Bwa mbere mu mateka PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, yaraye igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league nyuma yo gusezerera Leipzig yo mu Budage iyitsinze ibitego 3-0.

PSG yafashijwe cyane muri uyu mukino na Angel Di Maria wari wagarutse nyuma yo kudakina umukino wa Atalanta kubera amakarita y’umuhondo. Di Maria yatsinze igitego kimwe muri uyu mukino anatanga imipira ibiri yavuyemo ibitego.

Umunya-Brazil Marquinhos ni we wafunguriye PSG amazamu, nyuma ya Coup-franc Di Maria yamuterekeye ku mutwe agashyira umupira mu rucundura. Hari ku munota wa 13 w’umukino.

PSG yateye igiti cy’izamu incuro ebyiri mu gice cya mbere cy’umukino, yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 41 ibifashijwemo na Di Maria, ku mupira yari ahawe na Neymar n’agatsitsino ariko na we awiherewe n’umuzamu Peter Gulacsi wa Leipzig.

PSG yasoje akazi ku munota wa 56 w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Juan Bernart n’umutwe, ku mupira muremure yari akatiwe na Di Maria wakinnye umupira udasanzwe.

Ni ubwa mbere PSG igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league kuva yashingwa mu 1975, gusa mu 1997 yari yageze ku mukino wa nyuma wa Cup Winners’ Cup.

Paris Saint-Germain izahurira ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league n’ikipe irokoka kuri uyu wa gatatu, hagati ya Bayern Munich yo mu Budage na Olympique Lyonnais yo mu Bufaransa zihurira mu mukino wa 1/2 cy’irangiza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *