Malawi nta mafaranga ifite yo gukoresha mu matora ya Perezida abura ibyumweru bitatu ngo abe

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe habura ibyumweru bitatu byonyine ngo amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Malawi abe, Guverinoma itangaza ko nta mafaranga ahagije ifite yo kuzayakoreshamo kuko aho yakuraga ingengo y’imari yayo hakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Coronavirus.

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi muri iki gihugu, Joseph Mwanamvekha wavuze ko hari impungenge z’uko aya matora ashobora kutazaba kuko abenshi mu bafatanyabikorwa biganjemo abikorera bari basanzwe batera inkunga amatora muri iki gihugu bamaze gutangaza ko ntacyo bazamarira Leta uyu mwaka kuko icyorezo cya Covid-19 cyabateye ibihombo kandi ayo ubushobozi bwa Leta bukaba budahagije.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Malawi yaherukaga kuba tariki 21 Gicurasi 2019 aho uyu mwanya wari wongeye kwisubizwa na Peter Mutharika w’ishyaka DPP ariko ibyavuye mu matora ntibivugwaho rumwe bigateza imyivumbagatanyo yatumye urukiko rushinzwe kurinda itegekonshinga ruyatesha agaciro, rukemeza ko asubirwamo, abakaba yagombaga kuba tariki 23 Kamena 2020.

Muri Gashyantare 2020 ni bwo Inteko ishinga amategeko yari yemeje ko aya amatora azatwara ingengo y’imari ya miliyari 43 z’amakwacha, ni ukuvuga miliyoni 31 z’amadolari y’Amerika avuye kuri miliyari 43 yari yakoreshejwe mu 2019.

Ikinyamakuru Face of Malawi cyanditse ko kuri uyu wa Kabiri Minisitiri Mwanamvekha yamenyesheje abagize komisiyo y’amategeko mu nteko ishinga amategeko y’iki gihugu ko igice kinini cy’ingengo y’imari y’amatora cyari kuva mu baterankunga n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro ariko uyu mwaka kikaba cyarahombye kuko nta misoro cyigeze gikusanya kubera ibikorwa byose byari byarahagaze kubera icyorezo cya Covid-19.

Akomeza avuga ko muri ib bihe igihugu cyashyize imbaraga mu guhangana n’iki cyorezo ku buryo byatumye ubukungu bwacyo busa n’ubwifashe nabi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi atangaje ibi nyuma y’igihe gito Jane Ansah wari Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Amatora (MEC) atangaje ko iyi komisiyo iri kubura miliyari zisaga umunani ngo ingengo y’imari yari yateganyijwe ibe ibonetse, Jane Ansah akaba yareguye kuri uyu mwanya tariki 23 Gicurasi.

Umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Malawi uzaba uhatanirwa na Peter Mutharika uri ku butegetsi n’ishyaka rye rya DPP, Nazarus Chakwera wo mu ishyaka MCP na Saulos Chilima w’ishyaka UTM.

Mu gihe yakwimurwa, byaba bibaye ku nshuro ya kabiri kuko yagombaga kuba yarabaye tariki 19 Gicurasi uyu mwaka ariko arimurwa kubera icyorezo cya Covid-19 cyari cyarafashe intera mu gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *