Ku wa 13 Kanama 2020, Ntitanguranwa Jean Baptiste, bitaga “Premier”, (kubera ko yari afite ipeti rya“premier sergent” mu ngabo za cyera, Ex-FAR) , wari ucumbitse mu mudugudu wa Akabacura, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, bamusanze mu muferege w’umuhanda yapfuye. Aho yaguye ni mu mudugudu wa Ntanda avukamo, mu kagari kamwe ka Raranzige. Magingo aya, twandika iyi nkuru, umugore we n’abana bavuga ko bataramenya neza icyo yazize.
Umuyobozi w’umudugudu wa Ntanda, Rwagasore Anatole, yabwiye umunyamakuru wa Bwiza.com ko Ntitanguranwa bamusanze mu muferege w’umuhanda ugana aho bita muri “Karasha” (aho Abashinwa baturikiriza amabuye) yapfuye, aryamye acuramye kandi afite igikomere kinini mu mutwe. Yagize ati: “Abantu bari bavuye kuvoma amazi mu kabande badutabaje saa kumi n’ebyeri n’iminota 15 (06h15). Twasanze yapfuye, umutwe waturitse. Twaketse ko yahubutse ku kigina kinini kiri kuri uwo muhanda akagwa mu muferege.”
Mudugudu Rwagasore yongeraho ko ahantu Ntitanguranwa yaguye bitumvikana ukuntu yahageze kuko ari kure y’aho atuye kandi ngo nta nzira ihari. Magingo aya newe, ngo nta yandi makuru afite.
Mu muhango wo gushyingura wabaye ku gicamunsi cyo kuwa 14 Kanama, ntihatangajwe icyo Ntitanguranwa yazize nk’uko ubusanzwe bigenda. Uwafashe ijambo mu izina ry’umuryango, yavuze ijambo rigufi, ntiyagira icyo atangaza ku rupfu rwa “premier”.
Bwiza.com yegereye umugore wa Nyakwigendera, Barakagwira Leonila, avuga ko kugeza ubu ataramenya ikishe umugabo we. Mu marira menshi yagize ati “ntacyo nzi!!!..(..). Tukiri mu rugo barambwiye ngo ninceceke ndabimenyera ku itabaro. Ryarangiye ntacyo menye. Mfite agahinda kenshi.“
Barakagwira Léonile
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rusenge, Muhimpundu Speciose, arahumuriza umuryango. Yagize ati: “Turahumuriza umuryango. Umurambo wajyanywe kwa muganga urapimwa. Ubusanzwe, igisubizo bagiha RIB nayo ikakitumenyesha. Nikiboneka turaza kukigeza ku muryango we.” Gitifu Muhimpundu asaba kandi abaturage kurushaho kwicungira umutekano.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Murangira B. Thierry, yavuze ko iperereza rigikomeza ngo hamenyekane neza icyishe Ntitanguranwa. Yagize ati “Ni byo Ntitanguranwa yagaragaye munsi y’umukingo muremure yapfuye. Bikekwa ko yaguyemo. Turacyakora iperereza. Umurambo warapimwe ariko n’iperereza hari ikindi rigaragaza.”
Amakuru Bwiza.com yashoboye kumenyera mu muhango wo gushyingura ni uko Ntitanguranwa yabaye umusirikare mu ngabo za cyera (Ex-FAR), afite ipeti rya “premier sergent”. Mbere ya 1994, ngo yigeze gufatwa mpiri n’ingabo zari iza FPR ariko aza kurekurwa mu muhango wo guhererekanya imfungwa z’intambara. Nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ngo yasubiye mu gisirikare cy’igihugu ariko aza gusezererwa atagitinzemo, nk’uko umugore we, Barakagwira yabibwiye Bwiza.com. Apfuye afite imyaka 60. Asize umugore n’abana 3 badafite aho baba kuko nta nzu yagiraga. Benshi mu baturage b’aho i Ntanda bavuga ko urupfu rwa “premier”, rudasobanutse.


