Umudage Jürgen Klopp utoza Liverpool yo mu gihugu cy’Ubwongereza, yavuze ko Liverpool nta mugambi ifite wo gusinyisha Lionel Messi, ariko yemeza ko byaba bihebuje aramutse aje muri shampiyona y’Abongereza.
Ni byinshi bikomeje kuvugwa ku hazaza h’uyu munya-Argentine amakuru menshi akomeje gusohora muri FC Barcelona aheruka kumenyesha ko ashaka kuyivamo.
Liverpool ni imwe mu makipe akomeye abenshi bakwifuza kubona Messi akinira, gusa Klopp uyitoza asanga nta mahirwe ifite yo kuba yatunga uyu rutahizamu ufatwa nk’umukinnyi wa mbere ku Isi.
Klopp yabajijwe niba yakwivuza gutunga Messi muri Liverpool, asubiza agira ati: “Ni nde mutoza utakwifuza kubona Messi mu kipe ye? Ikibazo si imyaka kuri twe, ariko dukeneye umukinyi mwiza, aho rero mvugishije ukuri”.
Amakuru menshi arerekeza Lionel Messi muri Manchester City yo mu Bwongereza, bikavugwa ko ashaka kongera gukorana n’umutoza wayo, Pep Guardiola, bagiranye ibihe byiza muri FC Barcelona.
Ku bwa Klopp, ngo Lionel Messi aramutse aje muri Manchester City byaba ari ibintu byiza cyane, ngo kuko byakomeza iyo kipe bikagora andi makipe kuba yayikuraho amanota atatu.
Yagize ati: “Kuri Premier League, cyaba ari ikintu gikomeye, ariko sinibaza ko byarinda kugera iyo hose. Nta yindi shampiyona arakinamo. Umupira w’amaguru hano uratandukanye n’ahandi. Nipfuza kubona akina hano, ariko zinsi ko bizakunda”.
Iyo Manchester City yashyizwe imbere ngo irifuza guha FC Barcelona miliyoni 100 z’ama-Euro, hanyuma ikayigereka n’abakinnyi batatu barimo Bernardo Silva, Gabriel Jesus na Angelinõ kugira ngo ibone Messi.
Amakuru kandi arerekeza uyu mugabo w’imyaka 33 y’amavuko muri PSG na Manchester United ndetse ngo na Juventus yo mu Butaliyani yinjiye mu rugamba rwo gusinyisha uyu mukinnyi nk’uko ikinyamakuru L’Equipe cyandikirwa mu Bufaransa cyabitangaje.


