20260619_111001

Bite bya Koné bavunnye akaguru kakarereta

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’igihugu ya Canada yanditse amateka ikura intsinzi yayo ya mbere mu Gikombe cy’Isi cy’abagabo, itsinda Qatar ibitego 6-0 mu mukino wa kabiri w’itsinda B. Nubwo ari intsinzi ikomeye ku gihugu cyakiriye iri rushanwa, ibyishimo byagabanyijwe n’imvune ikomeye yagize umukinnyi wo hagati Ismaël Koné.

Koné yavunitse mu gice cya mbere cy’umukino nyuma yo gukubitwa ku kuguru kw’ibumoso, ahita asohorwa mu kibuga arambywe ku ngobyi. Mbere yo kugenda, yazamuye igikumwe asuhuza abafana bari muri Stade ya BC Place, agaragaza ko akomeje kugira icyizere nubwo yari ababaye.

Nyuma y’ibizamini byakozwe n’abaganga, hemejwe ko Koné yavunitse amagufa abiri yo mu kuguru kw’ibumoso, ari yo tibia na fibula. Kuri ubu yabazwe kugira ngo ayo magufa asubizwe mu mwanya hifashishijwe ibyuma byabugenewe.

Mu mukino nyirizina, rutahizamu Jonathan David yabaye intwari atsinda ibitego bitatu (hat-trick), mu gihe Cyle Larin na Nathan Saliba na bo batsinze ibitego.

Nyuma yo gutsinda igitego cye, Nathan Saliba yazamuye umwambaro wa Ismaël Koné mu rwego rwo kumwihanganisha no kumwereka ko ikipe yose iri kumushyigikiye. Ni igikorwa cyashimishije benshi ndetse gifatwa nk’imwe mu mashusho azahora yibukwa muri iri Gikombe cy’Isi.

Umutoza wa Canada, Jesse Marsch, yavuze ko nubwo intsinzi ari amateka akomeye, kubura Koné ari igihombo gikomeye ku ikipe.

Ati: “Ismaël ni umukinnyi udasanzwe kandi afite ejo hazaza heza. Twese turi kumutekerezaho kandi tumwifuriza gukira vuba,” yavuze.

Na Cyle Larin yavuze ko iyi ntsinzi bayeguriye mugenzi wabo wavunitse.

Ati: “Twagaragaje imbaraga zacu nk’ikipe. Twakinnye dushaka gushimisha igihugu cyacu no guha Koné imbaraga. Aracyari mu bitekerezo byacu.”

Abasesenguzi bamwe mu buvuzi bw’abakinnyi bagaragaje ko ubu bwoko bw’imvune bushobora kuba bwaratewe n’ikibazo cyari gisanzwe kiri mu magufa (pathological fracture), nubwo ibyo bitaremezwa n’abaganga ba Canada. Bavuga ko ubusanzwe gukubitwa nk’uko Koné yakubiswe bidakunze gutera kuvunika icyarimwe amagufa ya tibia na fibula keretse hari ikindi kibazo yabanje kugira.

Biteganyijwe ko Ismaël Koné ashobora kumara hagati y’amezi ane na atandatu adakina mbere yo kongera gusubira mu kibuga.

20260619 111047 20260619 111042 20260619 111022 20260619 111020 20260619 111019 20260619 111017 20260619 111001

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *