Perezida wa Botswana, Mokgweetsi Masisi n’inteko ishinga amategeko bahisemo kwishyira mu kato nyuma y’aho umwe mu baganga wari wageze mu nteko aje kubasuzuma kuwa Gatatu tariki 8 Mata basanze afite indwara ya Coronavirus.
Umuyobozi wa Serivisi z’Ubuzima muri Botswana, Malaki Tshipayagae yatangarije Daily News dukesha iyi nkuru ko uyu ari umwanzuro wagombaga gufatwa mu rwego rwo kurengera ubuzima. Malakia ati ” Buri wese wari mu nteko ishinga amategeko ashobora kuba yaragizeho aho ahurira n’uriya muganga. Ku bw’ibyo, twahisemo ko buri wese amara iminsi 14 mu kato.” Iyi nama yanatumijwemo umuganga yari yahamagajwe na Perezida Masisi ngo harebwe ko hashyirwaho ibihe bidasanzwe by’amezi atandatu kugira ngo igihugu gihangane na Coronavirus. Kuwa Kane tariki nibwo abadepite batunguwe no kumva ko uwabapimaga Coronavirus na we yari ayirwaye. Kugeza ubu muri Botswana hari abarwayi ba Coronavirus 13, umwe yamaze kumuhitana. Ku Isi yose, abasaga miliyoni n’ibihumbi 500 bamaze kuyandura naho abagera ku bihumbi 94 imaze kubahitana. Ni mu gihe kandi abantu 346,000 nabo bamaze gukira iyi ndwara.


