Ubuyobozi bw’Igihugu bw’Ubutaka (NLA) bwemeje ibiciro bishya bizajya byishyurwa mu igenagaciro ry’imitungo mu Rwanda, aho nyiri inzu isanzwe ari iy’umuryango umwe azajya yishyura nibura 90,000 Frw kugira ngo inzu ye igenerwe agaciro n’umugenagaciro wabiherewe uburenganzira.
Ibi biciro bishya bije bisimbura ibyariho kuva muri 2018, kandi bireba igenagaciro ry’amazu, ubutaka, inyubako z’ubucuruzi, amahoteli, inganda n’indi mitungo.
Ku nzu y’umuryango umwe itageretse, kugira ngo ikorerwe igenagaciro yishyura amafaranga atari munsi 90,000 Frw.
Inzu ifite igorofa ryo hasi n’indi iri hejuru, izwi nka G+1, izishyura nibura 200,000 Frw. Buri gorofa ryiyongereyeho, hiyongeraho 50,000 Frw.
Ku nyubako zirimo imiryango myinshi, ibiciro bitangira kuri 300,000 Frw ku nyubako ya G+1. Inyubako ya G+2 yo izishyura nibura 500,000 Frw.
Ikindi giciro cyagenwe ni 1,000 Frw kuri metero kare y’ahubatswe, ariko hakubahirizwa amafaranga make ntarengwa yashyizweho kuri buri bwoko bw’inyubako.
Ku nyubako y’ubucuruzi igizwe n’igice cyo hasi gusa, igenagaciro rizatangira kuri 150,000 Frw.
Inyubako ya G+1 izishyura nibura 200,000 Frw, hiyongeraho 1,000 Frw kuri metero kare y’ahubatswe. Buri gorofa ryiyongereyeho rizongeraho 100,000 Frw.
Ku mahoteri, amafaranga agenwa n’icyiciro cya hoteli. Hoteli y’inyenyeri imwe izishyura nibura miliyoni 1 Frw, iya kabiri miliyoni 2 Frw, iya gatatu miliyoni 4 Frw, iya kane miliyoni 5 Frw, naho iya gatanu ikazishyura nibura miliyoni 8 Frw.
Ku butaka butarimo inyubako buri munsi ya hegitari imwe, igenagaciro rizajya ritangirira kuri 70,000 Frw.
Ubutaka bungana na hegitari imwe cyangwa burenzeho bwo buzishyura nibura 100,000 Frw, hiyongereho 7 Frw kuri metero kare. Ibi bireba kandi ubutaka bw’ubuhinzi, ubworozi n’amashyamba.
Mu igenagaciro ryihariye, nk’irikorerwa ubutaka bugiye gufatwa kubera inyungu rusange, ubwishingizi cyangwa gukemura amakimbirane, ibiciro biratandukanye. Ubutaka bwonyine buzajya buriha kuri 200 Frw kuri metero kare, mu gihe ubutaka buriho imyaka cyangwa ibiti buzajya buriha kuri 250 Frw kuri metero kare.
Mu gihe ushaka raporo y’igenagaciro ryo kugenzura cyangwa kuvuguruza irindi genagaciro ryakozwe mbere, uzishyura amafaranga angana na 500,000 Frw.
John Mugisha, uyobora Institute of Real Property Valuers (IRPV), yavuze ko ivugururwa ry’ibiciro ryari rikenewe kuko ibyari bisanzweho byari bimaze imyaka umunani bidahinduka.
Yasobanuye ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo, ubukode, ibikoresho ndetse n’agaciro k’imitungo ryagendeweho mu gushyiraho ibiciro bishya.
Ati: “Twari tugikoresha ibiciro by’igenagaciro byariho kuva mu 2018.”
Yavuze ko intego ari ugushyiraho ibiciro bifasha abagenagaciro kubona amafaranga ahagije yo gukora akazi kabo, ariko kandi bikaba ibiciro byumvikana ku bafite imitungo.
IRPV iri gutegura uburyo bw’ikoranabuhanga buzafasha abafite imitungo kubona abagenagaciro bafite impushya zo gukora uyu mwuga ndetse bakamenya n’ibiciro byemewe mbere yo guhabwa serivisi.
Ibi bigamije gukumira abantu biyitirira abagenagaciro babifitiye uburenganzira, kwaka amafaranga arenze ayemewe cyangwa kugabanya nkana agaciro k’umutungo.
Umugenagaciro uzagaragara ko yakoze amakosa akomeye ashobora guhagarikwa by’agateganyo, mu gihe abasubiramo amakosa bashobora guhagarikwa burundu.
Muri gahunda nshya, buri mugenagaciro kandi asabwa gutanga serivisi imwe y’igenagaciro ku buntu buri mwaka ku muntu utishoboye ushobora kugaragaza icyemezo cyemewe cy’uko ari mu cyiciro cy’abafite intege nke.
Ibiciro bishya bikurikizwa mu gihugu hose, ku igenagaciro ry’imitungo ikorwa mu rwego rwa Leta cyangwa urw’abikorera, kandi amafaranga yose yatangajwe arimo imisoro.


