Screenshot_20260827-111502

Tanzania: Uwari Visi perezida uherutse kwegura, yirukanwe mu ishyaka CCM

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania, Chama Cha Mapinduzi (CCM), ryirukanye Dr Emmanuel John Nchimbi mu ishyaka, nyuma y’umunsi umwe gusa atangaje ko yeguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Tanzania.

Nchimbi yari yatangaje ko azava ku mwanya wa Visi Perezida ku wa 4 Nzeri 2026, akanasezera muri politiki no mu mirimo ya Leta. Perezida Samia Suluhu Hassan yemeye ubwegure bwe. Nchimbi yavuze ko yafashe iki cyemezo amaze kubona ko Perezida Samia ashaka ko habaho impinduka kuri uwo mwanya.

Ku wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026, CCM yateraniye mu nama idasanzwe i Dar es Salaam, maze itangaza ko Nchimbi yirukanwe kubera ibyo ishyaka ryavuze ko ari ibibazo by’imyitwarire ya politiki, ndetse no kurenga ku Itegeko Nshinga n’amabwiriza bya CCM. Ishyaka ntiryatangaje ku mugaragaro amakosa arambuye yamushinjaga.

Muri iyo nama kandi, CCM yemeje Deogratius John Ndejembi, wari Minisitiri w’Ingufu akaba n’Umudepite wa CCM uhagarariye Chamwino, nk’umukandida w’ishyaka ku mwanya wa Visi Perezida.

Ndejembi ntarahita aba Visi Perezida. Izina rye rigomba kunyuzwa mu nzira iteganywa n’Itegeko Nshinga, harimo kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko, mbere y’uko arahira agatangira imirimo.

Nchimbi yari yarabaye Visi Perezida ku wa 3 Ugushyingo 2025, nyuma yo kuba umukandida wungirije wa Perezida Samia mu matora yo mu Ukwakira 2025. Mbere yaho, yari Umunyamabanga Mukuru wa CCM.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply