Kuva muri Gashyantare 2020 bwa mbere coronavirus igaragaye muri Afurika y’Iburasirazuba, kugeza uyu munsi, abantu bashobora kwibaza umuvuduko imaze gufata ndetse n’aho ingamba zo kuyirwanya zigeze zishyirwa mu bikorwa.
Kenya
Kenya ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika y’Iburasirazuba cyagaragayemo coronavirus. Kugeza ubu abamaze kwandura muri iki gihugu bagera ku 6,673, abamaze guhitanwa nacyo bagera ku 149.
Kugeza ubu abamaze gukira Coronavirus bagera ku 2089. Ku munsi w’ejo, muri Kenya hafashwe ibipimo 3 591, muri byo habonekamo abarwayi 307 nk’uko bitangazwa na Dr Rashid Aman, Umuyobozi wungirije mu kigo cy’ubuzima Kenya.
Zimwe mu ngamba Kenya yafashe , harimo n’uko uwarenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19 ashobora no kuraswa igihe bibaye ngombwa .
Sudani y’Amajyepfo
Imibare iva muri Minisiteri y’Ubuzima muri Sudani y’Amajyepfo ivuga ko kugeza ubu abantu 2,007 ari bo bamaze kwandura Coronavirus. Mu bipimo 97 byafashwe ku munsi w’ejo byagaragaje ko abantu 18 banduye Coronavirus ku munsi w’ejo.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye iherutse gushyira iki gihugu ku rutonde rw’ibihugu bidafite ubushobozi buhagije bwo gupima iki cyorezo.
Uganda
Kuva umuntu wa mbere wanduye coronavirus yagaragara muri Uganda, hamaze kuboneke abagera 889. Aha muri Uganda nta muntu n’umwe iki cyorezo kirahitana. Umubare w’abikira nawo ntutangazwa. Ku munsi w’ejo ni bwo Banki y’Isi yahaye iki gihugu inkunga ya miliyoni 300 z’amadolari, agamije kuzahura ibikorwa byazahajwe bikomeye n’ingaruka za Coronavirus.
Burundi
U Burundi ni kimwe mu bihugu bivugamo amakuru ya Coronavirus gake, kugeza ubu mu Burundi habarurwa abarwayi ba Coronavirus 170, umubare w’abakira ntuzwi neza.
Nyuma y’indahiro y’Umukuru w’Igihugu mushya , Perezida Evariste Ndayishimiye yahise atangaza ko umwanzi wa mbere u Burundi bufite ari icyorezo cya Coronavirus, bityo ko igomba kuza imbere mu byo agiye guhagurukira.
Tanzaniya
Tanzaniya ni kimwe mu bihugu byagenze gake mu gufata ingamba zo kurwanya icyorezo cya Coronavirus, gusa kugeza ubu habarurwa abarwaye iki cyorezo bagera kuri 509, muri bo 21 cyarabahitanye. Aha muri Tanzaniya ibyinshi mu bikorwa ntibyigeze bifunga. Amashuri nayo yari afunze yongeye gufungura imiryango.
U Rwanda
Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru ibanziriza iyi, Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatatu habonetse abarwayi 24 bashya banduye Coronavirus.
Ibibyatumye umubare w’abamaze kwandura ugera ku 1024. Mu Rwanda kandi abamze gukira iki cyorezo baragera kuri 447, naho abo cyahitanye ni 3. Bimwe mu bikorwa byari byarafunzwe byemerewe gukora gusa akarere ka Rusizi n’imidugudu imwe yo mu mujyi wa Kigali iracyari muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Ku Isi yose abamaze kwandura Covid ni 10,579,176 naho abamaze gukira ni 5,480,394. Abamaze guhitanwa n’iki cyorezo bagera ku 512,252.


