Abantu 231 bagaragayeho Covid-19, umuntu wa 15 abura ubuzima

img-20200825-wa0064.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 25 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu 231 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 6128 byafashwe, hakaba hapfuye umuntu wa 15 ufite imyaka 61 y’amavuko. Aba barimo 196 bapimwe mu masoko ya Kigali. Hari kandi 30 babonetse muri Rusizi bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 3 babonetse mu Karere […]

Bidasubirwaho Messi yabwiye FC Barcelona ko ashaka kuyivamo

Umunya-Argentine Lionel Messi, yabwiye ikipe ya FC Barcelona ko ashaka kuyivamo, nyuma y’imyaka 20 yose yari amaze ayikinira. Ni inkuru mbi ku bakunzi ba FC Barcelona imaze gutangazwa n’ikinyamakuru TycC Sports cy’iwabo muri Argentine. Iki kinyamakuru cyavuze ko Messi yamaze koherereza Fax ikipe ya Barça ayimenyesha ko atagomba gutegereza ko amasezeramo ye arangira mu mwaka […]

Pasiteri wahanuye ko Raila Odinga agiye gupfa, yapfuye mbere ye

wxckbet7fejejszm5a47fa3e48219.jpg

Pasiteri w’Umunyakenya witwa Hezbon Ndirangu wahanuye ko umunyapolitiki Raila Odinga atazageza mu 2021 atarapfa, yapfuye mbere ye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize. Pasiteri Ndirangu w’imyaka 48 y’amavuko yari yagize ati: “Umwuka w’Imana wanyeretse ko umuyobozi wa ODM atazabona umwaka wa 2021. Igihe cye ku Isi kirarangiye.” Umugore w’uyu Pasiteri yavuze ko urupfu rw’umugabo we ari […]

Slay Queen y’inkecuru ku myaka 71 y’amavuko irangaza abagenzi_amafoto

screenshot_20200825-182737_1598374564970.jpg

Vera Wang ni umukecuru w’Umunyamerika wavutse tariki ya 27 Kamena 1949, akaba arengeje hafi amezi abiri ku myaka 71 y’amavuko. Gusa ugereranyije imyitwarire ye n’ikigero arimo biratandukanye cyane kuko yahisemo kwiberaho nka bamwe mu bakobwa cyangwa abagore bakiri bato bahawe izina rya ‘Slay queens’. Witegereje neza mu maso ha Vera Wang, ntabwo watekereza ko afite […]

IRMCT yatangaje ko Kabuga Félicien aroherezwa i Arusha vuba

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwashiriweho gukurikirana imanza n’ibyaha byasizwe n’urukiko mpuzamahanga rwashiriweho u Rwanda (IRMCT) yavuze ko bitarenze Ukwakira 2020, Kabuga FĂ©licien ashobora koherezwa i Arusha. Ibi umushinjacyaha wa IRMCT, Serge Brammertz yabitangarije i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kanama 2020, aho yaje gushaka ibimenyetso byiyongera ku bishinja Kabuga, hamwe n’andi makuru yafasha gushakisha […]

Umuzungu wanduye SIDA yasakaje amafoto y’abakobwa barenga 30 yishimiye kwanduza (Amafoto)

img-20200825-wa0043.jpg

Umukerarugendo witwa Mike Oliver, yishimiye kwanduza agakoko gatera SIDA abakobwa barenga 30 bo mu gihugu cya Kenya ashyira ku karubanda amafoto yabo. Mike yasambanyije bariya bakobwa mu gihe cy’amezi atatu, ababarirwa mu icumi asiga abateye inda mbere yo kuva muri kiriya gihugu. Bivugwa ko yari yaje muri Kenya mu biruhuko, hanyuma agakurura bariya bakobwa abifashijwemo […]

Ibigwi by’Umwami w’Abami, Constantine n’uko yaje kubatizwa ntibivugweho rumwe

Umwami w’Abami, Constantine I, waje guhabwa izina ry’umwami rya Costantine the Great yayoboye Ubwami bw’Abami bw’Abaromani mu kinyejena cya gatatu, avugwa cyane mu mateka ya Gikristu nk’umwami wa mbere mu bami ba Roma waje kubatizwa akemera amahame ye Gikiristu, uyu kandi anafatwa nk’uwagize uruhare rukomeye mu guhindura Roma abantu benshi bazi ubu nk’icyicaro gikomeye cy’ubukiristu […]

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imirimo mishya Pascal Nyabenda

Perezida w’u Burundi Gen. Evariste Ndayishimiye, yahaye imirimo mishya Pascal Nyabenda wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi akanaba Perezida w’Inama Nkuru y’icyo gihugu, amugira Visi-Perezida wa kabiri wa Banki Nkuru y’u Burundi (BRB). Nyabenda yashyizweho n’iteka rya Perezida N° 100/046 ryo ku wa 25 Kanama 2020. Pascal Nyabenda ni rimwe mu mazina akomeye […]

