cd11a8c9-3e05-4763-99f9-1be14ca8cfc6

CAF ntikozwa ibyo kongera amakipe akina Igikombe cya Afurika

Sangiza iyi nkuru

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yanze umushinga wo kongera umubare w’amakipe yitabira Igikombe cya Afurika (AFCON) ukava kuri 24 ukagera kuri 28, nyuma y’aho Komite Nyobozi yayo iwutoreye ikawuhakana.

Uyu mushinga wari washyigikiwe na Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, wari ugamije ko guhera mu mikino ya AFCON yo mu 2028 hajya hitabira ibihugu 28 aho kuba 24. Icyakora, benshi mu bagize Komite Nyobozi bagaragaje ko uwo mushinga utari ngombwa muri iki gihe.

Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru The Guardian avuga ko mu matora yabaye imbere muri Komite Nyobozi ya CAF, umushinga wanenzwe cyane ndetse urangira uteshejwe agaciro.

Umwe mu bagize Komite Nyobozi, utifuje ko amazina ye atangazwa, yagize ati: “Twatoye umwe ku wundi maze uwo mushinga urangwa n’amajwi menshi awurwanya. Wari igitekerezo kibi cyane, kandi sinzi impamvu Motsepe yigeze awushyira imbere.”

Undi muyobozi nawe yavuze ko Perezida Motsepe yazanye uwo mushinga atabanje kuwuganiraho n’abagize Komite Nyobozi, ibintu byateje impaka ku buryo ibyemezo bifatirwa muri CAF.

Mu kwezi kwa Gashyantare 2026, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru i Dar es Salaam muri Tanzania, Perezida Patrice Motsepe yari yavuze ko kongera amakipe byafasha AFCON kurushaho kwamamara ku rwego mpuzamahanga, bikongera n’amahirwe y’ubucuruzi n’ishoramari mu mupira wa Afurika.

Icyakora, abatavuga rumwe na we bavuga ko uburyo buriho bwa amakipe 24 bugihagije kandi bukomeje gutanga amarushanwa arimo ihangana rikomeye.

Kuva mu mwaka wa 2019, AFCON yatangiye gukinwa n’amakipe 24, avuye kuri 16 yari asanzwe yitabira iri rushanwa. Izo mpinduka zafashije ibihugu byinshi kubona amahirwe yo kwitabira irushanwa rikomeye rya Afurika.

Nyuma y’icyemezo cya Komite Nyobozi, AFCON izakomeza gukinwa n’amakipe 24, agabanyijwe mu matsinda atandatu agizwe n’amakipe ane, mbere yo gukomeza mu mikino yo gukuranwamo.

Nubwo umushinga wo kongera amakipe wanze, CAF yavuze ko ibiganiro ku buryo amarushanwa yayo yarushaho kunozwa bikomeje.

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri CAF, Luxolo September, yavuze ko impaka ku miterere ya AFCON ari kimwe gusa mu biganiro bigari bigamije gutuma amarushanwa ya CAF arushaho kugera ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati: “Mu myaka ibiri ishize, ubuyobozi bwa CAF bwakomeje kuganira ku buryo amarushanwa yacu, by’umwihariko Igikombe cya Afurika, yarushaho kuba ku rwego rw’isi. Kuganira ku miterere ya AFCON ni gahunda igikomeje.”»

Icyemezo cya CAF gisobanuye ko kugeza ubu nta gihindutse ku miterere ya AFCON. Irushanwa ritaha riteganyijwe mu mezi ya Kamena na Nyakanga 2027, rikazabera mu bihugu bitatu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ari byo Kenya, Uganda na Tanzania, bizaryakira bifatanyije.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply