Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf

Sangiza iyi nkuru

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru hano mu Rwanda (Ferwafa )yateranye ku wa kabiri tariki ya 18 Kanama, yemeje ko buri kipe yo mu kiciro cya mbere hano mu Rwanda izahabwa angana na miliyoni 28 z’Amafaranga y’u Rwanda, nk’igice cy’ingoboka ya $1,000,000 yo guhangana n’ingaruka za Covid-19 FIFA yageneye buri shyirahamwe rinyamuryango ryayo.

Ferwafa yavuze ko icyemezo cyo kugabanya amakipe ariya mafaranga cyafashwe hashingiwe ku mabwiriza ya FIFA agenga uko inkunga yo kugoboka amakipe mu gihe cya Covid-19 igomba gusaranganywa.

Umunyamabanga wa Ferwafa, Uwayezu François RĂ©gis, yabwiye urubuga rwayo ko iriya nkunga izagabanyiriza amakipe umuzigo w’ubukungu yari amaze igihe yikoreye kubera icyorezo cya Covid-19, ashimangira ko Ferwafa izakurikirana kugira ngo imenye niba inkunga yatanzwe izakoreshwa ibyo igenewe.

Ferwafa yasobanuye ko Miliyoni 72 z’Amafaranga y’u Rwanda zizakoreshwa mu gushyira mu bikorwa gahunda y’amarushanwa y’abatarengeje imyaka 15 azahuza amakipe yo mu kiciro cya mbere, hanyuma amafaranga miliyoni 50 yo akoreshwe mu bikorwa byo guteza imbere umupira w’amaguru.

Ku bijyanye n’uko amakipe azagobokwa, Ferwafa yasobanuye ko buri kipe yo mu kiciro cya mbere izahabwa miliyoni 28 z’Amafaranga y’u Rwanda, iyo mu kiciro cya kabiri ihabwe miliyoni 10, buri kipe y’abari n’abategarugori ihabwe miliyoni eshanu, mu gihe ikipe y’abagore itari mu nteko rusange ya Ferwafa izahabwa miliyoni enye.

Ferwafa yasobanuye ko ariya mafaranga azatangwa mu byiciro bibiri, aho icya mbere kizashingira ku makipe yitabiriye umwaka w’imikino ushize wa 2019/2020, mu gihe ikiciro cya kabiri kigomba kwita ku makipe azitabira umwaka utaha w’imikino.

Amafaranga amakipe yaremewe agomba gukoreshwa mu guhemba ibirarane by’abakinnyi kandi bigashyirwa imbere, guhemba abandi bakozi b’amakipe, ndetse no gushyira mu bikorwa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 yashyizweho na Ferwafa, Minisiteri ya Siporo ndetse n’iy’Ubuzima.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf
    Muhindure iyi title Kuko si Ferwafa ni FIFA ubwo se bagiye kubyiyitirira

  2. Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf
    Muhindure iyi title Kuko si Ferwafa ni FIFA ubwo se bagiye kubyiyitirira

  3. Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf
    Muhindure iyi title Kuko si Ferwafa ni FIFA ubwo se bagiye kubyiyitirira

  4. Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf
    Muhindure iyi title Kuko si Ferwafa ni FIFA ubwo se bagiye kubyiyitirira

  5. Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf
    Muhindure iyi title Kuko si Ferwafa ni FIFA ubwo se bagiye kubyiyitirira

  6. Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf
    Muhindure iyi title Kuko si Ferwafa ni FIFA ubwo se bagiye kubyiyitirira

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *