Ikipe ya FC Barcelona ikomeje kugaruka mu itangazamakuru umunsi ku wundi, yemeje Umuholandi Ronald Koeman nk’umutoza wayo mushya, asimbuye Quique Setién uheruka kwirukanwa nyuma y’umukino wa UEFA Champions league FC Barcelona yanyagiwemo na Bayern Munich ibitego 8-2.
FC Barcelona yemeje ko Ronald Koeman w’imyaka 57 y’amavuko yemeye kuyibera umutoza “kugeza ku wa 30 Kamena 2022.”
Ni umutoza iyi kipe y’i Catalunya yasobanuye nk’umunyabigwi, dore ko nk’umutoza yatwaye ibikombe umunani mu makipe yo mu bihugu by’Ubuholandi, Portugal, Ubwongereza na Espagne yanyuzemo nk’umutoza.
Ni umugabo kandi wubatse ibigwi bikomeye mu makipe atandukanye ndetse n’Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi, akaba azwi by’umwihariko nk’umwe muri ba myugariro bakomeye ariko banatsindaga ibitego byinshi.
FC Barcelona Koeman yakiniye hagati y’umwaka w’1989 n’uw’ 1995, imufata by’umwihariko nk’umwe muri ba myugariro b’ibihe byose yagize mu mateka yayo, dore ko yayitsindiye ibitego 67 mu mikino 192 yayikiniye.
Ni nyuma yo kuyigeramo avuye mu kipe ya PSV Heindoven yari amaze imyaka itatu akinira, akaba yarayitsindiye ibitego 51 mu mikino 98 yari amaze kuyikinira.
PSV yo Ronald Koeman yari yarayigezemo avuye mu kipe ya Ajax yari amazemo imyaka itatu nyuma yo kuyigeramo avuye muri Groningen yatangiriyemo umupira.
Ronald Koeman yasoreje umupira muri Feyenoord yakiniye imyaka ibiri nyuma yo kuva muri FC Barcelona.
Uyu Muholandi nk’umukinnyi wa Barça, yakoze uduhigo dutandukanye kuri ubu tumugira myugariro wa mbere ku Isi watsinze ibitego byinshi mu mateka y’umupira w’amaguru.
Wikipedia yerekana ko Koeman yatsinze ibitego biri hejuru ya 200, mu mikino irenga gato 600 yakinnye muri kariyeri ye.
FC Barcelona yonyine yayitsindiye ibitego bibarirwa muri 90, byiganjemo ibyo yatsinze kuri za Coup-Franc no kuri Penaliti.
Magingo aya uyu mugabo aza ku mwanya wa kabiri (inyuma ya Messi) mu batsindiye FC Barcelona Coup-Franc na Penaliti nyinshi nyinshi mu mateka yayo.
Ronald Koeman yatsindiye FC Barcelona ibitego 67 muri shampiyona ya Espagne, bikamushyira ku mwanya wa kabiri muri ba myugariro batsinze ibitego byinshi muri iyi shampiyona (inyuma ya Sergio Ramos), ibirenze ibyo akaba aza ku mwanya wa mbere muri ba myugariro batsinze Penaliti nyinshi muri La Liga.
Ku bijyanye n’ibikombe ndetse n’ibihembo ku giti cye nk’umukinnyi, Ronald Koeman yatwaye ibikombe bine bya shampiyona y’Abaholandi ari kumwe na Ajax na PSV, atwara ibikombe bibiri by’igihugu mu Buholandi, atwara European Cup ebyiri (UEFA Champions league) ari kumwe na PSV na FC Barcelona, atwara Super Cup y’Iburayi ari kumwe na FC Barcelona, atwara shampiyona ya Espagne enye, Copa del Rey imwe na Super Coupe za Espagne ebyiri ari kumwe na Barça.
Yatwaranye kandi n’ikipe y’igihugu y’Abaholandi igikombe cy’u Burayi mu 1988, icyo gihe akaba ari na we wabaye umukinnyi w’irushanwa.
Ronald Koeman nk’umutoza
Urugendo rwa Ronald Koeman nk’umutoza rwatangiye mu 1997 ari umutoza wungirije mu kipe y’igihugu y’u Buholandi, mbere yo kwerekeza muri FC Barcelona mu 1998 nk’umutoza wungirije.
FC Barcelona yayivuyemo mu mwaka w’2000 ajya kuba umutoza Mukuru wa Vitesse, atandukana na yo ajya muri Ajax yatoje kugeza muri 2005.
Ronald Kieman yavuye muri Ajax Amsterdam ajya muri Benfica, atandukana na yo ajya muri PSV.
Andi makipe Koeman yagiye anyuramo ni Valencia yo muri Espagne, AZ, Feyenoord, Southampton, na Everton yavuyemo muri 2017 ajya gutoza ikipe y’Igihugu y’Ubuhoandi.
Nk’umutoza Ronald Koeman yatwaye ibikombe umunani, birimo bitatu bya shampiyona y’Abaholandi na Copa del Rey yatwaye ari kumwe na Valencia.


