Ubudage: Abakinnyi basabwe kudaterana akabariro n’abagore babo

Sangiza iyi nkuru

Abakinnyi bakina muri shampiyona zitandukanye mu gihugu cy’Ubudage, basabwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu (DFB) kudatera akabariro cyangwa ngo basome abagore babo, mu gihe bagaragaje (abagore) ibimenyetso bya Covid-19.

Iri ni rimwe mu mabwiriza yashyizweho na DFB, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 mu gihe shampiyona zizaba zasubukuwe. Mu busanzwe shampiyona y’Abadage yagombaga gusubukurwa ku wa 09 Gicurasi, gusa Sunday Maily yatangaje ko DFB iri gukora ibishoboka byose ngo imikino isubukurwe vuba bishoboka.

Uretse kuba abakinnyi babujijwe gutera akabariro no gusoma abagore babo, mu gihe cy’umukino abakinnyi b’ikipe iri mu rugo bagiriwe inama yo kuza ku kibuga bari mu mudoka zabo, ab’ikipe yasuye bakaza muri bisi zirenze imwe.

Mu gihe amakipe yananiwe kubahiriza iri bwiriza, abakinnyi barasabwa kwambara udupfukamunwa nk’ubundi buryo bwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

Amabwiriza avuga kandi ko abakinnyi 11 babanza mu kibuga batagomba gusangira n’abasimbura, ndetse mu gihe cyo kwishyushya bakaba bagomba gukora ukubiri. Mu rwambariro na ho basabwe kwitegurira mu byumba bitandukanye.

Ku kibuga abapolisi ntibagomba kurenga bane, abana batoragura imipira bane, abanyamakuru 10, abashinzwe umutekano 50 ndetse n’abashinzwe gutunganya ikibuga umunani.

Mu gusohoka mu rwambariro amakipe agomba gusohokera mu miryango itandukanye, kandi hagati y’umukinnyi n’undi hagasigaramo intera ya metero ebyiri. Iyo ntera igomba no kubahirizwa ku bakinnyi bicaye ku ntebe y’abasimbura.

Mu gihe cy’imyitozo isanzwe, amabwiriza avuga ko abakinnyi bose bakwiye kubanza bapimwa, imyitozo igatangira ari uko ibisubizo byabo byagaragajwe.

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Budage irabura imikino icyenda ngo isozwe, aho nyuma y’umunsi wa 25 Bayern München iyiyoboye n’amanota 55, ikaba irusha mukeba wayo Borussia Dortmund iyikurikiye amanota ane.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *