Perezida Kagame asanga Arsenal iri mu nzira zo kugaruka mu bihe byiza

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiye Ikipe ya Arsenal yegukanye Igikombe cya FA Community Shield itsinze Liverpool kuri penaliti, ashimangira ko iyi kipe iri mu nzira zo kugaruka mu bihe byiza yahozemo.

Mu ijoro ryakeye ni bwo Arsenal yegukanye igikombe cya Community Shield ku ncuro ya 16, nyuma yo gutsinda Liverpool yatwaye igikombe cya shampiyona kuri penaliti 5-4. Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Igikombe cya Community Shield Arsenal yaraye itwaye, cyiyongereye ku cya FA Cup yaherukaga gutwara itsinze Chelsea ibitego 2-1.

Perezida Kagame abiheraho avuga ko iyi kipe yihebeye iri mu nzira zo kugaruka mu bihe byiza, gusa akemeza ko ari ugukomeza kubaka gakegake.

Perezida Kagame abicishije kuri Twitter ye yagize ati: “Nishimiye Arsenal kuri Community Shield [yatwaye]. Ni ukubaka buhoro ariko bihamye dusubira ku budahangarwa. Mwakoze.”

Perezida Kagame ni umufana wa Arsenal kuva mu 1996, aho avuga ko ayikundira umukino mwiza ikina yatsinda cyangwa igatsindwa.

Arsenal yihebeye iheruka kugira ibihe byiza mbere ya 2006, ubwo yageraga ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league igatsindwa ibitego 2-1 na FC Barcelona yo muri Espagne.

Mu myaka ibiri yari yabanje iyi kipe yari yegukanye igikombe cya shampiyona y’Abongereza idatsinzwe umukino n’umwe, ari na cyo iheruka kuva icyo gihe.

Ku wa 3 Gicurasi 2014 Arsenal yageneye Perezida Kagame impano zigizwe n’umupira wo gukina wa Arsenal ndetse n’imipira itatu yo kwambara ya Arsenal hariho umwe uriho amazina ye na numero imwe, azishyikirizwa na Tony Adams wahoze ari kapiteni wayo.

Mu 2007 ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 50 y’amavuko, umutoza Arsene Wenger watozaga Arsenal na bwo yamuhaye impano y’idarapo ry’iyi kipe ririho imikono y’abakinnyi bose mu kumushimira.

Mu Ukwakira 2013, Perezida Kagame yari ku kibuga cya Arsenal, Emirates, ubwo iyi kipe yatsindaga Napoli ibitego 2-0 mu mikino ya UEFA Champions League.

Icyo gihe yanyuzwe no kureba uwo mukino. Yagize ati “Nishimiye kurebera umupira i Emirates. Ndashimira Wenger na Arsenal bagarutse ku mukino mwiza wo gutsinda.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *