Abanyepolitiki bashyize igitutu kuri CENI ngo itangaze ibyavuye mu matora by’ukuri

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu banyapolitiki bahagarariye amashyaka mu Burundi batangiye gushyira igitutu kuri komisiyo yigenga ishinzwe amatora ngo itangaze ibyavuye mu matora bya nyabyo ngo ‘kuko ibyo iherutse gutangaza ari ibinyoma’.

Ibi babivuze ubwo babonaga komisiyo y’amatora, CENI yavanye ku rubuga rwayo ibyo yari yatangaje by’agateganyo bakaba bavuga ko n’ubundi aya majwi yari amacurano nk’uko bisobanurwa n’Umuvugizi w’ishyaka CNL rya Agathon Rwasa, Bwana Therence Manirambona.

Manirambona yabwiye ikinyamakuru Iwacu ko yibaza aho imibare y’agateganyo itangazwa na CENI yavuye mu gihe indorerezi z’ishyaka avugira zo zigaragaza ko ari ryo ryari riri imbere, akibaza niba kuba CENI yakuye aya majwi ku rubuga rwayo yaba igiye gushaka abandi bantu bo kuyabarira bundi bushya.

Kuba harabaye amanyanga mu kubarura amajwi, Manirambona abihuriraho n’Umunyamabanga w’ishyaka APDR, Banzawitonde Gabriel. Banzawitonde avuga ko CENI yakoze igikorwa cyiza kuba yarakuye aya majwi ku rubuga (website) rwayo kuko yarimo amanyanga.

Ati: “Birashoboka ko harimo amanyanga wenda adafite aho ahuriye na komisiyo y’amatora. CENI igomba gukusanya amajwi neza ubundi igatangaza amajwi ya nyayo vuba bishoboka.”

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa 28 Gicurasi 2020, Umunyamabanga mukuru wa CENI, Kazihise Pierre Claver yemeje ko komisiyo abereye umuyobozi yakuye ku rubuga rwayo amajwi y’agateganyo y’amatora yabaye ku itariki 20 Gicurasi, avuga ko bitagombaga gushirwa ku mbuga nkoranyambaga zayo kuko byari bitaragenzurwa neza n’inama ya CENI. Yatangaje ko bagiye kuyagenzura neza bakabona kuyashyiraho no kuyatangaza ku buryo budasubirwaho.

Amatora mu Burundi yabaye tariki 20 z’uku kwezi, aho ibyatangajwe by’agateganyo bivuga ko ishyaka CNDD-FDD ari ryo ryatsinze mu byiciro byose byabayemo amatora. Ni ukuvuga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, abagize inteko ishinga amategeko n’abayobozi b’amakomini.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *