Abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse n’abashakashatsi bakomeje gushinja u Bushinwa kurema agakoko gashya ka Coronavirus kateye indwara y’icyorezo ya Covid-19 imaze gutwara ubuzima bw’abarenga 150,000 ku Isi. Ni uburyo busa no kwigaranzura kuri iki gihugu nacyo cyigeze kuyishinja kurema iki cyorezo.
Perezida w’Amerika, Donald Trump mu mvugo ze zitandukanye yareruye avuga ko muri laboratwari iri mugi wa Wuhan ari ho haremewe aka gakoko. Ni nyuma y’imvugo yihariye asanzwe akoresha ya ‘Virus y’u Bushinwa’ yateje impaka, hakibazwa icyo ashatse kuvuga n’icyo agambiriye.
Uyu Mukuru w’Igihugu yakomeje avuga uruhare rw’iki gihugu mu kugenza make mu guhangana n’iki cyorezo mu minsi ya mbere cyagaragaye.
Umunyambanga Mukuru w’Amerika, Mike Pompeo mu nkuru ya Al Jazeera yo ku wa 16 Mata 2020, na we yashimangiye ko iki cyorezo cyakorewe mu Bushinwa, bityo ngo iki gihugu kigomba kwerura, kikavugisha ukuri.
Pompeo yavuze ko ikigo cy’ubushakashatsi kiri murI Wuhan kivugwaho kurema Coronavirus kiri hafi y’isoko ryo muri uyu mugi ryagaragayemo umurwayi wa mbere wa Covid-19. Ati: “Mu by’ukuri dushaka ko Guverinoma y’u Bushinwa yerura ikavugisha ukuri, isobanure uko iki cyorezo cyakwirakwiye.”
Kuri uyu wa 17 Mata, ubuyobozi bw’Urwego rw’Iperereza muri Amerika rwatangarije Fox News ko rwatangiye gukora iperereza kuri laboratwari yo kuri Wuhan kugira ngo byemezwe neza niba aka gakoko karakoreweyo.
Umuhanga uri mu bavumbuye icyorezo cya SIDA na we yemeza ko u Bushinwa ari bwo bwaremye Coronavirus nshya
Umufaransa Prof. Luc Montagnier, umuhanga mu bumenyi bw’udukoko uri mu itsinda ry’avumbuye icyorezo cya SIDA yemeza ko Coronavirus yakorewe mu mugi wa Wuhan hakorwaga ubushakashatsi hashakishwa urukingo rw’iki cyorezo cyagaragaye mu 1981 (SIDA) ariko bibyara icyo batari biteze.
Kimwe mu bimenyetso bigaragaza ihuriro rya SIDA na Coronavirus, ashingiye ku bushakashatsi yakoze ngo ni uko hari uturemangingo agakoko ka VIH (gatera SIDA) gahuje n’aka Corona (SARS-CoV-2) nk’uko bigaragara mu nkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP).
Prof. Montagnier ahuza ibyavuye mu bushakashatsi n’abandi bahanga barimo abo mu Buhinde gusa bwarapfukiranyijwe, ntibwajya ahagaragara.
Uyu muhanga agaragaza ko abavuze ko iki cyorezo cyaturutse mu nyamaswa bahimbye ikinyoma kigamije kuyobya uburari. Ikimenyimenyi kuri we ngo ni uko laboratwari ya ‘National Biosafety Laboratory’ ashinja iri kosa izobereye mu gukora ubushakashatsi ku muryango wa za Coronavirus kuva mu 2000.
Amerika irahiga uwayihize mbere
Ubwo u Bushinwa bwari bugarijwe bikomeye n’iki cyorezo cya Covid-19, bwashinje Amerika kurema aka gakoko, busaba iki gihugu kwisobanura kigashyira ukuri ahagaragara.
Tariki ya 12 Werurwe 2020, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa, Zhao Lijian yavuze ko ingabo z’Amerika zishobora kuba zarajyanye aka gakoko mu mugi wa Wuhan ubwo habaga imikino mpuzamahanga ya gisirikare mu Kwakira 2019. Yibajije impamvu ingabo z’Amerika ziterura ngo zivuge uko zabigenje.
Muri iki gihe Amerika yari yaratangaje ko ifite abarwayi b’iki cyorezo ariko amwe mu mahanga arimo u Bushinwa atabyemera, Minisitiri Lijian ati: “Ni gute nta murwayi wigeze aboneka muri USA? Ni bangahe banduye? Amazina y’ibitaro byabakiriye ni ayahe? Birashoboka ko ingabo z’Amerika zazanye iki cyorezo muri Wuhan. Mube inyamungamugayo, mushyire imibare ahabona. Amerika igomba kuduha ibisobanuro.”
Ubushize ni u Bushinwa, uyu munsi ni Amerika
Muri Mutarama na Gashyantare 2020, u Bushinwa bwagaraje ubwiyongere bukabije bw’abandura iki cyorezo, ndetse n’abapfa bari benshi. Muri icyo gihe ibitekerezo byabaye byinshi, hazamo kwibaza niba uwo bahanganye cyane mu bijyanye n’ubukungu ataba yarabigizemo uruhare ku buryo byageze aho batizera imibare itangwa n’Amerika.
Imibare y’abanduye iki cyorezo mu Bushinwa yagarukiye mu 81,000, imfu nazo ziba nk’izihagaze, umwuka wongera kuba mwiza hagati y’iki gihugu n’amahanga ari Amerika.
Kuva mu mpera za Werurwe 2020, Amerika yagaragayemo ubwiyongere bukabije bw’abandura Covid-19 ndetse n’abapfa ku buryo ubu iri ku isonga. Imibare ya World Ometers yo kuri uyu wa 17 Mata, igaragaza ko iki gihugu kimaze kugaragaramo abanduye barenga 709,700 ndetse n’abapfuye barenga 154,100. Muri iki gihe, Amerika nayo ishinja u Bushinwa kurema aka gakoko.
Abayobozi bakuru muri ibi bihugu bagiye biregura bavuga ko ibyo bashinjwa bidafite ibimenyetso bishingiraho, bikaba byahabwa agaciro ariko ntibyakwizerwa mu buryo bwuzuye kuko muri politiki, buri ruhande rugerageza kwirwanaho mu kuri cyangwa mu binyoma.
Ese ni nde munyakuri hagati y’u Bushinwa n’Amerika? Yaba ari amatakirangoyi se ? Ibi bibazo byombi bikwiriye kwibazwa kugira ngo habeho gusubiza amaso inyuma ndetse no gutekereza kure n’ubwo bitabonerwa ibisubizo mu gihe hataraboneka ibimenyetso biturutse kuri buri ruhande.



2 Responses
Covid-19: Amerika ikomeje kwikoma u Bushinwa ibifashijwemo n’abahanga
Ibirakomeye
Covid-19: Amerika ikomeje kwikoma u Bushinwa ibifashijwemo n’abahanga
Ibirakomeye