Abandi bantu 67 bagaragayeho Covid-19 mu Rwanda

efz1jrmx0aa5i7b.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 19 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 67 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 3306. Aba barimo 50 babonetse i Kigali, bapimwe mu bacuruzi bo mu masoko yafunzwe. Hari kandi 16 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi ndetse n’unwe wabonetse mu Karere ka Kirehe. Abamaze gukira […]

Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru hano mu Rwanda (Ferwafa )yateranye ku wa kabiri tariki ya 18 Kanama, yemeje ko buri kipe yo mu kiciro cya mbere hano mu Rwanda izahabwa angana na miliyoni 28 z’Amafaranga y’u Rwanda, nk’igice cy’ingoboka ya $1,000,000 yo guhangana n’ingaruka za Covid-19 FIFA yageneye buri shyirahamwe rinyamuryango ryayo. Ferwafa yavuze ko […]

Amateka y’ubwoko bw’aba Vikings bafatwa nk’ibiremwa by’umwijima byabayeho ku Isi

Ubusanzwe ubwoko bw’aba Vikings bufite inkomoko mu gace ka Scandinavia mu majyaruguru y’Isi. Scandinavia kuri ubu habarirwa ibihugu bya Sweden Danermark na Norway. Ubwoko bw’aba Vikings buvugwa ko ari bwo bwatangije ubwami muri iki gice cya Scandinavia buhereye ku gace gato kitwaga Northumbria. Amateka menshi avuga ko aba Vikings bari abasazi, aha bakabishingira ku myizerere […]

Ronald Koeman wagizwe umutoza mushya wa FC Barcelona afite ibihe bigwi?

Ikipe ya FC Barcelona ikomeje kugaruka mu itangazamakuru umunsi ku wundi, yemeje Umuholandi Ronald Koeman nk’umutoza wayo mushya, asimbuye Quique Setién uheruka kwirukanwa nyuma y’umukino wa UEFA Champions league FC Barcelona yanyagiwemo na Bayern Munich ibitego 8-2. FC Barcelona yemeje ko Ronald Koeman w’imyaka 57 y’amavuko yemeye kuyibera umutoza “kugeza ku wa 30 Kamena 2022.” […]

Byavuzwe ko Col. Diaw wahiritse ubutegetsi bwa Mali afite imyaka 25 y’amavuko, abantu bacika ururondogoro

Kuri uyu wa 18 Kanama 2020, ubutegetsi bwa Perezida Ibrahim Boubacar Keita wa Mali ndetse na Minisitiri w’Intebe na guverinoma ye bahiritswe n’agatsiko k’abasirikare barangajwe imbere na Col. Malik Diaw, Col. Sadio Camara na Brig. Gen. Cheick Fanta Mady Dembele. Ibitangazamakuru nka Opera byatangaje ko Col. Diaw wari usanzwe ari komanda wungirije wa Diviziyo ya […]

U Burundi bwatangaje ko budateze kuvanwa muri EAC n’amadeni

Minisitiri muri Guverinoma y’u Burundi ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Ezechiel Nibigira, avuga ko u Burundi budateze kuvanwa mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kubera imisanzu butarangiza kwishyura muri uwo muryango. Mu minsi ishize ni bwo hasohotse inkuru zivuga ko u Burundi na Sudani y’Epfo bishobora kwirukanwa mu muryango uhuriwemo n’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, […]

Kirehe: Polisi yafashe 2 bakekwaho kwigana ibyangombwa bya REB

Kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Kanama 2020, Polisi ikorera mu karere ka Kirehe mu Murenge wa Nyarubuye mu kagari ka Nyarutunga, yafashe abasore babiri biganaga ibyangobwa bitangwa n’ikigo cy’uburezi mu Rwanda, REB. Nk’uko tubikesha urubuga rwa Polisi y’Igihugu abazikoraga ni Urimubabo Emmanuel w’imyaka 30 na Hakizimana Jean Baptiste w’imyaka 26, bafashwe nyuma yo […]

Abarimo Karekezi Olivier bashyizwe mu kato nyuma yo kwitabira isabukuru y’umukunzi wa Sarpong

Abarimo umutoza wa Kiyovu Sports, Karekezi Olivier n’abakinnyi biganjemo aba Kiyovu Sports na Rayon Sports, bashyizwe mu kato nyuma yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 bakitabira ibirori by’isabukuru y’umukunzi wa Michael Sarpong wahoze akinira Rayon Sports. Ni ibirori byabereye i Nyamirambo ahazwi nka Fazenda ku cyumweru, byitabirwa n’abarimo incuti za hafi […]

Mali: Perezida Keita yegujwe n’igitutu cy’abasirikare, Guverinoma iraseswa

Perezida wa Mali, Ibrahim Boubakar Keita, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye anasesa Guverinoma y’igihugu, nyuma y’amasaha make muri icyo gihugu hageragejwe Coup d’Etat. Mu ijoro ryakeye Perezida Ibrahim Boubakar Keita na Minisitiri w’intebe wa Mali, Boubou Cisse, bari bafatiwe n’igisirikare mu murwa mukuru Bamako, mbere yo kwerekezwa mu kigo cya gisirikare cya Kati batunzwe […]

Bwa mbere mu mateka PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, yaraye igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league nyuma yo gusezerera Leipzig yo mu Budage iyitsinze ibitego 3-0. PSG yafashijwe cyane muri uyu mukino na Angel Di Maria wari wagarutse nyuma yo kudakina umukino wa Atalanta kubera amakarita y’umuhondo. Di Maria yatsinze igitego kimwe […]

Umuntu wambaye amapingu ntakwiye kuraswa n’ugutwi- Ishyaka Green Party : Video

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Green Party), Depite Ntezimana Jean Claude, yatangaje ko ishyaka rye ritemera kandi ryamagana iraswa ry’abantu baba bambaye amapingu bikavugwa ko bashatse kurwanya cyangwa gutoroka inzego zishinzwe umutekano. Yabitangaje kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Kanama, mu kiganiro yagiranye na BWIZA TV cyagarukaga ku buzima bw’igihugu muri […]