Massimo Moratti wahoze ayobora ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani, yatangaje ko inzozi z’iyi kipe zo gusinyisha Lionel Messi zigishoboka, anahishura ko izabigerageza mu gihe yaba ananiranwe na FC Barcelona ku ngingo yo kongera amasezerano.
Ubwo Moratti yari akiyobora iriya kipe yo mu mujyi wa Milan, yagerageje kujyana Messi i San Siro gusa ntiyabigeraho.
Avuga ko ikizere cyo kuzibikaho uyu munya-Argentine kigihari, cyane ko na Messi yigeze gutangaza ko Inter de Milan ari imwe mu makipe meza kuri iy’isi.
Mu kiganiro Moratti yagiranye na Radio Rai yo mu Butaliyani, yavuze ko muri uyu mwaka wa 2020 hashobora kuzaba ikintu kidasanzwe, gishobora kuzatuma Messi yisanga i San Siro.
Bwana Moratti yagize ati” Gusinyisha Messi ntabwo mbona ko ari inzozi zibujijwe na gato. Birashoboka ko bitanari byo na mbere y’aya makuba (Coronavirus). Messi ari kurangiza amasezerano ye, kandi rwose byaha imbaraga zidasanzwe iyi kipe imuzanye hano. Sinzi niba (kurangira kw’amasezerano ye) hari icyo bizahindura, ariko ndatekereza ko umwaka nurangira tuzabona ibintu bidasanzwe.”
Moratti w’imyaka 74 yanavuze kuri Lautaro Martinez wifuzwa na FC Barcelona, avuga ko uyu munya-Argentine ashobora gukoreshwa nk’iturufu yatuma babona Messi.
Si ubwa mbere Moratti yifuje gusinyisha Lionel Messi, kuko yanamwifuje muri Inter de Milan nyuma y’uko Juventus yari imaze gusinyisha Cristiano Ronaldo.
Magingo aya Messi utarakinira indi kipe mu buzima bwe, afitanye na FC Barcelona amasezerano azarangira muri 2021, gusa ubuyobozi bw’iyi kipe y’i Catalunya buri gushaka uko bwayamwongerera.
Mu masezera afite harimo ingingo ivuga ko ashobora kujya aho ashatse uyu mwaka w’imikino wa 2019/20 urangiye, ibishobora gutuma ajya muri Inter cyangwa Manchester City zimwifuza cyane.


