Umunyafurika yongeye guheka Arsenal ayihesha Community Shield itsinze Liverpool

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya FA Community Shield kibanziriza itangizwa rya shampiyona y’Abongereza, nyuma yo gutungura Liverpool ikayitsinda kuri Penaliti 5-4.

Community Shield mu Bwongereza ihuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona n’iyatwaye icya FA Cup, ikabimburira shampiyona nshya.

Umunota wa 12 w’umukino wonyine wari uhagije kugira ngo umunya-Gabon Pierre Emerick-Aubameyang atsindire Arsenal igitego cya mbere cyayifashije kurangiza igice cya mbere ikiyoboye umukino.

Ni igice cyaranzwe n’umupira wakinirwaga cyane mu kirere, gusa Arsenal ikibonamo uburyo bwo gutsinda ibitego.

Bitandukanye n’igice cya mbere, ikipe ya Liverpool yihariye cyane igice cya kabiri, yishyura igitego yari yatsinzwe ku munota wa 73 ibifashijwemo na Takumi Minamino wayitsiraga igitego cye cya mbere kuva yayigeramo muri Mutarama uyu mwaka avuye muri Red Bull Salzburg yo muri Autriche.

Rhian Brewster winjiye mu kibuga asimbura ni we wahushije Penaliti ya Liverpool ayitera umutambiko w’izamu, mbere y’uko Aubameyang yinjiza Penaliti yahesheje Arsenal igikombe.

Uyu munya Gabon akomeje gusingizwa n’abafana b’ikipe ya Arsenal kubera ukuntu akomeje kubaheka. Ni nyuma yo kubatsindira nanone ibitego bibiri bakina na Chelsea byahesheje Arsenal igikombe cya FA Cup.

Muri rusange Aubameyang amaze gutsindira Arsenal ibitego 71 mu mikino 110 amaze kuyikinira, akaba nta mukinnyi wa Arsenal watsinze ibitego nk’ibye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *