Bidasubirwaho Messi yabwiye FC Barcelona ko ashaka kuyivamo

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Argentine Lionel Messi, yabwiye ikipe ya FC Barcelona ko ashaka kuyivamo, nyuma y’imyaka 20 yose yari amaze ayikinira.

Ni inkuru mbi ku bakunzi ba FC Barcelona imaze gutangazwa n’ikinyamakuru TycC Sports cy’iwabo muri Argentine.

Iki kinyamakuru cyavuze ko Messi yamaze koherereza Fax ikipe ya Barça ayimenyesha ko atagomba gutegereza ko amasezeramo ye arangira mu mwaka utaha wa 2021, ibyahawe umugisha n’umunyamakuru Alfredo Martinez wavuze ko Messi atazitabira igikorwa cyo gupima Covid-19 abakinnyi ba FC Barcelona ndetse n’imyitozo yayo, ngo kuko icyemezo yafashe ari icya nyuma.

FC Barcelona yemeje ko yakiriye Fax ya Lionel Messi, mu gihe Carles Puyol bakinannye yabaye uwa mbere umusezeye abinyijije kuri ye.

Mu cyumweru gishize Lionel Messi wari usanzwe ari Kapiteni wa FC Barcelona, yabonanye n’umutoza wayo mushya Ronald Koeman amubwira ko yibona cyane hanze ya FC Barcelona kuruta uko yibona muri iyo kipe.

Messi ufatwa nk’umukinnyi wa mbere mu mateka FC Barcelona yatsinze dore ko anayoboye abayitsindiye ibitego byinshi mu mateka yayo, yafashe icyemezo cyo kwigendera nyuma y’uko Barça isezerewe nabi muri UEFA Champions league inyagiwe na Bayern Munich ibitego 8-2.

Ni igisebo cyaje gikurikira indi myaka ibiri na bwo iriya kipe yagiye isezererwa nabi mu mikino ya UEFA Champions league.

Magingo aya haravugwa amakipe menshi ari kwifuza Lionel Messi, arimo Manchester City yo mu Bwongereza, mukeba wayo Manchester United, PSG yo mu Bufaransa na Inter Milan yo mu Butaliyani.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Bidasubirwaho Messi yabwiye FC Barcelona ko ashaka kuyivamo
    Sha uyumugabo niba ashaka kugenda nibamureke ntacyo ataduhaye pe,ibyishimo yarabiduhaye bihagije ibikombe turakukumba amacenga arayaduha ibitegeko byiza byakataraboneka imitungo kubabetinga arabakiza bamwe bagura amazu abandi amamodoka,azahora yibukwa nkumukinnyi wibihe byose,bye bye the GOAT!

  2. Bidasubirwaho Messi yabwiye FC Barcelona ko ashaka kuyivamo
    Sha uyumugabo niba ashaka kugenda nibamureke ntacyo ataduhaye pe,ibyishimo yarabiduhaye bihagije ibikombe turakukumba amacenga arayaduha ibitegeko byiza byakataraboneka imitungo kubabetinga arabakiza bamwe bagura amazu abandi amamodoka,azahora yibukwa nkumukinnyi wibihe byose,bye bye the GOAT!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *