Polisi mu gihugu cya Nigeria muri Leta ya Delta mu gace kitwa Sepele yarashe umwana muto w’umuhungu mu kibuno ubwo habaga imyigaragambyo yo kwamagana gahunda yo kuguma mu rugo hirindwa Coronavirus. Abagore bo muri Sepele bari biganje mu bigaragambya mu buryo bw’amahoro nyuma y’aho kuwa 13 Mata, Perezida Buhari yongereye igihe cyo kuguma mu rugo iminsi 14. Abagore bo muri ako gace bavuze ko barambiwe, bigabiza imihanda berekana ko batishimiye icyemezo cya Leta yabo. Mu gutatanya abari muri iyo myigaragambyo nk’uko ibinyamakuru byo muri Nigeria bivuga, ni bwo umwana w’umuhungu muto yarashwe mu kibuno. Umwe mu bari muri myigaragambyo witwa Ochuko yavuze ko yakorwaga mu mahoro ariko byazambijwe n’nzego z’umutekano zatangiye kubarasaho, ari nabwo uwo mwana yaraswaga. Uyu mwana utatangajwe amazina yahise ajyanwa kwa muganga gusa byagaragara ko yavuye amaraso menshi. Polisi yo muri Nigeria iravugwaho gukoresha isasu mu kumvikanisha ibyo ikeneye. Umwe mu baturage bo muri Leta ya Anambra aherutse kuvuga ko polisi yarashe ipine y’imodoka ye kuko atayihaye ruswa y’amanayira 1000.


