Zimbabwe: Umunyamakuru wari ukunzwe yabaye umuntu wa mbere wishwe na Coronavirus

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru Zororo Makamba wari ukunzwe muri Zimbabwe, yabaye umuntu wa mbere wishwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona muri kiriya gihugu.

ZBC News yahamirijwe amakuru y’urupfu rw’uriya munyamakuru na Obediah Moyo, Minisitiri muri Zimbabwe ushinzwe ubuzima no kwita ku bana.

Makamba w’imyaka 30 y’amavuko, yabaye umuntu wa kabiri muri Zimbabwe wanduye icyorezo cya Virusi ya Corona.

Urupfu rwe rwanemejwe na Mutumwa Mawere, umucuruzi ukomeye w’Umunya-Zimbabwe. Abinyujije kuri Twitter yagize ati ” Zororo Makamba, umuhungu wa James Makamba yitabye Imana. Namenye iby’iki gihombo gikomeye cyatewe na Virusi. Umunyembaraga wari ufite akazoza yakomeye yaguye. Corona iriho by’ukuri. Tube turuhutse dusubize amaso inyuma. Ubuzima ni ikintu cy’agaciro kanini.”

Amakuru avuga ko ku wa wa Gatandatu ku wa 21 Werurwe ari bwo Makamba yasanzwemo Coronavirus, nyuma y’uko ku wa 09 Werurwe yari yavuye i New York.

Mu bandi bamwunamiye harimo Jonathan Moyo, umunyapolitiki wo muri Zimbabwe. Uyu yagize ati ” Amagambo yonyine ntashobora gufata no kwerekana ububabare bukabije bwatewe n’aya makuba adasanzwe. Twihanganishije tubikuye ku mutima umuryango wa Makamba! Ruhukira mu mahoro Zororo Makamba.”

Zororo yari azwi cyane muri Zimbabwe, kuko usibye kuba yari umunyamakuru, ari n’umuhungu wa James Makamba uri mu bacuruzi bakomeye muri Zimbabwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *