Young SC ya Haruna yakase myugariro wayo Tsh1,000,000 imuziza gukandagira umukinnyi wa JKT

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania ikinamo Abanyarwanda babiri, Haruna Niyonzima na Sibomana Patrick Papy, yamaze gufatira ibihano Lamine Moro ukina mu bwugarizi bwayo imuziza gukubita umugeri Mwinyi Kazimoto ukinira ikipe ya JKT Tanzania.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu Yanga na JKT zari zahuriye mu mukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona ya Tanzania wakiniwe mu mujyi wa Dodoma, urangira amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1.

JKT Tanzania ni yo yabanje gufungura amazamu ku gitego cyo mu gice cya mbere cy’umukino cyatsinzwe na Michael Adian, mbere y’uko Umunyarwanda Sibomana Patrick Papy yishyurira Yanga ku munota wa 79 w’umukino. Ni nyuma yo kwinjira mu kibuga asimbura.

Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 85, Sibomana Patrick yakorewe ikosa na Kazimoto, rikurikirwa n’ubushyamirane bwatumye Lamine Moro akubita Kazimoto umugeri mu mugongo, mbere y’uko bombi berekwa amakarita atukura.

Mu itangazo ikipe ya Young Africans yasohoye nyuma y’umukino, yamaganye imyitwarire uriya myugariro wayo ukomoka mu gihugu cya Ghana yagaragaje, itangaza ko ikase miliyoni y’amashiringi ya Tanzania ku mushahara we.

Iryo tangazo riragira riti”Tubabajwe cyane n’imyitwarire itari iya gisiporitifu myugariro wacu Lamine (Moro) yagaragaje mu mukino twakinnyemo na JKT Tanzania ku wa gatatu. Tutitaye kuba umukinnyi yasabye imbabazi ikipe, twafashe icyemezo cyo gukata ku mushahara we Tsh1,000,000 (411,000Rwf) nk’igihano cy’icyemezo kibi yafashe cyo gukubita uriya mukinnyi umugeri.”

Young Africans yaboneyeho gusaba imbabazi ikipe ya JKT, Mwinyi Kazimoto wakubiswe ndetse n’abafana bayo, ivuga ko imyitwarire nk’iyo Lamine yagaragaje itajya iyihanganira na gato.

Kunganya na JKT byatumye Young Africans iguma ku mwanya wa gatatu n’amanota 55, ikaba irushwa amanota abiri na Azam FC ya kabiri. Iyi kipe kandi irarushwa amanota 17 na mukeba wayo Simba SC ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *