Madagascar: Minisitiri w’Uburezi yirukanwe azira amabombo

Sangiza iyi nkuru

Rijasoa Andriamanana wari Minisitiri w’Uburezi mu gihugu cya Madagascar, yirukanwe ku mirimo azira gutumiza amabombo afite agaciro k’arenga miliyoni ebyiri z’amadorali ya Amerika yo guha abanyeshuri bo muri kiriya gihugu.

Muri Madagascar hamaze igihe hatangwa umuti witwa Covid-Organics Perezida wa kiriya gihugu yemeza ko uvura icyorezo cya Covid-19, wakozwe n’abahanga bo muri Madagascar bifashishije ibimera gakondo bihaboneka. Ni umuti bivugwa ko urura cyane, ari yo mpamvu Minisitiri Andriamanana yatanze isoko ry’amabombo, kugira ngo abanyeshuri bajye bayahabwa mu gihe barangije kunywa umuti.

Ubwo Minisitiri Andriamanana yaganiraga n’itangazamakuru ku wa kane w’iki cyumweru, yavuze ko “isoko ry’amabombo ryamaze gutangwa” kugira ngo buri munyeshuri wo muri Madagascar azahabwe atatu.

Yongeyeho ko ayo mabombo ari ayo “kugabanya ubusharire bukabije” bw’umuti wa Covid-19 Perezida Rajoelina yise“Zahabu y’icyatsi” Madagascar yavumbuye, igomba”guhindura amateka y’abatuye Isi” binyuze mu kubakiza icyorezo cya Covid-19.

Umugambi wa Minisitiri Andriamanana waburijwemo nyuma y’uko Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina amenye ibyawo bikarangira amusabye ibisobanuro. Madamu Andriamanana yagerageje gusobanurira Guverinoma ya Madagascar ibyiza byo kugura ariya mabombo, gusa ibisobanuro bye ntibyanyura Perezida Rajoelina wahise umuha ibaruwa imwirukana.

Magingo aya n’ubwo Leta ya Madagascar ivuga ko ifite umuti wa Covid-19, ababarirwa mu 1000 bamaze kwandura icyo cyorezo, mu gihe Abanya-Madagascar batandatu ari bo byamenyekanye ko bamaze kwicwa na cyo.

Leta ya Madagascar kandi yashyizeho ingamba zo kwirinda zirimo na gahunda ya Guma mu Rugo, gusa ni gahunda itarishimiwe n’abaturage bamaze iminsi mu myigaragambyo bayamagana.

Ku wa gatatu w’iki cyumweru ubushyamirane bwadutse mu mujyi wa Toamasina uherereye mu burasirazuba bwa Madagascar, nyuma y’uko Leta isutse abasirikare ku mihanda kugira ngo gahunda yo kuguma mu rugo yubahirizwe. Imvururu zadutse nyuma y’uko umuzunguzayi umuzunguzayi akubiswe n’abashinzwe umutekano, gusa Polisi ihakana ko nta hohoterwa iryo ari ryo ryose ryabayeho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *