muri leta zunze ubumwe za Amerika aje i Nairobi ariko yabanje guca i Londres mu Bwongereza.
Amakuru avuga ko uriya mugore ari Umunya-Kenya, akaba yaraherukaga kugaragara muri kiriya gihugu ku wa 05 Werurwe.
Minisitiri Mutahi yavuze ko yatangiye kumererwa neza, aboneraho gusaba Abanya-Kenya kuba maso aho gukuka imitima.
Kuba Virusi ya Corona yagaragaye muri Kenya, bishimangira ko ibihugu bituranye na yo bifite ibyago byo kuyandura, bijyanye n’urujya n’uruza rw’abaturage b’ibyo bihugu.
Kenya ibaye igihugu cya kabiri kiri hafi y’u Rwanda kigaragayemo icyorezo cya Virusi ya Corona, nyuma ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yagaragayemo babiri bacyanduye.



4 Responses
Umurwayi wa Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu gihugu cya EAC
ndashaka umukunzi wimibiri
yombi.
Umurwayi wa Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu gihugu cya EAC
ndashaka umukunzi wimibiri
yombi.
Umurwayi wa Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu gihugu cya EAC
Biradusaba kuba maso cyane kubinjira mu gihugu hagakurikizwa amabwiriza ya Leta yo kubapima.
Icyo dusabwa Ni ukuba maso, SI ugukuka umutima
Umurwayi wa Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu gihugu cya EAC
Biradusaba kuba maso cyane kubinjira mu gihugu hagakurikizwa amabwiriza ya Leta yo kubapima.
Icyo dusabwa Ni ukuba maso, SI ugukuka umutima