RDC: Perezida Tshisekedi yirukanye Gen. Kampete wari ukuriye abamurinda

Sangiza iyi nkuru

Perezida FĂ©lix AntoineTshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yaraye agize General Major Christian Songe Tshiwewe umuyobozi mukuru w’abajepe bashinzwe kumurinda (Chief escort).

Byemejwe ko Tshiwewe yahawe kuyobora uriya mutwe, mu itangazo ryasohowe na Perezidansi ya Congo Kinshasa mu ijoro ryakeye. Yasimbuye General Ilunga Kampete wari waragizwe umuyobozi w’uyu mutwe muri 2014, mu gihe cya Perezida Joseph Kabila Kabange wahoze ayobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mbere yo gusimburwa na Tshisekedi.

Mu Ukwakira umwaka ushize byari byavuzwe ko uyu mugabo yari yirukanwe ashinjwa kugira uruhare mu ihanurwa ry’indege Antonov 72 yari itwaye ibikoresho bya Perezida Tshisekedi, gusa biza kugaragara ko atari inkuru y’impamo.

Kampete uyu yari amaze igihe ari mu bihano yafatiwe n’imuryango w’ubumwe bw’Uburayi, ashinjwa kugira uruhare mu bikorwa bihonyoza uburenganzira bwa muntu.

Perezida Tshisekedi kandi yinjije Ephraime Kabi Kiriza, mu buyobozi bukuru bw’ingabo za Congo, amugira umugaba w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu. Ni nyuma yo kumuzamura mu ntera amuvana ku ipeti rya Colonel akamugira Gen. de Brigade.

Gen. de Brigade JerĂ´me Chico Tshitambwe we yagizwe umugaba wungirije ushinzwe ibikorwa byihariye n’ubutasi mu mutwe w’abarinda Tshisekedi.

Perezida FĂ©lix Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo zimurinda mu gihe hamaze iminsi havugwa ibibazo mu biro bye. Ni ibyatumye Vital Kamerhe wari umuyobozi wabyo akaba n’umujyanama wa Tshisekedi atabwa muri yombi azira kunyereza amafaranga ya gahunda yihutirwa y’umukuru w’igihugu, ubu akaba afungiye muri gereza nkuru ya Makala i Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. RDC: Perezida Tshisekedi yirukanye Gen. Kampete wari ukuriye abamurinda
    yakoze neza cyane. ndabona yashizemo aba kasaye bo mu bwoko bwe nibyiza kurindwa n abene wanyu

  2. RDC: Perezida Tshisekedi yirukanye Gen. Kampete wari ukuriye abamurinda
    yakoze neza cyane. ndabona yashizemo aba kasaye bo mu bwoko bwe nibyiza kurindwa n abene wanyu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *