img-20200601-wa0051.jpg

Nyaruguru: Igiceri cy’ijana bagiye bizigama cyabaviriyemo uruganda na miliyoni 120 rwf

Sangiza iyi nkuru

Abagore 235 bagize Koperative “Nyampinga” ihinga ikanatunganya umusaruro wa kawa, bo mu murenge wa Rusenge, mu karere ka Nyaruguru, bishyize hamwe mu 2005 batangira bizigama igiceri cya 100 Frw buri cyumweru. None ubu bafite uruganda n’amafaranga asaga miliyoni ijana na makumyabiri (120,000,000 Frw) kuri konti.

Mukangango Esther, Umuyobozi wa Koperative “Nyampinga”, avuga ko batangiye mu 2005 ari abagore bakennye cyane. Nyuma yo kwitabira inama ku iterambere ry’umugore yari iyobowe n’uhagarariye CNF (Inama y’Igihugu y’Abagore), bishyize hamwe batangiza itsinda.

Mukangango yagize ati “Bukeye bwaho, twahuriye mu muganda turi abagore 35, dutangira kwizigama igiceri cy’ijana (100 Frw) buri cyumweru. Kuri twe, yari menshi.

Nyuma y’aho, abandi baraje, dukora Koperative. Akarere kaduha umurima wa hegitari (Ha) 2, dutera ikawa. Ubu dufite uruganda ruyitunganya, tukayicuruza muri Amerika (USA), i Burayi no mu mahoteli akomeye y’i Kigali. Kuri konti yacu, hari 100,900 $ na 21,513,000 Frw.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije, ushinzwe ubukungu n’iterambere, Gashema Janvier, avuga ko Koperative “Nyampinga” ari urugero rwiza rw’uko umugore wo mu cyaro nawe ashoboye. Yagize ati “Igiceri cy’ijana ni macye cyane. Birerekana ko ntaho utava ngo ugere igihe ufite intumbero n’icyerekezo bihamye.”

Umwaka ushize wa 2019, Koperative yacuruje toni zisaga 150 za kawa, ibona inyungu ya 30,000,000 Frw. Uyu mwaka bateganyaga gukuba 2 ariko bafite impungennge ko batazabigeraho kubera icyorezo cya Covid-19.

img-20200601-wa0051.jpg

img-20200601-wa0052.jpg

img-20200601-wa0053.jpg

img-20200601-wa0057.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *