Minisports yamaganye icyemezo cyafashwe n’amakipe arimo Rayon Sports

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yamaganye icyemezo giheruka gufatwa n’amakipe arimo Rayon Sports, yibutsa amakipe yo mu Rwanda ko nta yemerewe guhagarika imishahara y’abakinnyi bayo yitwaje icyorezo cya COVID-19.

Ni nyuma y’uko amakipe arimo Musanze FC, Espoir, Bugesera FC na Rayon Sports yamaze guhagarika by’agateganyo amasezerano y’abakinnyi bayo, yitwaje ingaruka z’ubukungu zatewe n’icyorezo cya Coronavirus ndetse no kuba abakinnyi nta kazi bari kuyakorera muri iyi minsi.

Amakuru avuga ko hari n’andi makipe arindwi yafashe icyo cyemezo, atarimo Gasogi United, Marines FC, AS Kigali, Police FC na APR FC.

“Kudahagarika amasezerano y’abakozi bakora mu mashyirahamwe (y’imikino agengwa na Minisports) hitwajwe Covid-19″, ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje Minisiteri ya Siporo n’abayobozi b’amashyirahamwe y’imikino itandukanye mu Rwanda, ku wa 06 Mata 2020.

Iyi Minisiteri ivuga ko kudahagarika ayo masezerano biri mu kurengera inyungu z’abatunzwe na Siporo, iboneraho gusaba amakipe ko nta yemerewe guhagarika amasezerano y’abakinnyi, abatoza n’abandi bakozi bayo.

Ku bijyanye n’impungenge z’ubukene amakipe yari yashingiyeho mu guhagarika imishahara y’abakinnyi, Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju uyiyobora, yasabye amashyirahamwe y’imikino kwita ku banyamuryango bayo.

Minisitiri Munyangaju yagize ati”Tuributsa ko ari inshingano za Federasiyo ku kwita ku mibereho y’abanyamuryango bayo.”

Magingo aya imikino mu Rwanda imaze igihe yarahagaze kubera kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Minisiteri ivuga ko mu gihe hataraboneka amabwiriza yo gusubukura imikino, Komite Olempike ikwiye kureba uburyo imikino yazasubukurwamo.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Minisports yamaganye icyemezo cyafashwe n’amakipe arimo Rayon Sports
    Uzampamagare kuri 0784185202 dupange

  2. Minisports yamaganye icyemezo cyafashwe n’amakipe arimo Rayon Sports
    Uzampamagare kuri 0784185202 dupange

  3. Minisports yamaganye icyemezo cyafashwe n’amakipe arimo Rayon Sports
    Mwaramutse! Ese amashuri yigenga yo azavugirwa n,uruhe rwego Dore ko nabo bamaze guhagarikwa mu gihe cy,amezi atatu .inzara iraza kubica
    Mineduc nitabare !

  4. Minisports yamaganye icyemezo cyafashwe n’amakipe arimo Rayon Sports
    Mwaramutse! Ese amashuri yigenga yo azavugirwa n,uruhe rwego Dore ko nabo bamaze guhagarikwa mu gihe cy,amezi atatu .inzara iraza kubica
    Mineduc nitabare !

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *