RIB yataye muri yombi uwacuruzaga umuti wa HUUREKA waciwe mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rwataye muri yombi uwitwa Tuyisenge Jean Claude w’imyaka akurikiranweho icyaha cyo kugurisha no gutanga ibintu bibujijwe mu buvuzi.

Tuyisenge Jean Claude w’imyaka 38 y’amavuko akurikiranweho kugurisha amashyirahamwe y’abamotari umuti wo gusukura intoko itujuje ubuziranenge wa ‘HUUREKA hand sanitizer’. Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rwatangaje ko aya mashyirahamwe y’abamotari yaguraga uyu muti mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19.

Umuvugizi wa RIB w’umusigire, Dr Murangira B. Thierry yatangarije BWIZA ko Tuyisenge Jean Claude yatawe muri yombi ku itariki ya 12 Kanama 2020, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura mu gihe iperereza rigikomeje ngo ashyikirizwe ubushinjacyaha.

Yagize Ati: “Uyu Tuyisenge afite imyaka 38, yafashwe tariki 12/08. Na we akurikiranweho icyaha cyo kugurisha no gutanga ibintu bibujijwe mu buvuzi, aho yagurishije amashyirahamwe y’abamotari uriya muti dukoresha dusukura intoki. Uwo rero yagurishije witwa HUUREKA hand sanitizer. Uyu muti rero ntabwo wujuje ubuziranenge kandi urabujijwe mu Rwanda.”

Urwego rw’Ubugenzacyaha rurakomeza kwibutsa Abaturarwanda bose kureka kwishira mu bucuruzi butujuje ubuziranenge kuko uwo ari we wese uzabufatirwamo atazihanganirwa kuko bushyira ubuzima bw’abantu mu kaga.

Ku itariki ya 14 Kamena 2020 nibwo ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda, Rwanda FDA cyatangaje ko umuti wa ‘Huureka Disinfectant’ uhagaritswe mu Rwanda bitewe n’uko utujuje ubuziranenge. Uyu muti wakozwe n’uruganda rwitwa KEWS Coorporation rwo muri Koreya y’Epfo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *