img-20200824-wa0033.jpg

Uganda: Museveni yasabye abasirikare basoje ikosi kwirinda inzoga n’indaya (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, yasabye abasirikare b’igihugu cye barenga 4,000 barangije ikosi kwirinda ubusinzi n’indaya, mu rwego rwo gukora akazi kabo neza.

Kuri uyu wa Mbere ku wa 24 Kanama ni bwo Perezida Museveni yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare 4,325 bari bamaze igihe bayikorera mu kigo cy’imyitozo cya Kaweweta.

Mu butumwa Museveni yahaye abo basirikare, yabasabye kwitwararika ku mico mibi irimo ubusinzi n’uburaya, kugira ngo bazabashe kuzuza inshingano zabo neza, ngo kuko umuntu muzima nta gishobora kumunanira.

Yagize ati: “Ndabashimira ariko nkabibutsa ko ubuzima bwiza ari ikintu cy’ingirakamaro mu buzima bwanyu. Iyo uri muzima, ntacyo utashobora gukora. Mwirinde inzoga n’indaya kuko nta cyiza cyabyo.”

Museveni kandi yasabye abasirikare barangije ikosi cyo kimwe n’Abagande muri rusange, kurangwa n’ikinyabupfura mu gihe barwanya icyorezo cya Covid-19 gihangayikishije Uganda n’Isi muri rusange.

Ati: “Ku Isi dufite ikibazo cya Covid-19. Ikibazo si Covid-19 ahubwo ikibazo ni imyitwarire mibi. Mu minsi ishize nasoje imyitozo y’Abapolisi 4,409 i Masindi, ni umubare munini ariko nta n’umwe wanduye Covid-19 kubera ko buri wese yari afite ikinyabupfura.”

Perezida wa Uganda yavuze ko imyitozo ya bariya basirikare igitangira, Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen. David Muhoozi, yamusabye ko imyitozo yatangwa mu buryo bwihariye undi akamuha uburenganzira, gusa ngo kubera ko buri wese yitwararitse bikaba byararangiye nta wahabwaga imyitozo n’umwe ugaragayeho Covid-19.

Yunzemo ati: “Iyo ufite ikinyabupfura ushobora kwirinda. Bibiliya ni iyo ivuga ngo icyo ubibye ni cyo usarura. Ndashimira inzego z’umutekano kuba zarashoboye kuba maso no kurwanya Corona n’ikinyabupfura, ngaha umukoro Abanya-Uganda bose wo kubigenza batyo.”

Mu basirikare barenga 4,000 basoje imyitozo; batanu muri bo bafite impamyabumenyi y’amasomo ihanitse (Master’s Degree), 436 bafite impamyabumenyi y’Ikiciro cya kabiri cya Kaminuza, 538 bafite iz’Ikiciro cya mbere cya Kaminuza mu gihe 726 bafite impamyabushobozi z’uko bize amashuri yisumbuye, mu gihe abandi barenga 2,600 bafite izindi mpamyabushobozi zitandukanye.

Ku bwa Museveni ngo “ni byiza kugira mu gisirikare abantu bize, kuko bafata vuba.”

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen David Muhoozi, yavuze ko imyitozo igitangira haâri abasirikare 3,490 gusa umubare ukaza kugabanyuka bitewe n’uko 32 batorotse ikosi, umwe yirukanwa kubera imyitwarire mibi, 22 basezererwa kubera kutagira ubuzima buzira umuze, babiri barapfa mu gihe umwe yasezeye kubera kurenza imyaka.

img-20200824-wa0033.jpg

img-20200824-wa0034.jpg

img-20200824-wa0035.jpg

img-20200824-wa0037.jpg

img-20200824-wa0039.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *