Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu MINALOC, yatangajwe ko nta kabari ko mu mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi kemerewe kurenza saa tatu z’ijoro kagikora, mu gihe utwo mucyaro two tutagomba kurenza saa moya z’umugoroba.
Ibi biri mu mabwiriza mashya iyi Minisiteri yasohoye, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona.
MINALOC kandi ivuga ko “Bibujijwe kwimurira ibikorwa by’amasengesho ahatarabugenewe aho ari ho hose, nko mu byumba by’amasengesho, guteranira mu ngo no mu buvumo.
Ku bijyanye n’umuco wo kwimakaza isuku by’umwihariko gukaraba intoki, MINALOC yongeye kwibutsa Abanyarwanda ko uwo muco ari ingenzi, yaba mu masoko, za gare, amahoteli, amaresitora, utubari n’ahandi.
Abantu kandi barashishikarizwa kubahiriza izindi ngamba zashyizweho mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo, harimo kwirinda kwegerana basiga intera byibura ya metero imwe, mu gihe bari mu masoko, mu ngo, za gare, amahoteli, za resitora, utubari n’ahandi hagurira abantu benshi.
Umuco wo kwiyambaza inzego z’ubuvuzi ku bagaragaje ibimenyetso bya Coronavirus na wo ni ingenzi.
Icyorezo cya Virusi ya Corona gikomeje guhangayikisha isi, cyagaragaye bwa mbere mu ntara ya Wuhan na Hubei zo mu Bushinwa, muri Mutarama uyu mwaka.
Ibimenyetso bya Coronavirus n’uko yandura
Uwanduye Corona virus agaragaza ibimenyetso bitandukanye birimo kugira umuriro, inkorora no gufungana mu myanya y’ubuhumekero.
Ibi bimenyetso bishobora kugaragara byibura hagati y’iminsi ibiri n’ibyumweru bibiri nyuma y’uko yanduye, ariko hari bamwe batinda kugaragaza ibi bimenyetso.
Uwafashwe n’iyi ndwara ashobora gukira mu gihe yitaweho yakuwe mu bandi
Kimwe na virus itera ibicurane bisanzwe, iva ku muntu uyirwaye mu matembabuzi yose ava mu gukorora, kwitsamura, kwikora mu maso, ku munwa no ku mazuru ikajya ku muntu utarayanduye muri ubwo buryo.
Yandurira kandi mu kwegerana cyane (nibura muri metero 1) n’uyifite cyangwa gukora ku bikoresho byakoreshejwe n’uyifite.
Iyi virusi irihuta cyane mu kwandura no kwiyongera ariko ingufu zayo mu kuzahaza umubiri kugeza ku rupfu rw’umuntu ziri hasi. Ku bantu bayandura ishobora kwica hagati ya 2% na 3% gusa byabo.
Abanduye Coronavirus n’abo imaze guhitana
Imibare igaragaza ko Virusi ya Corona imaze kwandurwa n’abarenga gato 259,000 bo mu bihugu 183, mu gihe abamaze gupfa ari 10,545.
Abamaze gukira iki cyorezo ni 89,922.


