Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua

Sangiza iyi nkuru

Pasiteri washinze itorero ryitwa The Synagogue Church of All Nations (SCOAN), Temitope Balogun Joshua uzwi nka TB Joshua avuga ko indwara ya Coronavirus izarangira ku Isi kuwa 27 Werurwe ku Isi yose.

Uyu mupasiteri w’Umunya-Nigeria avuga ko n’ubusanzwe yari yaravuze ko umwaka wa 2020 ari “Umwaka uteye ubwoba cyane.”

Mu mpera za 2019 yavuze ko uyu mwaka uzabamo imfu z’abategetsi nyinshi kandi abandi bazaba barwaye ari indembe igihe uzaba ugiye kurangira.

Mu mashusho agaragara ku rubuga rwa Youtube Emmanuel TV yashyizweho kuwa 2 Werurwe, TB Joshua avuga ko ubusanzwe Coronavirus yarangiye, ko ibyo abantu babona ari udusigazwa twa nyuma.

Uyu mugabo w’imyaka 56 ati “ (…) Nababwiye ko uyu mwaka uteye ubwoba ubwo twawutangiraga. Nababwiye ko ibyo bizakomeza kugeza kuwa 27 Werurwe. Mu mpera z’uku kwezi, twabyemera, twabyanga n’iyo haba harakozwe imiti, Cornavirus izagenda nk’uko yaje.”

Uyu mubwirizabutumwa avuga ko umuti kuri Coronavirus ntacyo wakora kuko atari wo nyirabayazana. Ati “ Niba umuti atari wo wazanye Coronavirus, bivuze ko utanayikiza.”

TB Joshua akunze guhanura ibintu biteye ubwoba rimwe na rimwe bikaba.

TB Joshua ni muntu ki?

Temitope Balogun Joshua yavutse ku wa 12 Kamena 1963. Yavukiye muri Nigeria muri Leta ya Ondo. Uyu mugabo washatse no kujya mu gisirikare bikanga, azwiho imbaraga zo guhanura ibintu ngo bikaba ndetse no gukiza indwara akoresheje amazi yiswe ’Anointing water’.

Aya ngo yakijije umukobwa wariraga amaraso ndetse n’umugabo wari ufite imyitwarire nk’iy’imbwa. Uretse guhanurira abasengera mu itorero rye, bivugwa ko yagiye ahanura ibintu byinshi bikaba.

Bimwe mu byo yahanuye bikaba

Ibi birimo urupfu rw’umuririmbyi Michael Jackson, uwari kwegukana igikombe cya Afurika hagati ya Nigeria na Zambia, urupfu rwa Perezida wa Malawi, Bingu wa Mutharika mu 2012, impanuka y’indege ya Malaysia Airways, ibitero by’iterabwoba byabaye mu bihe bitandukanye, amatora yo muri Amerika n’ibindi.

Hari abamunenga

Abamunenga bavuga ko T.B Joshua hari agihe avuga ibintu bikaza ari uruvange, ntibigende neza nk’uko yari yabivuze. Ni umwe mu bantu bivugwa ko bafite ubukire ndetse n’ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga benshi ku Isi.

Bamwe mu bategetsi bo muri Afurika barimo Perezida wa Cameroon, Paul Biya wamwikomye amubuza kugera mu gihugu cye.

Ntiyoroherwa kandi n’abandi bavugabutumwa bo muri Nigeria nka Chris Okotie uvuga ko T.B Joshua ari “umuhungu wa Sekibi”

Abandi nka Enoch Adeboye, David Oyedepo, Ayo Oritsejafor, Paul Adefarasin bamufata nk’uwishushanya.

Soma Izindi Nkuru

10 Responses

  1. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    Uyu ni umuvugishwa w’ikinyoma kuko ata muntu n’umwe yemera Yesu yovugishwa n’Imana y’ukuri kubera Yesu atari intumwa ya Mana. Muzovyemera mubonye ibi yavuze bitabaye.

  2. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    Uyu ni umuvugishwa w’ikinyoma kuko ata muntu n’umwe yemera Yesu yovugishwa n’Imana y’ukuri kubera Yesu atari intumwa ya Mana. Muzovyemera mubonye ibi yavuze bitabaye.

  3. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    Areke ubujuju avuze kubera ameze kuva ko bamaze kubuga ko bamazekuronga umuti

  4. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    Areke ubujuju avuze kubera ameze kuva ko bamaze kubuga ko bamazekuronga umuti

  5. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    Imana idusaba guhunga aba biyita “abakozi b’Imana” nyamara mu byukuri baba bishakira amafaranga.Uyu mwese murabona ko abeshya.Mu gihe Coronavirus irimo kwiyongera,we arabeshya ko igiye gushira mu kwezi kwa 3.Ni amaco y’inda nta kindi.

  6. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    Imana idusaba guhunga aba biyita “abakozi b’Imana” nyamara mu byukuri baba bishakira amafaranga.Uyu mwese murabona ko abeshya.Mu gihe Coronavirus irimo kwiyongera,we arabeshya ko igiye gushira mu kwezi kwa 3.Ni amaco y’inda nta kindi.

  7. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    mugemureka guca imanza mureke gutegereze turebe

  8. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    mugemureka guca imanza mureke gutegereze turebe

  9. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    Arabeshya n imanayamutumye? imananiyoizadutabar.

  10. Coronavirus izarangirana n’ukwezi kwa gatatu- TB Joshua
    Arabeshya n imanayamutumye? imananiyoizadutabar.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *