Kwambara agapfukamunwa mu rugo no hanze byabaye itegeko
Leta y’u Rwanda yashyizeho ibwirizwa rishya rivuga ko Umunyarwanda wese uri mu rugo no hanze ategetswe kwambara agapfukamunwa, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Byatangajwe na Minisitiri w’ubuzima, Dr Daniel Ngamije, mu kiganiro n’ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru RBA. Minisitiri Ngamije yavuze ko abantu bakwiye gukoresha udupfukamunwa nk’ubundi buryo bwo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo, […]
Uganda-Covid-19: Padiri yavuze ko inteko yuzuyemo ibisambo birya iby’abakene
Padiri Gaetano Batanyenda ukuriye Paruwasi Gatulika ya Kitanga iri mu Karere ka Kabale muri Uganda yavuze ko inteko ishinga amategeko y’iki gihugu yuzuyemo ibisambo nyuma y’aho abadepite bemereye miliyari 10 z’amashilingi yo kubafasha muri iki gihe cyo gukumira icyorezo cya Covid-19, mu gihe hari abadafite ibyo kurya bari babukwiriye. Padiri Gaetano avuga ko aba badepite […]
Rwamagana: Umuturage avuga ko umugabo we yihagarika amaraso nyuma yo gukubitwa na mudugudu n’irondo
Umugore witwa Yozefa Musabyemariya utuye mu Mudugudu wa Nkongi mu Kagari ka Kangamba mu Murenge wa Karenge avuga ko umugabo we, Innocent Nsengiyumva yakubiswe n’Umuyobozi w’Umudugudu witwa Alexandre Iyakaremye ubwo yari kumwe n’irondo ry’umwuga mu ijoro ryo kuwa 4 Mata 2020. Uyu mugore w’imyaka 42 yatangarije Bwiza.com, ko umugabo we w’imyaka 53 yakubiswe ubwo yavanwaga […]
Neymar Jr yagaragaye muri filime y’uruhererekane ‘La casa de Papel’
Umunya Brésil, Neymar Jr ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yakabije inzozi ze agaragara muri filime y’uruhererekane ‘Money Heist’ abenshi bazi nka ‘La Casa de Papel’. Uyu musore uri mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bakunzwe, agaragara muri gice cya gatatu cy’iyi filime, aho akina nk’umu-monk yitwa Joao. Neymar cyangwa Joao, agaragara mu gace (episode) ka […]
Rubavu: Umugabo ntagitera akabariro bitewe n’uko Premier League yahagaze
Umugore uvuga ko yitwa Kantengwa Marie akaba atuye i Rubavu, avuga ko umugabo we yahagaritse akababriro kuko ngo Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (Premier League) yahagaze kubera Coronavirus. Uyu mugore avuga ko ari mu kigero cy’imyaka 34 akaba afite abana babiri, ngo umugabo we ufana Manchester United nta kimwikoza kubera umupira w’amaguru. Yanditse agira ati […]
Uko umukobwa yaroze nyina ngo abone uko azajya aryamana na Se
Umukobwa wamenyakanye ku mazina ya Sharon ukomoka muri Nigeria ariko akaba i Londres mu Bwongereza yaroze nyina umubyara ahaka kumwikiza ngo uko azajya aryamana na Se umubyara nta we ubarogoya. Umwe mu batangaje iyi nkuru nk’uko ibinyamakuru nka Naija news ku mbuga nkoranyambaga (izina rye ryagizwe ibanga), yatangaje ko uyu mukobwa yikijije nyina wari kubangamira […]
Umwuzure muri Uvira: Abarenga 24 bapfuye, 45 barakomereka, inzu 3500 zirasenyuka-AMAFOTO

Kuri uyu wa 17 Mata 2020, imvura nyinshi yaguye mu mugi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo yateye umwuzure utwara ubuzima bw’abantu barenga 24, abarenga 45 barakomereka ndetse n’inzu 3500 zirasenyuka. Aya makuru yemejwe na Guverineri w’iyi ntara, Theo Kasi mu masaha arenga 14 ashize, avuga ko iyi mvura yateje ibibazo birimo kuzura kw’umugezi […]
Abba Kyari wari ikegera cya hafi cya Perezida wa Nigeria yishwe na COVID-19
Abba Kyari wari ukuriye abakozi kwa Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria akaba n’umwe mu Bajyanama be ba hafi, yitabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus. Amakuru y’urupfu rwe yemejwe na Perezidansi ya Nigeria, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa gatandatu igira iti” Tubabajwe no kubika urupfu rwa Abba Kyari” wabaye umuzamu wa Perezida w’igihugu gituwe kurusha […]
Abaturage bakiriye bate iyongerwa ry’igihe cya guma mu rugo?
Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yongereye igihe cyo kuguma mu rugo kugeza ku wa 30 Mata 2020. Ibi ni imwe mu ngamba zafashwe na Leta mu gukomeza gukumira no kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Ku ngingo y’uburyo bakiriye uku kongerwa kw’ibihe byo kuguma […]
Rwanda extends lockdown to April 30
The Rwanda government has extended the country’s lockdown to April 30, as the number of confirmed coronavirus cases continue to rise. Following a cabinet meeting held on Friday, the government agreed to extend the lockdown for a second time by 11 days. The lockdown was expected to end on April 19. “Unnecessary movements and visits […]
Covid-19: Amerika ikomeje kwikoma u Bushinwa ibifashijwemo n’abahanga
Abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse n’abashakashatsi bakomeje gushinja u Bushinwa kurema agakoko gashya ka Coronavirus kateye indwara y’icyorezo ya Covid-19 imaze gutwara ubuzima bw’abarenga 150,000 ku Isi. Ni uburyo busa no kwigaranzura kuri iki gihugu nacyo cyigeze kuyishinja kurema iki cyorezo. Perezida w’Amerika, Donald Trump mu mvugo ze zitandukanye yareruye avuga ko […]
Ngenzi na Barahira: Indishyi ku bahohotewe ziracyari kure nk’ukwezi
Imyaka ibaye hafi ibiri, Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, mu Bufaransa, ruhamije burundu Ngenzi Octavien na Barahira Tito kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Nyamara ku bahohotewe b’i Kabarondo, mu Burasirazuba, na n’ubu nta ndishyi! Uretse kuzitekeza no kwizera. Kuri bamwe basanga kubona indishyi biri kure nk’ukwezi. Nta mwana, nta muryango, ahora mu […]
Uganda : Guverinoma irashinjwa guha abaturage batishoboye ibishyimbo by’ibibore
Inteko ishinga amategeko ya Uganda na Guverinoma y’iki gihugu, ntibavuga rumwe ku kibazo cy’ibishyimbo by’ibipfu byahawe abatishoboye nk’imfashanyo yo kubagoboka mu gihe cya guma mu rugo, hirindwa ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. Umudepite mu nteko ya Uganda witwa Winfred Kiiza , aherutse gutangaza ko Leta y’iki gihugu iri guha abaturage ibishyimbo by’ibibore, asaba ko […]
Polisi muri Nigeria yarashe umwana muto mu kibuno
Polisi mu gihugu cya Nigeria muri Leta ya Delta mu gace kitwa Sepele yarashe umwana muto w’umuhungu mu kibuno ubwo habaga imyigaragambyo yo kwamagana gahunda yo kuguma mu rugo hirindwa Coronavirus. Abagore bo muri Sepele bari biganje mu bigaragambya mu buryo bw’amahoro nyuma y’aho kuwa 13 Mata, Perezida Buhari yongereye igihe cyo kuguma mu rugo […]
Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yongereye igihe cya guma mu rugo
Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongereye igihe cyo kuguma mu rugo kugeza ku wa 30 Mata 2020. Iyi nama yabaye mu buryo bw’iyakure ry’amashusho, ikaba yari igamije kwiga ku cyorezo cya COVID-19. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashimiye Abanyarwanda ubufatanye bagaragaje mu kurwanya icyorezo […]