Umufaransa Paul Pogba ukinira Manchester United yo mu Bwongereza, yasanzwemo icyorezo cya Covid-19 gihita kimuvanisha mu bakinnyi ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa izifashisha mu mikino ya UEFA Nations league iteganyijwe mu minsi iri imbere.
Undi Mufaransa Tanguy Ndombele ukinira Tottenham na we yasanzwemo kiriya cyorezo, ahita ashyirwa mu kato k’iminsi 14.
Aba bakinnyi bombi ntabwo bazagaragara mu mukino Ubufaransa buzakina na Suède i Solno tariki ya 05 Nzeri, ndetse n’uwo buzahuriramo na Croatia nyuma y’iminsi itatu wo ukazabera i Paris.
Paul Pogba yari mu bakinnyi bahamagawe n’umutoza Didier Deschamps, ariko yahise asimbuzwa Eduardo Camavinga, umusore muto w’imyaka 17 y’amavuko ukinira Stade Rennais.
Ni amakuru yemejwe na Didier Deschamps utoza ikipe y’Ubufaransa, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru.
Yagize ati: “Namaze gukora impinduka ku rutonde ku munota wa nyuma, kubera ko Paul Pogba yari afite umwanya gusa ku bw’amahirwe make akaba yarapimwe ejo, muri iki gitondo bagasanga yaramduye. Ku munota wa nyuma rero agomba gusimburwa na Eduardo Camavinga.”