Rubavu: Umugabo yagiye gusambana kwa mushiki we atererwayo icyuma

Umugabo witwa Kagirima ukomoka mu Bigogwe ho mu karere ka Nyabihu, yaterewe icyuma n’abantu bataramenyekana mu murenge wa Kanzenze ho mu karere ka Rubavu, aho yari yagiye gucyura umugore bivugwa ko ari mushiki we wo kwa se wabo. Byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanzenze ndetse n’ubw’akagari ka […]

Diyoseze Gatolika ya Butare n’igihugu bibuze Padri w’intangarugero, Pierre Simons

img-20200825-wa0016.jpg

Nyuma y’uko twari tumenyereye mu binyamakuru bitandukanye inkuru zivuga ku bapadri ba Butare biyambuye ibishura bakisubirira mu buzima busanzwe bwa kilayiki, Bwiza twifuje kubagezaho inkuru y’urupfu rwa Padiri Pierre rwabaye tariki ya 24 Kanama 2020 mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal. Turatinda ku buzima bwe no ku bikorwa by’intangarugero yakoreye Diyoseze n’igihugu muri rusange. Incamake y’ubuzima […]

Avuga ko yabuze kirengera nyuma yo gukubitwa no gufungwa bitemewe n’abapolisi

img-20200824-wa0055.jpg

Nsengimana Augustin w’imyaka 28 y’amavuko atuye mu Kagari ka Karuruma, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo. Avuga ko yakubitiwe muri Nyabugogo n’abapolisi bo mu Rwanda, akuramo ubumuga buri ku gipimo cya 60% nk’uko bigaragazwa n’icyemezo cyo kwa muganga (Expertise MĂ©dico-LĂ©gale), bajya kumufungira ahari abarwayi ba Covid-19 na we arahanduria. Avuga ko yatabaje Urwego rw’Ubugenzacyaha […]

Rocky Kimomo yizihirije isabukuru ye y’amavuko mu birwa bya Karayibe

Amakuru akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko umusobanuzi wa Filimi uzwi nka Rocky Kimomo n’umuhanzi Mr. Kagame ubu barimo kubarizwa mu birwa byo mu majyepfo ya Amerika ahitwa St. Mareen aho uyu musobanuzi yagiye kwizihiriza isabukuru ye y’amavuko. Bivugwa ko aba bombi bavuye mu Rwanda tariki 15 Kanama 2020 babanza guca muri Tanzania mbere y’uko […]

Amadeni yaje nk’imbogamizi nshya ibuza impunzi z’i Mahama gutaha

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama ziravuga ko ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, ririmo kubasaba kubanza kwishyura amadeni babereyemo bagenzi babo mbere yo gutaha mu gihe ubushobozi bwabo nabwo bushidikanwaho. Inkuru ya TV10 ivuga ko UNHCR irimo gusaba abashaka gutaha kubanza kwishyura amadeni bafitiye bagenzi babo kandi ngo nta bushobozi bafite. UNHCR […]

Menya imishahara y’Abakuru b’Ibihugu mu Karere

Abantu benshi bakunze kugira amatsiko ku mishahara y’abantu bokorera Leta mu nzego zo hejuru cyane ko biba bigoye kumenya ingano y’imishahara yabo. Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ingano y’umushahara wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Tanzania, Uganda, Burundi, Kenya, Sudani y’Epfo na Repubulika iharanira Demokarasai ya Congo. Iyi mishahara twayiteguye tugendeye ku mateka y’aba […]

Ubutumwa buzamura imbamutima Sarpong yageneye abafana ba Gikundiro

Umunya-Ghana Michael Sarpong, yandikiye abafana ba Rayon Sports yakiniye imyaka ibiri, abashimira buryo ki babanye neza mu gihe yamaze akinira iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu gihugu. Sarpong wageze mu Rwanda avuye muri Dreams FC y’iwabo muri Ghana, ni umwe mu bakinnyi Rayon Sports yari yubakiyeho ubusatirizi bwayo mu myaka ibiri yari ayimazemo, mbere yo […]

Kera kabaye Ronaldhinho yafunguwe

Umunya BrĂ©sil Ronaldinho GaucĂł, yafunguwe nyuma y’amezi hafi atandatu afungiye mu gihugu cya Paraguay nyuma yo gufatanwa Passport y’impimbano. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo Ronaldinho yatawe muri yombi ari kumwe na mukuru we witwa Roberto de Assis Moreira usanzwe akurikirana inyungu z’ubucuruzi bwe, bashinjwa kwinjira muri Paraguay bakoresheje Passports z’incurano. Ronaldinho yari yagiye muri […]

Minisitiri Mujawamariya arashinja Minisiteri y’Uburezi kwangiza ibidukikije

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc tariki ya 19 Kanama 2020 yandikiye Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine amumenyesha ko mu iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri habayeho kwangiza ibidukikije, amusaba gusobanura uburyo Minisiteri ayoboye igiye gukemura iki kibazo. Dr. Mujawamariya avuga ko iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri ryabaye hirengagijwe ingamba zo kubungabunga ibidukikije. Iki kibazo kikaba cyaragaragaye mu turere 7: […]