HMECE9bWQAEk-Rh

Baraka: Nibura umusirikare w’Umurundi yiciwe mu gitero ku nkambi yabo kajugujugu 2 ziraraswa

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’u Burundi zoherejwe mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho zifatanya na FARDC mu kurwanya AFC/M23 na Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri zaba zongeye guhura n’uruva gusenya mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ndetse kajugujugu 2 za gisirikare zaharasiwe.

Amakuru aturuka aho aravuga ko nyuma y’igitero cya drone humvikanye iturika rihambaye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Kamena 2026, mu Mujyi wa Baraka, uherereye muri Kivu y’Amajyepfo.

Nk’uko amakuru aturuka atandukanye agera kuri Kivu Morning Post avuga, ngo ni drone ya gisirikare yateye inkambi y’Ingabo z’Abarundi iherereye mu gace ka Mushimbakye, mu Mujyi wa Baraka.

Sosiyete sivile yaho yatangarije Kivu Morning Post ko ibisasu bibiri bya bombe byaturikiye muri ako gace ka Mushimbakye. Ibi ngo byateye ubwoba muri ako gace kandi nibura umusirikare umwe w’u Burundi yahise ahasiga ubuzima.

Andi makuru yaje nyuma yaho yatangajwe n’umunyamakuru Steve Wembi avuga ko kajugujugu ebyiri zari zitabaye ziturutse i Minembwe zarasiwe muri Baraka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply