Minisiteri ya Sports mu Rwanda Minisports, yemeje isubukurwa ry’ibikorwa by’imikino itandukanye, ishingiye ku myanzuro yafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 2 Kamena 2020, ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Isubukurwa ry’ibikorwa by’imikino ryakozwe rirareba ibikorwa bya Siporo ikorwa n’umuntu umwe ndetse n’izindi zikorwa abakinnyi bategeranye.
Imikino nk’umupira w’amaguru, Volleyball, Basketball na Handball nk’imwe mu yifite abakunzi benshi mu Rwanda ntiri mu yasubukuwe.
Itangazo ryaturutse muri Minisiteri ya Sports ryashyizweho umukono Minisitiri Aurore Munyangaju Mimosa, rivuga ko “Isubukura ry’ibikorwa bya Siporo zemewe rizatangirana na tariki ya 08 Kamena”, bikaba bigomba gukorerwa kuri Stade Amahoro n’umuzenguruko wayo, abantu batinjiye imbere muri Stade.
Magingo aya Siporo zemerewe gusubukurwa ariko hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 yashyizweho na Minisiteri y’Ubuzima, ni Ukwirukanka (jogging), Imikino ngororamubiri (Athletics), kunyonga igare (Cycling), Imyitozo yo kugenda n’amaguru (Hiking), Golf, Tennis, gutwara amamodoka na Fencing.
Minisports ivuga ko nyuma y’iminsi 15 ibikorwa by’iriya mikino bisubukuwe, amabwiriza yashyizweho azavugururwa hashingiye ku isesengura ry’inzego z’ubuzima.



2 Responses
Minisports yemeje isubukurwa ry’imikino itandukanye
Uyu mugore ni icyuki. Kumureba nabyo ni ka sport. Harahirwa umugabo umurarana buri joro!
Minisports yemeje isubukurwa ry’imikino itandukanye
Uyu mugore ni icyuki. Kumureba nabyo ni ka sport. Harahirwa umugabo umurarana buri joro!